• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Tubuze umugabo ukunda u Rwanda’-Perezida Kagame

‘Tubuze umugabo ukunda u Rwanda’-Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubwo hasezerwaga bwa nyuma kuri Senateri Mucyo, Minisitiri muri Perezidansi yasomye ubutumwa buvuga ko Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rubuze umugabo ukunda igihugu.

Ni umuhango wabereye muri Sena kuri uyu wa 7 Ukwakira 2016, aho Minisitiri Tugireyezu Venantie yatanze ubutumwa bw’akababaro yahawe na Perezida Kagame.

-4316.jpg

Tugireyezu Venantie

-4323.jpg

Senateri Mucyo yitabye Imana bitunguranye kuwa Mbere w’iki cyumweru tariki 3 Ukwakira uyu mwaka.

Ubwo butumwa bugira buti “Ku muryango wa nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo Nyakubahwa Perezida wa Repubukika Paul Kagame n’Umuryango we bababajwe no kumva inkuru itunguranye y’urupfu rwa nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo.

Senateri Mucyo wagiye ashingwa kuyobora inzego nkuru z’igihugu zitandukanye zirimo Minisitri y’Ubutabera, Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika, Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside n’indi mirimo mu nzego z’igihugu zitandukanye, zirimo igisirikare yaranzwe n’umurava mu bikorwa bye byose. U Rwanda n’Abanyarwanda tubuze umugabo ukunda u Rwanda. Perezida Kagame aramenyesha umuryango wa nyakwigendera senateri Mucyo ko wifatanyije na bo kandi bawifurije gukomera muri ibi bihe by’akababaro. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Kuri uyu wa 6 Ukwakira ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro za bamwe mu bagize Guverinoma yavuze ko Mucyo yubahirizaga inshingano ze, aho yashimangiye ko yari umuyobozi utariremerezaga nk’ibikunze kugaraga kuri bamwe na bamwe.

Muri uwo muhango wo gusezera bwa nyuma Senateri Mucyo, Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Inkotanyi, Francois Ngarambe, ari na wo muryango nyakwigendera Mucyo yabarizwagamo, yavuze ko Mucyo yari umuyobozi w’intangarugero warangwaga no kwicisha bugufi.

-4317.jpg

Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Inkotanyi, Francois Ngarambe

Yagize ati “Senateri Mucyo yari intore nkuru y’umuryango FPR Inkotanyi. Yashinzwe imirimo itandukanye itoroshye mu nzego z’igihugu, mu za gisirikare n’iza gisivili. Imirimo yose yashinzwe Mucyo yarazwe n’imikorere myiza ubwitange, kwihangana, umuhate n’ubushishozi.

-4318.jpg

Perezida wa Senat Bernard Makuza

Perezida wa Sena yijeje umuryango wa Senateri Mucyo kuzakomeza kuwuba hafi. Yabwiye umudamu n’abana ba nyakwigendera ko kugira Mucyo mu muryango wabo ryari ishema rikomeye.

Yagize ati “Madamu Rose gira ishema ryo kuba waragize umugabo nka Mucyo, Thierry, Clement, Kelly, Herve, kugira umubyeyi nka Mucyo ni impano y’Imana, ndahamya ko itazapfa ubusa.”

-4324.jpg

Mucyo yatangiye akazi k’ubusenateri muri Kamena 2016, bivuze ko atabarutse amaze umwaka umwe urenga gato muri sena.

2016-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum
Mu Rwanda

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Ubwanditsi 10 Mar 2016
‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Umugore wa Safi yasubiye muri Canada aho ni ubuhoro ! [ VIDEO ]

Ubwanditsi 19 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru