• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Urukiko rutegetse ko Laforge na Abega bahoze muri FDLR baburana bafunze

Ubwanditsi 11 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Mata 2019, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruteye utwatsi icyifuzo cya Nkaka Ignace (Laforge Fils Bazeye) na Nsekanabo Jean Pierre (Lt Col Abega) bari basabye kuburana bari hanze.

Urukiko rwemeje ko bagomba gufungwa by’agateganyo ku mpamvu z’uko ‘barekuwe bashobora gusubira muri FDLR.’

Laforge Fils Bazeye yabaye umutangabuhamya uvuga ko umutwe wa Kayumba Nyamwasa (Rwanda National Congress RNC) utegurira mu gihugu cya Uganda uburyo wagaba ibitero ku Rwanda.

Bazeye, amazina ye y’ukuri akaba yitwa Nkaka Ignace ari hamwe na Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Lt Col Theophile Camara, ubundi akitwa Abega, barimo kuburana ku ifungurwa cyangwa ifungwa ry’agateganyo.

Aba bagabo bombi batawe muri yombi n’ingabo za Congo-Kinshasa ku itariki ya 15 Ukuboza 2018 ahitwa i Bunagana, bikavugwa ko bari bavuye muri Uganda.

Leta ya Congo yaje kubohereza mu Rwanda mu kwezi kwa mbere k’uyu mwaka wa 2019, hashingiwe ku mikoranire hagati y’ibihugu byombi.

Ku wa mbere w’iki cyumweru ubwo bageraga imbere y’umucamanza, ubushinjacyaha bwamenyesheje Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo (ruri i Kibagabaga) ko Nkaka na Nsekanabo bakurikiranyweho ibyaha byo kuba mu mutwe w’Iterabwoba no gukora iterabwoba.

Lt Col Theophile Camara uzwi kandi nka ABEGA

Lt Col Theophile Camara uzwi kandi nka ABEGA

Bakurikiranyweho kandi kuba mu mitwe itemewe no kwamamaza amakuru yangisha abaturage ubuyobozi buriho ndetse no kubahamagarira kuza muri iyo mitwe.

Nkaka(Bazeye) na Abega(Nsekanabo) bararegwa kandi kugirana umubano na Leta y’amahanga “bagamije gushoza intambara” ku Rwanda.

Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko mu mwaka wa 2006 ari bwo Leta ya Amerika yamenyesheje amahanga urutonde rw’imitwe y’Iterabwoba ku isi harimo n’uwa FDLR.

Mu bitero by’Iterabwoba Leta y’u Rwanda ishinja Nkaka na Nsekanabo kugiramo uruhare ruziguye n’urutaziguye, igiheruka kikaba ari icyagabwe ku itariki ya 11 Ukuboza 2018 i Busasamana muri Rubavu kikica abasirikare batatu b’u Rwanda.

Mu bijyanye “n’umubano na Leta y’amahanga bagamije gushoza intambara ku Rwanda, Nkaka na Nsekanabo barashinjwa guhura n’Umunyamabanga wa Leta muri Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mateke Philemon.

Umushinjacyaha ati “Nkaka na Nsekanabo bo muri FDLR bahuye na RNC ndetse n’umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mateke Philemon muri imwe mu mahoteli y’i Kampala”.

Ibyaha Nkaka na Nsekanabo baregwa barabihakanye byose, usibye icyo Nkaka yemera agasabira imbabazi, kijyanye no kwamamaza amatwara yangisha abaturage Leta y’u Rwanda.

Nkaka agira ati “Jyewe ninjiye mu mutwe wa politiki na gisirikare, nta tangazo nigeze mbona rivuga ko nari mu mutwe w’iterabwoba. Bene iyo mitwe irwanywa na Leta zunze ubumwe za Amerika, ntabwo rero narwanyaga icyo gihugu”.

“Amatangazo nasohoye yose nabikoze mu izina rya FDLR nari mbereye umuvugizi….icyo kiri mu byaha byangisha Leta abaturage, cyo ndacyemera kandi nkagisabira imbabazi”.

Akomeza agira ati “Nari nahawe ubutumwa bwo gufatanya na Rwanda National Congress (RNC), ntabwo nari nahawe ubwo kubonana na Leta y’amahanga”.

“RNC yari ifatanyije natwe kurwanya u Rwanda, uretse ko imishyikirano twari twagiyemo yari iyo kureba uko twataha mu Rwanda hatabayeho intambara”

Nsekanabo na we yemereye ubugenzacyaha ko hari ibitero byagabwe na FDLR abizi, birimo ibyo muri 2001.

Nkaka na Nsekanabo bavuga ko nta mpamvu baburana bafunzwe kuko ngo batari bazi amakuru ku Rwanda, ndetse na nyuma yo gufatwa no kuzanwa mu Rwanda ngo bitwaye neza batanga amakuru basabwa.

Ababunganira mu mategeko ari bo Me Munyendatwa Milton na Me Dukeshimana Beatha bakomeje bavuga ko abakiriya babo bahindutse mu myumvire, bakaba basaba ko basubizwa mu buzima busanzwe nk’uko bikorerwa abandi bose bahoze muri FDLR.

Me Munyendatwa yavuze ko kuba uwo yunganira yari umuvugizi utanga amakuru yahawe, ngo nta ruhare we bwite yigeze agira mu bikorwa bya FDLR kandi “yari mu gihe cy’ubuyobe”.

Urukiko rusanga hari impamvu zikomeye zatuma Nkaka na Nsekanabo bashobora gutoroka bagasubira muri FDLR.

Rubishingira ku kuba baraje mu Rwanda bafashwe, bitandukanye n’abarambika intwaro hasi bagataha ku bushake.

Indi mpamvu urukiko rugaragaza, ngo ni uko Nkaka na Nsekanabo baramutse barekuwe bakomeza gukorana n’imitwe ikorera hanze y’igihugu.

Umucamanza yamaze gusoma ibyaha bakekwaho maze agira ati “Urukiko rutegetse ko bafungwa iminsi 30 y’agateganyo, bagafungirwa muri gereza”.

Bamaze gusohoka mu rukiko, Me Munyendatwa Milton wunganira Nkaka yavuze ko namara kubiganiraho n’umukiriya we, ashobora kujuririra icyemezo cy’Urukiko.

2019-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Ubwanditsi 05 Feb 2021
Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza

Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal
Amakuru

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya
Amakuru

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we
SHOWBIZ

Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we

Ubwanditsi 16 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru