• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Ubwanditsi 16 Jan 2017 Mu Rwanda

Kuva u Burundi bwajya mu bibazo by’umutekano muke, ubutegetsi bw’icyo gihugu bwakomeje gushinja u Rwanda yuko rubifitemo uruhare, ariko noneho Bujumbura yifatiye mu gahanga u Bubiligi kurushaho !

Ibyo ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza bukomeje gushinja u Rwanda ntabwo bitandukanye cyane n’ibyo bushinja u Bubiligi. Ubutegetsi mu Burundi bushinja ubw’u Rwanda yuko bushyigikiye abashaka kubukuraho, ubwo butegetsi bwa Nkurunziza kandi bugashinja u Bubiligi yuko buha intebe ababurwanya bagakorera politike muri icyo gihuguku mugaragaro.

Icyo gihugu cy’u Burundi kujya muri ibyo bibazo byatumye habaho umutekano muke, cyisanze gihunzwe n’abantu bagera ku bihumbi 300. Aba barimo ibyiciro bitandukanye barimo abahinzi borozi, abacuruzi, abalimu, abaganga ,abanyamakuru n’abandi bo mu bindi byiciro.

Benshi muri izo mpunzi hano mu Rwandada bari mu inkambi ya Mahama ariko hakabaho n’abandi batari bake bari hirya no hino mu mijyi y’u Rwanda, cyane muri Kigali. Abahungiye mu Bubiligi biganjemo abanyapolitike, ahanini ukabasanga mu murwa mukuru, Brussels, ari naho impuzamashyaka irwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza (CNARED) ikorera. Hafi y’impunzi zose z’abanyamakuru zibarizwa muri Kigali aho zikomeza gukorera umwuga wazo w’itangazamakuru.

Ibi by’uko abo banyamakuru bakorera hano mu Rwanda leta ya Nkurunziza irabizi nk’uko inazi yuko hari abanyapolitike bamurwanya bari mu Bubiligi. Ibi bigatuma ubutegtsi mu Burundi buhora bwibasiye u Rwanda n’u Bubiligi !

-5413.jpg

Ministre w’intebe wungirije w’Ububiligi Didier Reynders

Ariko umuntu ashobora kwibaza. Niba hari abantu bahungiye mu Rwanda cyangwa mu Bubiligi, ntabwo baba bakiri abarundi ? Ni Abarundi bagomba kuba bafite ijambo ku gihugu cyabo, kandi ibyo bihigu bahungiyemo nta burenganzira bifite bwo kubambura iryo jambo, ariko ubutegetsi bwa Nkurunziza bukabibona mu bundi buryo butakabaye ngombwa!

Abategeka u Rwanda muri iki gihe bazi neza ububi bw’ubuhunzi kuko hafi ya bose babubayemo. Ntabwo rero bafata nabi uwabahungiyeho kandi hari uburyo bwo kuba babafata neza.

Nta kuntu bafata umurongo wo gutoteza Abarundi bahungiye hano mu Rwanda ngo bashimishe ubutegetsi bwa Nkurunziza ! Impunzi zigomba gufatwa neza kugira ngo nibura ziruhuke icyatumye zihunga, naho ubundi ntacyo byakabaye bivuze kuba zaraguhungiyeho !

Ibi by’u Rwanda kudafata nabi impunzi z’Abarundi nibyo ahanini bituma ubutegetsi bwa Nkurunziza burwikoma yuko ruzishyigikiye ! Ariko ukuri uko kuri n’uko iyo u Rwanda ruza kuba ruzishyigikiye ntabwo zakabaye zitarasubira mu gihugu cyazo mu bundi buryo !
Ibya leta y’u Burundi kwibasira u Rwanda kubera icyo kibazo cy’impunzi ntabwo bitandukanye niby’u Bubiligi uretse yuko umuntu yishima aho yishyikira !

Ubutegetsi bwa Nkurunziza buhora butuka ubwa hano mu Rwanda kubera icyo kibazo cy’izo mpunzi kinarufatira n’ibihano byo kutongera guhahirana, ibihano bigomba kuba bibabaza Abarundi kurusha uko byakabaye bibabaza Abanyarwanda!

Leta ya Nkurunziza nanone yashatse guhana u Bubiligi nk’uko ‘yahannye’ u Rwanda ariko ibikora mu bundi buryo kuko ubuhahirane hagati y’u Bubiligi n’u Burundi budakomeye cyane nk’uko bimeze ku gihugu gituranyi cyabwo cy’u Rwanda.

Icyo ubutegetsi mu Burundi bwakoze kwari uguhamagaza ambasaderi wacyo mu Bubiligi, Jeremie Banigwaninzigo. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Alain Aime Nyamitwe avuga yuko gutumiza ambasaderi bitavuze yuko bacanye umubano n’igihugu cy’u Bubiligi ariko muri diplomasi ni aho bishya bishyira ! Ubutegetsi mu Burundi icyo buhora u Bubiligi ngo ni uko abanyapolitike b’abarundi bahungiye muri icyo gihugu bahabwa ijambo mu bitangazamakuru.

Ariko uretse guta umutwe, Nkurunziza na Nyamitwe we bumva yuko abategeka u Bubiligi bafite uburenganzira bwo kubuza abantu kuvugira mu bitangazamakuru nta n’impamvu ifatika yanakwemezwa n’inkiko ?

-5411.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Ubutegetsi mu Burundi rero bugomba kureba neza niba butaziza ubusa u Rwanda n’u Bubiligi, cyane yuko kwikoma ibyo bihugu byombi nta musaruro bya bugezaho !

Casmiry Kayumba

2017-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya : Abanyarwanda  bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Kenya : Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Ubwanditsi 12 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]
SHOWBIZ

Meddy yashyize hanze amashusho y’indirimbo agaragaramo abakobwa bambaye amakariso n’amasutiye gusa [AMAFOTO na VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2018
David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu
ITOHOZA

David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

Ubwanditsi 20 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru