• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016 Mu Mahanga

Twasuye Kaminuza yigenga ya Kigali ULK , aho ikomeje gutanga amasomo afite ireme, ikaba yaratangiye no gutanga amasomo y’Ubumenyingiro ( ULK Polytechnic Institute) kuri ubu ULK ifite isomero rigezweho rifasha abanyeshuri mu bushakashatsi, ndetse ikaba iri no kwagura ibikorwa byayo

Twasuye Isomero rifite ibyumba bine bifite ubushobozi bwa za mudasobwa zigera kuri 500 aho buri cyumba gifite mudasobwa zigera ku 125.

Hifashishijwe interineti yihuta cyane, iri somero rigezweho (Digital library)rifasha abanyeshuri gukora ubushakashatsi bwimbitse bwiyongera ku byo baba basomye mu bitabo byo mu isomero risanzwe (Physical library).

-3552.jpg

-3551.jpg

-3550.jpg

Iri somero ryatangiye gukora muri Nzeri2012. Umunyeshuri afite amahirwe yo gushakisha ubumenyi butandukanye aciye ku muyoboro wa interineti ’Google’ aho imbuga zirenga 52 zayishyiriweho Ku bufatanye n’izindi kaminuza zo mu bindi bihugu zimufasha gushakashaka mu buryo bwihuse amasomo akeneye.

Laboratwari y’ishuri ry’ubumenyingiro rya Kaminuza ya ULK ( ULK Polytechnic Institute)

ULK ifite ishami ryiga iby’ikoranabuhanga n’itumanaho (Electronics and Telecommunication Technologies)

-3553.jpg

-3555.jpg

-3556.jpg

-3560.jpg

Ifite kandi n’ishami ryigisha iby’amashanyarazi (Electrical Technology)
ULK kandi ifite ishami rinini ryigisha iby’ubwubatsi ( Civil Engineering ) rigabanyijemo ibice bibiri, igice cya mbere kigizwe n’ibijyanye n’ubwubatsi mu buryo bw’ikoranabuhanga ( Construction Technology) naho igice cya kabiri cyo gitanga amasomo ajyanye no gupima ubwiza n’agaciro k’ubutaka ( Engineering Survey) cyangwa (Topography).

-3557.jpg

-3558.jpg

ishami ry’ubumenyingiro rya kaminuza ya ULK ryatangije amasomo yaryo mu mwaka wa 2014, ubu rifite poromosiyo ebyiri, abatangiye muri 2014 bari mu mwaka wa kabiri, bazahabwa impamyabumenyi muri 2017 kuko biga imyaka itatu.

-3559.jpg

Ibiciro ku banyeshuri batangira byagabanutse ku buryo bukurikira:

Abiga ku manywa bishyura amafaranga 510,000 naho abiga nijoro bishyura amafaranga 570,000 k’umwaka.

ULK ifite na laboratwari ifasha mu gupima ibikoresho by’ubwubatsi (ULK PEC Geotechnical Laboratory).

-3563.jpg

-3562.jpg

-3561.jpg

Iyi laboratwari ifite amamashini menshi atandukanye apima ibikoresho byifashishwa mu bwubatsi cyane cyane hagamijwe kumenya agaciro n’ubushobozi bw’ibyo bikoresho.

Imwe mu mamashini kabuhariwe mu gupima ubwiza n’agaciro k’amabuye yifashishwa mu bwubatsi ( LOSANGELS Aggregate Abrasion Value).

Muri iyi laboratwari harimo imashini ipima ubwiza bw’ubutaka bubakisha (CBR-California Bearing Ratio), hakabamo n’imashini ipima ubushobozi no gukomera kw’amatafari agezweho mu bwubatsi (block ciment/beto) ari yo yitwa (Compression Machine).

Imirimo y’inyubako y’Ibitaro byo ku rwego rwo hejuru bya ULK irarimbanije

Umushinga w’iyi nyubako watangiye tariki ya 1 Kamena 2015 ubwo imirimo yo gusiza yatangiraga.

-3549.jpg

-3548.jpg

-3547.jpg

-3544.jpg

-3545.jpg

-3546.jpg

-3564.jpg

-3565.jpg

-3566.jpg

-3567.jpg

-3568.jpg

-3569.jpg

-3570.jpg

Iyi nyubako ifite ibyiciro bitatu birimo ahagenewe abarwayi b’abanyacyubahiro (VIP) cyangwa se bishoboye cyane, bikagira igice cyagenewe abaturage rusange bafite uburwayi nk’ubwa ba bandi bishoboye kandi bahabwa serivisi zimwe.

Igice cya gatatu cy’iyi nyubako ni inzu yagenewe ishuri ryigisha iby’ubuganga rizajya ryigisha impuguke mu kuvura indwara zikomeye zitandukanye.

Imirimo y’inyubako y’ibitaro bya ULK iyobowe n’Ikigo ULK PEC Ltd, bakorana n’undi mushinga CAEDEC Ltd bashinzwe gukora ubugenzuzi bw’imirimo y’inyubako ndetse na VINYAS yo mu Buhinde, Ikigo kabuhariwe mu kugira ubunararibonye mu by’ubwubatsi.

Ukigera aho iyi nyubako irimo kubakwa amanywa n’ijoro, usanga imirimo ari myinshi cyane amamashini avuza ubuhuha.

Imirimo myinshi muri iyi nyubako yifashisha imashini ziponda cement aho izigera kuri 6 zirimo gutanga umusaruro wa beto ungana na 300 m2 ku manywa ndetse na 300 m2 nijoro.

Iyi nyubako ifite abakozi 560 bose hamwe, kimwe cya kabiri cyabo (280)bakora amanywa abandi bagakora ijoro.

-3572.jpg

Ibibyose ULK, ibikesha ubuyobozi bwiza bwa Prof. Dr. Rwigamba Balinda na Madame we

Umushinga w’iyi nyubako watangiye ku ya 1 Kamena 2015, imirimo yo kubaka itangira mu mwaka ushize wa 2015 ikaba iteganyijwe kurangira mu mwaka wa 2018.

Umwanditsi wacu Burasa J. Gualbert

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 10 Oct 2021
Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Ubwanditsi 02 May 2016
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Ubwanditsi 31 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.
Mu Rwanda

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu
Mu Mahanga

Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0
Amakuru

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru