• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Editorial 11 Jun 2019 IMIKINO

Ibifashijwemo na Stephen Curry na Klay Thompson bahawe akabyiniriro ka ‘Splash Brothers’ kubera ubuhanga bafite mu gutsinda amanota atatu, Golden State Warriors yigaranzuye Toronto Raptors ku kibuga cyayo, iyihatsindira amanota 106-105 mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana shampiyona ya Basketball muri Amerika uyu mwaka, aho hazitabazwa umukino wa gatandatu.

Toronto Raptors yakiriye uyu mukino wa gatanu, yaramaze gutsinda imikino 3-1, aho iyo iramuka itsinze uyu munsi yari guhita yegukana igikombe cyayo cya mbere cy’iyi shampiyona ikunzwe n’abatari bake ku Isi.

Golden State Warriors yari yagaruye umwe mu nkingi zayo za mwamba, Kevin Durant wari ukirutse imvune, ariko ntabwo yahiriwe kuko yongeye kuvunika mu gace ka kabiri k’umukino, ava mu kibuga.

Iyi kipe ifite ibikombe bibiri biheruka bya NBA ndetse iri gukina iyi mikino ya nyuma ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, yatsinze agace ka mbere ku manota 34-28 mu gihe amakipe yombi yanganyije amanota 28-28 mu gace ka kabiri.

Amakipe yombi yongeye kunganya amanota 22-22 mu gace ka gatatu mu gihe Toronto Raptors yari imbere y’abafana bayo, yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota atandatu habura iminota itatu n’amasegonda make ngo umukino urangire.

Klay Thompson yatsinze amanota atatu inshuro ebyiri, Stephen Curry atsinda andi atatu ku ruhande rwa Warriors, hajyamo ikinyuranyo cy’amanota atatu (106-103) mu gihe hari hasigaye amasegonda 59. Kawhi Leonard na Kyle Lowry bananiwe gutsinira Raptors mu buryo babonye mu masegonda ya nyuma, umukino urangira Golden State Warriors itsinze 106-105.

Stephen Curry yatsinze amanota 31 muri uyu mukino ku ruhande rwa Golden State Warrios, asama imipira umunani iva ku nkangara, atanga kandi indi mipira irindwi kuri bagenzi be batsinda amanota mu gihe Kawhi Leonard yatsinzemo 26 ku ruhande rwa Toronto Raptors.

Umukino wa gatandatu uzabera muri Oakland mu rukerera rwo ku wa Gatanu saa 03:00, wakirwe na Golden State Warriors, aho Raptors niwutsinda izahita yegukana igikombe mu gihe Warriors niwutsinda, bizaba ngombwa ko bazakina undi mukino wa karindwi kuko amakipe yombi azaba anganyije imikino 3-3.

Uko amakipe yombi amaze gutsindana muri iyi mikino ya nyuma ya NBA

  • Umukino wa 1: Raptors 118 – Warriors 109 muri Toronto
  • Umukino wa 2: Warriors 109 – Raptors 104 muri Toronto
  • Umukino wa 3: Raptors 123 – Warriors 109 muri Oakland
  • Umukino wa 4: Raptors 105 – Warriors 92 muri Oakland
  • Umukino 5: Warriors 106 – Raptors 105 muri Toronto
  • Umukino wa 6: Warriors vs Raptors muri Oakland

Stephen Curry na Klay Thompson bahawe akabyiniriro ka Splash Brothers bitewe n’uburyo bafatanya mu gutsinda amanota atatu muri Golden State Warriors guhera mu 2015

Stephen Curry yatsinze amanota menshi muri uyu mukino

Kawhi Leonard (2) ahanganye na Kevon Looney (5) wa Golden State Warriors

Abafana ba Toronto Raptors bari baje biteguye ko ikipe yabo ishobora gutwara igikombe ariko si ko byagenze

2019-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Editorial 09 Mar 2018
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Editorial 16 Oct 2023
Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Editorial 26 Jun 2022
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Editorial 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994
Mu Rwanda

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Editorial 09 Apr 2018
Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021
Amakuru

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Editorial 16 Mar 2021
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
POLITIKI

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Editorial 10 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru