• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Kuva ku wa Gatanu mu Karere ka Rwamagana hateraniye ihuriro ry’urubyiruko ryiswe “Youth Empowerment and Mentorship Programme” rugera kuri 200, rwavuye muri kaminuza zigera muri 41 aho ruri mu biganiro bigamije kwiyubaka no gufashwa kwakira ibikomere rwatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Madamu Jeannette Kagame umuyobozi mukuru wa Imbuto Foundation wateguye iri huriro yasabye aba basore ko uyu mwanya bawifashisha bavuga ibikomere byabo birinda kubifata nka kirazira.

Jeannette Kagame yagize ati”Urebye ingaruka za Jenoside, kuvuga ku ihungabana n’ihahamuka ntibikwiye gufatwa nka kirazira, ntabwo mwabyiteye nta n’ubwo mugomba guheranwa n’agahinda, ntimukwiye kumva ko nta musore ukwiye kwerekana ko ababaye cyangwa afite ikibazo, kwivuza ihungabana iryo ari ryo ryose ntibikwiye kugira uwo bitera ipfunwe kuko kuribana ari byo bikomeye kuruta kwivuza, mugenda murwana nabyo bikabagora kubyumva kuko mwari bato. ”

Jeannette Kagame yavuze ko kurokoka Jenoside ufite imyaka iri mu nsi y’itanu nubwo ari ishusho itoroshye gusibangana, uru rubyiruko rukwiye kujya rubivuga kugira ngo rubashe gukira ibikomere, ati “mu muco wacu ntibikunze koroha ko abasore cyangwa abagabo bavuga akababaro kabari ku mutima ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda, rero kubona Jenoside ufite munsi y’imyaka itanu ni ishusho mbi ihora ikugarukaho umaze gukura kuri iyo myaka ibintu byinshi ubwonko burabibika kandi bikagenda bigaruka uko umuntu akura, tuzi neza ko bamwe mugenda murwana nabyo bikanabagora kubyisobanurira kuko mwari mukiri bato iyo umuntu rero arebye imyaka mumaze muharanira kubaho nta watinya kuvuga ko mwahagaze gitwari.”

Yakomeje avuga ko aba basore bakwiye kurenga imyumvire ko amarira y’umugabo atemba ajya munda ahubwo bagafatanya n’abazabafasha muri iyi gahunda kuko uruhare runini ari urwabo.

Hashize imyaka itatu ihuriro nk’iri ritangijwe, ubwo abakobwa ba AERG bari mu mwiherero nk’uyu basabye ko na basaza babo nabo bahabwa aya mahirwe kuko nabo bafite ibikomere bya Jenoside.

Itsinda ry’abasore bake ngo bazajya bahuzwa n’umuntu witwa “Mentor” (umujyanama) uzajya abafasha mu rugendo rwo gukira ibikomere no mu bindi bya ngombwa bakeneye mu buzima.

Ngo hari icyizere ko iri huriro rizafasha aba basore kuko ubwira umwumva aba yizeye ko hari icyo bimufasha

Jeannette Kagame yagize ati”ni yo mpamvu nk’ababyeyi twiyemeje kubaba hafi tugatekereza gukora iri huriro ryanyu kugira ngo tubunganire, imyaka itatu tumaranye na bashiki banyu twabonye ko hakenewe n’abandi bantu bafite ubunararibonye mu gukemura ibibazo by’ihungabana kuko ujya gukira indwara arayiganira, twizeye ko iri huriro rizatanga umusaruro ukomeye mu gukemura bimwe mu bibazo mufite mudatinyuka kuganiraho mu yandi matsinda, ugira umwumva aba agira amahirwe twabonye ko gutegwa amatwi n’umuntu wizeye bishobora gutuma uherekezwa kandi ukagera ku ntego zakugoraga kugeraho”.

Avuga ko abantu bose mu ngeri zitandukanye bagomba gutekereza kuri iki kibazo bakagana abafite ubumenyi n’ubushobozi bakabafasha kugira ngo babikire.

Iri huriro ribaye mu gihe AERG yizihiza imyaka 20 ivutse, Insanganyamatsiko yaryo ikaba igira iti “Kudadira no kwiha agaciro.”

-4456.jpg

Mme Jeannette Kagame

Bimwe mu byo iri huriro rizafasha uru rubyiruko kugeraho harimo kugira amanota mu ishuri, gufunguka mu mutwe rukabona amahirwe ari iruhande rwarwo rukanayashakisha, kurutera inyota yo gupiganira akazi no kugatsindira ndetse no kugira impinduka mu mibanire n’abandi.

Kuva mu mwaka wa 2007, umuryango ‘Imbuto Foundation’ utegura amahuriro anyuranye y’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, agamije kuruganiriza, kuruvura ibikomere, kurwigisha no kurutegura ngo ruzavemo abayobozi beza b’ejo hazaza.

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Maj. Jean Bosco Kazura mu itsinda rigenzura niba Cameroun ikwiye kwakira CAN ya 2019

Gen. Maj. Jean Bosco Kazura mu itsinda rigenzura niba Cameroun ikwiye kwakira CAN ya 2019

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe
ITOHOZA

Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?
SHOWBIZ

Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru