• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 25 Jul 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gatsibo yafashe imodoka ipakiye amakarito 80 z’inzoga itemewe yitwa Zebra Waragi.

Iyi nzoga iri muzibujijwe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda, ndetse iri ku rutonde rw’ibiyobyabwenge hashingiwe ku ngingo ya 2 y’Umutwe wa mbere w’Itegeko N°03/2012 ryo ku wa 15/02/2012 rigena imikoreshereze y’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu Rwanda.

Ingingo ya 24 y’ Umutwe wa gatatu w’iri tegeko ivuga ko ikinyobwa cyose kirengeje igipimo cya mirongo ine na gatanu ku ijana (45%) bya alukoro n’ikindi cyose kitujuje ibyangombwa byo kuba cyanyobwa, gifatwa nk’ikiyobyabwenge.

Uwari utwaye iyo modoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite nomero iyiranga RAB 608 N witwa Donath Nkundimana yarafashwe, akaba ndetse ku itariki 24 Nyakanga yareretswe itangazamakuru ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Kiramuruzi ku wa gatanu ahagana saa munani z’amanywa.

Yagize ati:”Polisi yabonye amakuru ko hari imodoka yikoreye inzoga zitemewe iri kuva i Gatuna yerekeza Gatsibo maze irayitega kugeza iyifashe ndetse n’uwari uyitwaye arafatwa.”

Yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda ikomeje gushaka undi muntu wa kabiri wari muri iyo modoka wacitse akaba yaramenyekanye gusa ku izina rya Ndoli, uyu akaba acyekwa kuba ari we nyiri izo nzoga.

Mu busobanuro bwe, Nkundimana yavuze ko Ndoli yamukodeshereje i Kigali kujya kumutwarira ibicuruzwa abivana i Gatuna abimujyanira mu Rukomo, mu karere ka Gicumbi, hanyuma basezerana ko amuhemba ibihumbi 150 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nkundimana yakomeje agira ati:”Tugeze mu Rukomo, yambwiye ko gahunda ihindutse, ko ibyo bicuruzwa abijyanye i Muhura mu karere ka Gatsibo. Ubwo twari mu nzira turi kwerekeza i Muhura, yantanze kubona ko Polisi yaduteze maze arampagarika, agenda nk’ugiye mu bwiherero maze aracika, uko ni ko nafashwe.”

Yavuze ko yari yemerewe ibindi bihumbi 50 by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ageze izo nzoga muri Gatsibo.
Nkundimana yagize ati:”Mu by’ukuri, nari nzi ibyo nari ntwaye mu modoka. Ni ubwa mbere nkoze iki cyaha kandi ndicuza cyane kuba naragikoze.”

-3393.jpg

Mu butumwa bwe, ACP Twahirwa yagize ati:”Ibinyobwa byose biri mu masashe ntibyemewe mu Rwanda kubera ko bitujuje ubuziranenge ku buryo bigira ingaruka mbi ku buzima bw’ababinywa, tukaba dusaba abaturarwanda nk’abafatanyabikorwa ba Polisi kugira uruhare rugaragara mu kubirwanya.

RNP

2016-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

Col. Willy BAGABE yitabye Imana

Col. Willy BAGABE yitabye Imana

Editorial 04 Jun 2016
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Editorial 25 May 2021
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Editorial 03 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Editorial 29 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Gatsibo: Abayobozi m’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Aug 2016
Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Editorial 26 Mar 2018
The Ben agiye gutaramira muri Canada
KWAMAMAZA

The Ben agiye gutaramira muri Canada

Editorial 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru