• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Ubwanditsi 02 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda 4 bahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, boherejwe mu gihugu cya Benin ngo abe ari ho barangiriza ibihano byabo bavanwe I Arusha ho bari bafungiye. Muri aba harimo abakatiwe igifungo cya burundu.

Abo barimo Gen. Augustin Bizimungu (uri ku ifoto) w’imyaka 65, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, akaba yarakatiwe mu 2014 gufungwa imyaka 30 na TPIR. Yafatiwe muri Angola mu 2002 ajyanwa I Arusha ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, TPIR.

Undi ni Gregoire Ndahimana wafatiwe muri Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu 2009. Mu 2013 nibwo yakatiwe gufungwa imyaka 25. Gregoire Ndahimana w’imyaka 66 yahoze ari Burugumesitiri wa Komini Kivumu ahiciwe Abatutsi basaga 2,000 muri Kiliziya ya Nyange.

Uwa gatatu ni Calixte Nzabonimana w’imyaka 65 y’amavuko wakatiwe na TPIR igifungo cya burundu mu 2012 akaba yarahoze ari minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya jenoside. Yafatiwe muri Tanzania mu 2008.

Uwa Kane woherejwe muri Benin nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, ni Ildephonse Nizeyimana w’imyaka 55 wari Captain mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR). Uyu washinjwaga kuba ari we wategetse kwica umwamikazi Rosalia Gicanda, yafatiwe muri Uganda mu 2009, akatirwa na TPIR gufungwa burundu mu 2012.

Urwego rwa Loni rwashyiriweho kurangiza imanza zasigajwe na TPIR zitarangiye, ruvuga ko aba boherejwe muri Benin kurangirizayo igihano cyabo nk’uko amasezerano y’uko ibihugu bigomba kwakira abaciriwe imanza bavanwe muri gereza ya Loni I Arusha, avuga.

 Mu mpera z’umwaka ushize, abandi Banyarwanda 4 bavanwe I Arusha boherezwa muri gereza yo muri Senegal kuba ari ho barangiriza ibihano byabo.

Benin ikaba yiyongereye ku bihugu nka Senegal na Mali nabyo byakiriye abandi Banyarwanda bajya kurangirizayo ibihano byabo.

Kuri ubu, i Arusha muri Tanzania hasigaye Abanyarwanda 2 batarabona ibihugu bibakira ari bo; Augustin Ngirabatware wahoze ari minisitiri w’imigambi ya leta mu gihe cya jenoside, akaba yarakatiwe gufungwa imyaka 30. Urwego rwasigaruyeho TPIR rukaba ruteganya gusubiramo urubanza rwe kuva mu mizi.

Undi ni Pauline Nyiramasuhuko wari minisitiri w’iterambere ry’umuryango wakatiwe gufungwa imyaka 47.

Nubwo bimeze gutyo hari abandi barangije ibihano byabo barekuwe cyangwa bagizwe abere, nabo bakiba I Arusha bategereje kubona ibihugu bizabakira ariko ibyo bihugu birimo imiryango yabo cyangwa ibindi byanze kubakira. Uko ari 11 bose ngo baba mu nzu imwe irinzwe na Loni nk’abanyeshuri.

 

2018-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga…

Akabaye icwende ntikoga…

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Ubwanditsi 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida  JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu
Mu Rwanda

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Ubwanditsi 05 Jan 2020
Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”
INKURU NYAMUKURU

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Ubwanditsi 08 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru