• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Ubwanditsi 19 Feb 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bwa komisiyo yamatora mu Rwanda buravuga ko hakwiye ubufatanye n’itangazamakuru kugirago abaturage barusheho kumenya no kwitabira igikorwa cy’Amatora yinzego z’ibanze kirimo kuba.

Oliva Kansanga uhagarariye amatora yabazayobora uturere 30 azaba 27 Gashyantare 2016, avuga ko abiyamamariza kuzatuyobora batangiye kwiyamamaza ariko iyo ugiye hirya no hino usanga abaturage batitabira icyo gikorwa kugira ngo bumve imihigo abiyamamariza kuzabayobora bazabagezaho mugihe bazaba bagiriwe icyizere bagatorwa.

Abakandida bose bujuje ibyagombwa byo kwiyamamariza kuzayobora uturere ndetse no kujya muri nyobozi yatwo bose ni 2000, kwiyamamaza kukaba kwaratangiye ku wa 6 Gashyantare 2016.Olive akomeza avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye n’abanyarwanda bose by’umwihariko Itangazamakuru ryo mu Rwanda kugira ngo birusheho kumenyekana cyane hasi mu baturage.

Ati” twagiranye inama n”abakandida bose biyamamaza tuba imbonerahamwe yose bazakurikiza biyamamaza kugira ngo gahunda zabo zizagende neza kandi ntawishe itegeko n’amabwiriza yo kwiyamamaza mu Rwanda.”

Umuyobozi wa sosiyete siviri mu Rwanda Munyamariza Eduoard avuga ko bitangaje kubona nta muntu arabona yamanitse ibyapa byo kwiyamamaza ndetse go anabibone mu bitangazamakuru kuko ari bimwe mubigaragaza uwiyamamaza ndetse akanamenyekanisha ibyo ateganya kuzageza ku baturage mugihe azaba agiriwe icyizere cyo guhagararira akarere runaka.

Munyamariza ati “nk’ubu maze kubona ibyapa by’umuntu wiyamamaza umwe gusa ku bikuta no ku mamodoka kandi n’abandi barabyemerewe, nko mu mwaka wa 2011 amatora yari ashyushye cyane bitandukanye n’ubu rwose nihagire igikorwa kugira ngo yogere ashyuhe.” Munyamariza avuga ko hakwiye kugira igikorwa ku buryo abanyarwanda bose bibona muri aya matora y’inzego z’ibanze kuko aribo bakwiye kwihitiramo uzabayobora kandi ubabereye, kugira ngo n’igihe azaba ari mu buyobozi azajye akorana nabo bamwiyumvamo nk’umuntu wabo wa buri munsi.

Akomeza avuga ko nk’amatora yabanje aho abaturage bitoreraga abazabahagararira hasi ku midugudu yari ashyushye cyane kuko wasangaga abantu bamamaza abakandida babo abandi biyamamaza ku buryo buri wese yabaga afite amatsiko yo kuza kureba uza gutsinda undi.

Burasa Emmanuel umwe mu baturage bo mu murenge wa Kimironko, akarere ka Gasabo, yavuze ko we atazi iby’Amatora azakurikira kuko atazi abiyamamaza n’icyo biyamamariza ati “numva bavuga ngo bashyiraho abazayobora uturere ese ni bande bazashyirwaho se bavuye he? Rwose ngewe ntegereje uzaza kugira ngo anyobore njyewe ndumva nta ruhare mbifitemo na rumwe.”

Burasa avuga ko atarabona umuntu numwe aho atuye aho akorera ndetse no mu murenge atuyemo aza kwiyamamaza cyangwa se go abyumve mu bitangazamakuru byose kugira ngo agire amahirwe yo kubikurikirana yumve abayobozi bashya bazabayobora muri manda zitaha.

Safi Emmanuel

2016-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Nyuma yo gutandukana na Waasland Beveren, Bizimana Djihad yerekeje muri KMSK Deinze yo mu cyiciro cya kabiri mu Bubiligi.

Ubwanditsi 28 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo
INKURU NYAMUKURU

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC
INKURU NYAMUKURU

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore
Amakuru

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ubwanditsi 16 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru