• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Ubwanditsi 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda 4 bahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, boherejwe mu gihugu cya Benin ngo abe ari ho barangiriza ibihano byabo bavanwe I Arusha ho bari bafungiye. Muri aba harimo abakatiwe igifungo cya burundu.

Abo barimo Gen. Augustin Bizimungu (uri ku ifoto) w’imyaka 65, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, akaba yarakatiwe mu 2014 gufungwa imyaka 30 na TPIR. Yafatiwe muri Angola mu 2002 ajyanwa I Arusha ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, TPIR.

Undi ni Gregoire Ndahimana wafatiwe muri Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu 2009. Mu 2013 nibwo yakatiwe gufungwa imyaka 25. Gregoire Ndahimana w’imyaka 66 yahoze ari Burugumesitiri wa Komini Kivumu ahiciwe Abatutsi basaga 2,000 muri Kiliziya ya Nyange.

Uwa gatatu ni Calixte Nzabonimana w’imyaka 65 y’amavuko wakatiwe na TPIR igifungo cya burundu mu 2012 akaba yarahoze ari minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya jenoside. Yafatiwe muri Tanzania mu 2008.

Uwa Kane woherejwe muri Benin nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, ni Ildephonse Nizeyimana w’imyaka 55 wari Captain mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR). Uyu washinjwaga kuba ari we wategetse kwica umwamikazi Rosalia Gicanda, yafatiwe muri Uganda mu 2009, akatirwa na TPIR gufungwa burundu mu 2012.

Urwego rwa Loni rwashyiriweho kurangiza imanza zasigajwe na TPIR zitarangiye, ruvuga ko aba boherejwe muri Benin kurangirizayo igihano cyabo nk’uko amasezerano y’uko ibihugu bigomba kwakira abaciriwe imanza bavanwe muri gereza ya Loni I Arusha, avuga.

 Mu mpera z’umwaka ushize, abandi Banyarwanda 4 bavanwe I Arusha boherezwa muri gereza yo muri Senegal kuba ari ho barangiriza ibihano byabo.

Benin ikaba yiyongereye ku bihugu nka Senegal na Mali nabyo byakiriye abandi Banyarwanda bajya kurangirizayo ibihano byabo.

Kuri ubu, i Arusha muri Tanzania hasigaye Abanyarwanda 2 batarabona ibihugu bibakira ari bo; Augustin Ngirabatware wahoze ari minisitiri w’imigambi ya leta mu gihe cya jenoside, akaba yarakatiwe gufungwa imyaka 30. Urwego rwasigaruyeho TPIR rukaba ruteganya gusubiramo urubanza rwe kuva mu mizi.

Undi ni Pauline Nyiramasuhuko wari minisitiri w’iterambere ry’umuryango wakatiwe gufungwa imyaka 47.

Nubwo bimeze gutyo hari abandi barangije ibihano byabo barekuwe cyangwa bagizwe abere, nabo bakiba I Arusha bategereje kubona ibihugu bizabakira ariko ibyo bihugu birimo imiryango yabo cyangwa ibindi byanze kubakira. Uko ari 11 bose ngo baba mu nzu imwe irinzwe na Loni nk’abanyeshuri.

 

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018
Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Ubwanditsi 23 Feb 2024
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?
Amakuru

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025
Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa
IMIKINO

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru