• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Kuva ku wa Gatanu mu Karere ka Rwamagana hateraniye ihuriro ry’urubyiruko ryiswe “Youth Empowerment and Mentorship Programme” rugera kuri 200, rwavuye muri kaminuza zigera muri 41 aho ruri mu biganiro bigamije kwiyubaka no gufashwa kwakira ibikomere rwatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Madamu Jeannette Kagame umuyobozi mukuru wa Imbuto Foundation wateguye iri huriro yasabye aba basore ko uyu mwanya bawifashisha bavuga ibikomere byabo birinda kubifata nka kirazira.

Jeannette Kagame yagize ati”Urebye ingaruka za Jenoside, kuvuga ku ihungabana n’ihahamuka ntibikwiye gufatwa nka kirazira, ntabwo mwabyiteye nta n’ubwo mugomba guheranwa n’agahinda, ntimukwiye kumva ko nta musore ukwiye kwerekana ko ababaye cyangwa afite ikibazo, kwivuza ihungabana iryo ari ryo ryose ntibikwiye kugira uwo bitera ipfunwe kuko kuribana ari byo bikomeye kuruta kwivuza, mugenda murwana nabyo bikabagora kubyumva kuko mwari bato. ”

Jeannette Kagame yavuze ko kurokoka Jenoside ufite imyaka iri mu nsi y’itanu nubwo ari ishusho itoroshye gusibangana, uru rubyiruko rukwiye kujya rubivuga kugira ngo rubashe gukira ibikomere, ati “mu muco wacu ntibikunze koroha ko abasore cyangwa abagabo bavuga akababaro kabari ku mutima ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda, rero kubona Jenoside ufite munsi y’imyaka itanu ni ishusho mbi ihora ikugarukaho umaze gukura kuri iyo myaka ibintu byinshi ubwonko burabibika kandi bikagenda bigaruka uko umuntu akura, tuzi neza ko bamwe mugenda murwana nabyo bikanabagora kubyisobanurira kuko mwari mukiri bato iyo umuntu rero arebye imyaka mumaze muharanira kubaho nta watinya kuvuga ko mwahagaze gitwari.”

Yakomeje avuga ko aba basore bakwiye kurenga imyumvire ko amarira y’umugabo atemba ajya munda ahubwo bagafatanya n’abazabafasha muri iyi gahunda kuko uruhare runini ari urwabo.

Hashize imyaka itatu ihuriro nk’iri ritangijwe, ubwo abakobwa ba AERG bari mu mwiherero nk’uyu basabye ko na basaza babo nabo bahabwa aya mahirwe kuko nabo bafite ibikomere bya Jenoside.

Itsinda ry’abasore bake ngo bazajya bahuzwa n’umuntu witwa “Mentor” (umujyanama) uzajya abafasha mu rugendo rwo gukira ibikomere no mu bindi bya ngombwa bakeneye mu buzima.

Ngo hari icyizere ko iri huriro rizafasha aba basore kuko ubwira umwumva aba yizeye ko hari icyo bimufasha

Jeannette Kagame yagize ati”ni yo mpamvu nk’ababyeyi twiyemeje kubaba hafi tugatekereza gukora iri huriro ryanyu kugira ngo tubunganire, imyaka itatu tumaranye na bashiki banyu twabonye ko hakenewe n’abandi bantu bafite ubunararibonye mu gukemura ibibazo by’ihungabana kuko ujya gukira indwara arayiganira, twizeye ko iri huriro rizatanga umusaruro ukomeye mu gukemura bimwe mu bibazo mufite mudatinyuka kuganiraho mu yandi matsinda, ugira umwumva aba agira amahirwe twabonye ko gutegwa amatwi n’umuntu wizeye bishobora gutuma uherekezwa kandi ukagera ku ntego zakugoraga kugeraho”.

Avuga ko abantu bose mu ngeri zitandukanye bagomba gutekereza kuri iki kibazo bakagana abafite ubumenyi n’ubushobozi bakabafasha kugira ngo babikire.

Iri huriro ribaye mu gihe AERG yizihiza imyaka 20 ivutse, Insanganyamatsiko yaryo ikaba igira iti “Kudadira no kwiha agaciro.”

-4456.jpg

Mme Jeannette Kagame

Bimwe mu byo iri huriro rizafasha uru rubyiruko kugeraho harimo kugira amanota mu ishuri, gufunguka mu mutwe rukabona amahirwe ari iruhande rwarwo rukanayashakisha, kurutera inyota yo gupiganira akazi no kugatsindira ndetse no kugira impinduka mu mibanire n’abandi.

Kuva mu mwaka wa 2007, umuryango ‘Imbuto Foundation’ utegura amahuriro anyuranye y’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agamije kuruganiriza, kuruvura ibikomere, kurwigisha no kurutegura ngo ruzavemo abayobozi beza b’ejo hazaza.

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga ibijyanye n’imiyoborere batangiye urugendoshuri muri Etiyopiya

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye
INKURU NYAMUKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru