• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Kuva ku wa Gatanu mu Karere ka Rwamagana hateraniye ihuriro ry’urubyiruko ryiswe “Youth Empowerment and Mentorship Programme” rugera kuri 200, rwavuye muri kaminuza zigera muri 41 aho ruri mu biganiro bigamije kwiyubaka no gufashwa kwakira ibikomere rwatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Madamu Jeannette Kagame umuyobozi mukuru wa Imbuto Foundation wateguye iri huriro yasabye aba basore ko uyu mwanya bawifashisha bavuga ibikomere byabo birinda kubifata nka kirazira.

Jeannette Kagame yagize ati”Urebye ingaruka za Jenoside, kuvuga ku ihungabana n’ihahamuka ntibikwiye gufatwa nka kirazira, ntabwo mwabyiteye nta n’ubwo mugomba guheranwa n’agahinda, ntimukwiye kumva ko nta musore ukwiye kwerekana ko ababaye cyangwa afite ikibazo, kwivuza ihungabana iryo ari ryo ryose ntibikwiye kugira uwo bitera ipfunwe kuko kuribana ari byo bikomeye kuruta kwivuza, mugenda murwana nabyo bikabagora kubyumva kuko mwari bato. ”

Jeannette Kagame yavuze ko kurokoka Jenoside ufite imyaka iri mu nsi y’itanu nubwo ari ishusho itoroshye gusibangana, uru rubyiruko rukwiye kujya rubivuga kugira ngo rubashe gukira ibikomere, ati “mu muco wacu ntibikunze koroha ko abasore cyangwa abagabo bavuga akababaro kabari ku mutima ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda, rero kubona Jenoside ufite munsi y’imyaka itanu ni ishusho mbi ihora ikugarukaho umaze gukura kuri iyo myaka ibintu byinshi ubwonko burabibika kandi bikagenda bigaruka uko umuntu akura, tuzi neza ko bamwe mugenda murwana nabyo bikanabagora kubyisobanurira kuko mwari mukiri bato iyo umuntu rero arebye imyaka mumaze muharanira kubaho nta watinya kuvuga ko mwahagaze gitwari.”

Yakomeje avuga ko aba basore bakwiye kurenga imyumvire ko amarira y’umugabo atemba ajya munda ahubwo bagafatanya n’abazabafasha muri iyi gahunda kuko uruhare runini ari urwabo.

Hashize imyaka itatu ihuriro nk’iri ritangijwe, ubwo abakobwa ba AERG bari mu mwiherero nk’uyu basabye ko na basaza babo nabo bahabwa aya mahirwe kuko nabo bafite ibikomere bya Jenoside.

Itsinda ry’abasore bake ngo bazajya bahuzwa n’umuntu witwa “Mentor” (umujyanama) uzajya abafasha mu rugendo rwo gukira ibikomere no mu bindi bya ngombwa bakeneye mu buzima.

Ngo hari icyizere ko iri huriro rizafasha aba basore kuko ubwira umwumva aba yizeye ko hari icyo bimufasha

Jeannette Kagame yagize ati”ni yo mpamvu nk’ababyeyi twiyemeje kubaba hafi tugatekereza gukora iri huriro ryanyu kugira ngo tubunganire, imyaka itatu tumaranye na bashiki banyu twabonye ko hakenewe n’abandi bantu bafite ubunararibonye mu gukemura ibibazo by’ihungabana kuko ujya gukira indwara arayiganira, twizeye ko iri huriro rizatanga umusaruro ukomeye mu gukemura bimwe mu bibazo mufite mudatinyuka kuganiraho mu yandi matsinda, ugira umwumva aba agira amahirwe twabonye ko gutegwa amatwi n’umuntu wizeye bishobora gutuma uherekezwa kandi ukagera ku ntego zakugoraga kugeraho”.

Avuga ko abantu bose mu ngeri zitandukanye bagomba gutekereza kuri iki kibazo bakagana abafite ubumenyi n’ubushobozi bakabafasha kugira ngo babikire.

Iri huriro ribaye mu gihe AERG yizihiza imyaka 20 ivutse, Insanganyamatsiko yaryo ikaba igira iti “Kudadira no kwiha agaciro.”

-4456.jpg

Mme Jeannette Kagame

Bimwe mu byo iri huriro rizafasha uru rubyiruko kugeraho harimo kugira amanota mu ishuri, gufunguka mu mutwe rukabona amahirwe ari iruhande rwarwo rukanayashakisha, kurutera inyota yo gupiganira akazi no kugatsindira ndetse no kugira impinduka mu mibanire n’abandi.

Kuva mu mwaka wa 2007, umuryango ‘Imbuto Foundation’ utegura amahuriro anyuranye y’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agamije kuruganiriza, kuruvura ibikomere, kurwigisha no kurutegura ngo ruzavemo abayobozi beza b’ejo hazaza.

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe
ITOHOZA

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu  kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru