• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Perezida Kagame azayobora inama y’abakuru b’ibihugu yiga ku kibazo cya RDC

Editorial 16 Jan 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, muri uyu mwaka, biteganyijwe ko azayobora inama nyunguranabitekerezo ku bibazo biri muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, RDC, nyuma y’amatora aheruka y’umukuru w’igihugu.

Iyi nama iteganyijwe ku wa Kane tariki 17 Mutarama 2019 i Addis Ababa ku cyicaro cya AU, ikazahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma 16.

Biteganywa ko iyo nama izabanzirizwa n’iy’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo, SADC n’u Rwanda rurimo.

Nyuma y’amatora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo yatangajwe ni uko umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Felix Tshisekedi ari we wayatsinze. Gusa intsinzi ye ntiyishimiwe na Martin Fayulu nawe wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kutakira ikirego cya Fayulu usaba ko amajwi yongera kubarurwa, busaba ko cyateshwa agaciro kuko nta bimenyetso bifatika afite byerekana ko bitakozwe mu mucyo.

Umuryango wa SADC nawo uheruka kugira inama RDC yo kongera kubara amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida kugira ngo hirindwe imvururu.

Wasabye ko harebwa uko hashyirwaho Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu ihuriweho n’uruhande rwa Fayulu n’urwa Félix Tshisekedi watangajwe ko ariwe we watsinze ariya matora.

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora, Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat yashimiye abanye-congo uburyo bitwaye.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi we Ebba Kalondo, Perezida wa Komisiyo ya AU yasabye inzego zose bireba gukora mu buryo budahungabanya ituze na demokarasi.

Ati “Muri urwo rwego, ni ngombwa kuvuga ko ushaka kugaragaza ukundi abona ibyavuye mu matora harimo nko kutemera amajwi yabaruwe, byakorwa mu ituze binyuze mu nzira zateganyijwe n’amategeko ndetse n’ibiganiro bya politiki hagati y’abo bireba bose.”

Hategerejwe itangazwa ry’ibyavuye mu matora mu buryo ndakuka, mbere y’uko Perezida ugomba gusimbura Joseph Kabila wayoboraga RDC guhera mu 2001, arahirira inshingano ze.

2019-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Editorial 21 Jan 2020
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Editorial 21 Jan 2020
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Editorial 21 Jan 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru