• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Itorwa rya Cyril Ramaphosa ku buyobozi bukuru bw’ishyaka ANC ni ubutumwa bukomeye kuri Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yuko bishoboka cyane akazisanga asaziye muri gereza.

Muri ayo matora ya Perezida wa ANC ku rwego rw’igihugu, yakozwe muri iki cyumweru, Ramaphosa yari ahanganye na Dlamin Zuma warushijweho amajwi make cyane muri ayo matora y’iryo shyaka riri ku butegetsi kuva Mata 1994.

Benshi muri Afurika y’Epfo bahamya yuko gutsindwa kwa Dlamin ahanini kwatewe n’uko yari ashyigikiwe na Jacob Zuma wayoboraga ANC akaba ari nawe Perezida wa Repubulika.

Dlamin wari umuyobozi wa Afrika y’unze ubumwe (AU) muri manda ishize yigeze no kuba umugore wa Jacob Zuma, batandukana bamaranye imyaka 14. Ramaphosa we ni Visi Perezida wa Repubulika ariko akaba yari yaritandukanyije na Perezida Zuma kubera ibirego byishi by’imyitwarire mibi, harimo ruswa, kunyuruza umutungo w’igihugu n’ibindi birimo gusambanya abagore ku ngufu no kuba ubutegetsi yarabweguriye agatsiko k’Abahinde gakize cyane muri icyo gihugu. Ramaphosa kwitandukanya na Zuma ni kimwe mu bintu byatumye akundwa cyane muri ANC.

Ni kenshi mu nteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo bagerageje gukuraho icyizere Perezida Zuma bikanga. Ahanini icyatumaga byanga n’uko n’abatakundaga Zuma mu badepite ba ANC babonaga yuko Perezida w’ishyaka ryabo akuwe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika muri ubwo buryo byari kuba bihaye imbaraga opozisiyo, ari nako bisenya ANC. Mu gihe rero Zuma atakiri umuyobozi wa ANC n’abo muri iryo shyaka batifuzaga yuko akurwaho icyizere nka Perezida wa Repubulika     (empeachment) bazaba bakuriweho urwitwazo rwo kuvuga ngo reka twoye kwikoza isoni turwane kuri Perezida w’ishyaka ryacu. Kuko kandi Dlamin Zuma yatsinzwe amatora, ntabwo Jacob Zuma azaba afite umuntu ukomeye wo kumurwanaho ku mugaragaro nk’uko we ubwe yirwanagaho akiri Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi. Kwa kugerageza rero kumukura ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bikananirana, noneho byashoboka akagenda mbere yuko manda ye irangira muri 2019.

Ariko Zuma atanakuweho ku gahato akarangiza iyo manda akiri ku buyobozi bw’igihugu, yazasimburwa kuri uwo mwanya na Ramaphosa uzaba atamufitiye imbabazi ku buryo ya murwanaho aramutse akurikiranywe n’inkiko kuri ibyo byaha bikomeye ashinjwa. Uko bimeze rero n’uko ubu Zuma ari umukandida ukomeye cyane wo kuba yazasaziri muri gereza nava kuri uwo mwanya wa Perezida wa Repubulika 2019. Bitabaye bityo kizaba ari igitangaza cy’imboneka rimwe. Ashobora kubabarirwa ibindi ariko ntabwo abaturage ba Afurika y’Epfo bazashobora kurezaho ngo bamureke asazane miliyoni 22 z’amadorali ashinjwa kuba yaranyuruje igihugu yubaka za nyubako za Nkhandla muri Kwazulu Natal !

Casmiry Kayumba
2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Editorial 26 Nov 2018
Kigali: Reba Amafoto Y’umuhango Wo Gusezeraho Bwa Nyuma CSP Gashagaza

Kigali: Reba Amafoto Y’umuhango Wo Gusezeraho Bwa Nyuma CSP Gashagaza

Editorial 21 Sep 2018
Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite

Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite

Editorial 20 Dec 2017
“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

“Walk to Remember”, umwe mu miyoboro ikomeye inyuzwamo ubutumwa bwo guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 06 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya
POLITIKI

Uganda yahagaritse gukoresha amashilingi ya Kenya

Editorial 12 Jun 2019
Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda
IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Editorial 11 Oct 2018
Soma Useke
Mu Mahanga

Soma Useke

Editorial 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru