• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Tubuze umugabo ukunda u Rwanda’-Perezida Kagame

‘Tubuze umugabo ukunda u Rwanda’-Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubwo hasezerwaga bwa nyuma kuri Senateri Mucyo, Minisitiri muri Perezidansi yasomye ubutumwa buvuga ko Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rubuze umugabo ukunda igihugu.

Ni umuhango wabereye muri Sena kuri uyu wa 7 Ukwakira 2016, aho Minisitiri Tugireyezu Venantie yatanze ubutumwa bw’akababaro yahawe na Perezida Kagame.

-4316.jpg

Tugireyezu Venantie

-4323.jpg

Senateri Mucyo yitabye Imana bitunguranye kuwa Mbere w’iki cyumweru tariki 3 Ukwakira uyu mwaka.

Ubwo butumwa bugira buti “Ku muryango wa nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo Nyakubahwa Perezida wa Repubukika Paul Kagame n’Umuryango we bababajwe no kumva inkuru itunguranye y’urupfu rwa nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo.

Senateri Mucyo wagiye ashingwa kuyobora inzego nkuru z’igihugu zitandukanye zirimo Minisitri y’Ubutabera, Ubushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika, Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside n’indi mirimo mu nzego z’igihugu zitandukanye, zirimo igisirikare yaranzwe n’umurava mu bikorwa bye byose. U Rwanda n’Abanyarwanda tubuze umugabo ukunda u Rwanda. Perezida Kagame aramenyesha umuryango wa nyakwigendera senateri Mucyo ko wifatanyije na bo kandi bawifurije gukomera muri ibi bihe by’akababaro. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Kuri uyu wa 6 Ukwakira ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro za bamwe mu bagize Guverinoma yavuze ko Mucyo yubahirizaga inshingano ze, aho yashimangiye ko yari umuyobozi utariremerezaga nk’ibikunze kugaraga kuri bamwe na bamwe.

Muri uwo muhango wo gusezera bwa nyuma Senateri Mucyo, Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Inkotanyi, Francois Ngarambe, ari na wo muryango nyakwigendera Mucyo yabarizwagamo, yavuze ko Mucyo yari umuyobozi w’intangarugero warangwaga no kwicisha bugufi.

-4317.jpg

Umunyamabanga Mukuru wa FPR, Inkotanyi, Francois Ngarambe

Yagize ati “Senateri Mucyo yari intore nkuru y’umuryango FPR Inkotanyi. Yashinzwe imirimo itandukanye itoroshye mu nzego z’igihugu, mu za gisirikare n’iza gisivili. Imirimo yose yashinzwe Mucyo yarazwe n’imikorere myiza ubwitange, kwihangana, umuhate n’ubushishozi.

-4318.jpg

Perezida wa Senat Bernard Makuza

Perezida wa Sena yijeje umuryango wa Senateri Mucyo kuzakomeza kuwuba hafi. Yabwiye umudamu n’abana ba nyakwigendera ko kugira Mucyo mu muryango wabo ryari ishema rikomeye.

Yagize ati “Madamu Rose gira ishema ryo kuba waragize umugabo nka Mucyo, Thierry, Clement, Kelly, Herve, kugira umubyeyi nka Mucyo ni impano y’Imana, ndahamya ko itazapfa ubusa.”

-4324.jpg

Mucyo yatangiye akazi k’ubusenateri muri Kamena 2016, bivuze ko atabarutse amaze umwaka umwe urenga gato muri sena.

2016-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024
Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Muri ULK: Abanyeshuri 2986 bahawe impamyabumenyi

Ubwanditsi 14 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?
IMIKINO

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru