• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Ubwanditsi 19 Feb 2016 Mu Mahanga

Ubuyobozi bwa komisiyo yamatora mu Rwanda buravuga ko hakwiye ubufatanye n’itangazamakuru kugirago abaturage barusheho kumenya no kwitabira igikorwa cy’Amatora yinzego z’ibanze kirimo kuba.

Oliva Kansanga uhagarariye amatora yabazayobora uturere 30 azaba 27 Gashyantare 2016, avuga ko abiyamamariza kuzatuyobora batangiye kwiyamamaza ariko iyo ugiye hirya no hino usanga abaturage batitabira icyo gikorwa kugira ngo bumve imihigo abiyamamariza kuzabayobora bazabagezaho mugihe bazaba bagiriwe icyizere bagatorwa.

Abakandida bose bujuje ibyagombwa byo kwiyamamariza kuzayobora uturere ndetse no kujya muri nyobozi yatwo bose ni 2000, kwiyamamaza kukaba kwaratangiye ku wa 6 Gashyantare 2016.Olive akomeza avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye n’abanyarwanda bose by’umwihariko Itangazamakuru ryo mu Rwanda kugira ngo birusheho kumenyekana cyane hasi mu baturage.

Ati” twagiranye inama n”abakandida bose biyamamaza tuba imbonerahamwe yose bazakurikiza biyamamaza kugira ngo gahunda zabo zizagende neza kandi ntawishe itegeko n’amabwiriza yo kwiyamamaza mu Rwanda.”

Umuyobozi wa sosiyete siviri mu Rwanda Munyamariza Eduoard avuga ko bitangaje kubona nta muntu arabona yamanitse ibyapa byo kwiyamamaza ndetse go anabibone mu bitangazamakuru kuko ari bimwe mubigaragaza uwiyamamaza ndetse akanamenyekanisha ibyo ateganya kuzageza ku baturage mugihe azaba agiriwe icyizere cyo guhagararira akarere runaka.

Munyamariza ati “nk’ubu maze kubona ibyapa by’umuntu wiyamamaza umwe gusa ku bikuta no ku mamodoka kandi n’abandi barabyemerewe, nko mu mwaka wa 2011 amatora yari ashyushye cyane bitandukanye n’ubu rwose nihagire igikorwa kugira ngo yogere ashyuhe.” Munyamariza avuga ko hakwiye kugira igikorwa ku buryo abanyarwanda bose bibona muri aya matora y’inzego z’ibanze kuko aribo bakwiye kwihitiramo uzabayobora kandi ubabereye, kugira ngo n’igihe azaba ari mu buyobozi azajye akorana nabo bamwiyumvamo nk’umuntu wabo wa buri munsi.

Akomeza avuga ko nk’amatora yabanje aho abaturage bitoreraga abazabahagararira hasi ku midugudu yari ashyushye cyane kuko wasangaga abantu bamamaza abakandida babo abandi biyamamaza ku buryo buri wese yabaga afite amatsiko yo kuza kureba uza gutsinda undi.

Burasa Emmanuel umwe mu baturage bo mu murenge wa Kimironko, akarere ka Gasabo, yavuze ko we atazi iby’Amatora azakurikira kuko atazi abiyamamaza n’icyo biyamamariza ati “numva bavuga ngo bashyiraho abazayobora uturere ese ni bande bazashyirwaho se bavuye he? Rwose ngewe ntegereje uzaza kugira ngo anyobore njyewe ndumva nta ruhare mbifitemo na rumwe.”

Burasa avuga ko atarabona umuntu numwe aho atuye aho akorera ndetse no mu murenge atuyemo aza kwiyamamaza cyangwa se go abyumve mu bitangazamakuru byose kugira ngo agire amahirwe yo kubikurikirana yumve abayobozi bashya bazabayobora muri manda zitaha.

Safi Emmanuel

2016-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Gen Abel Kandiho ukuriye ubutasi mu gisirikari cya Uganda abimburiye ibyegera bya Perezida Museveni mu gufatirwa ibihano bikarishye kubera urugomo bakorera inzirakarengane

Ubwanditsi 08 Dec 2021
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019
Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Ubwanditsi 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda
ITOHOZA

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017
AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU
ITOHOZA

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru