• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Apr 2018 IMIKINO

Real Madrid yatsinze Bayern Munich ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League kuri uyu wa Gatatu mu Budage, iyandikiraho amateka yo kuba ariyo kipe ya mbere ibashije gutsinda imikino 150 muri iri rushanwa binayongerera icyizere cyo kugera ku mukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Bayern Munich yakiniraga imbere y’abafana bayo niyo yafunguye amazamu ku gitego cya Joshua Kimmich ku munota wa 28 cyabonetse nyuma y’ubundi buryo bwinshi iyi kipe yari yagiye ihusha ndetse na nyuma yaho Thomas Mueller na Robert Lewandowski bananiriwe gutsinda ubundi bwari bwabazwe.

Real Madrid nubwo yarushwaga guhanahana umupira neza ndetse no kureba uburyo bwo gutsinda ibitego, yakoresheje buke yabonye neza aho ku munota wa 44 Marcelo yishyura igitego ku mupira yari ahawe na Daniel Carvajal igice cya mbere kirangira ari kimwe kuri kimwe.

Mu gihe Bayern Munich yari yakoze impinduka ebyiri kare harimo Arjen Robben wavunitse ku munota wa munani agasimbuzwa Thiago Alcantara na Jérôme Boateng
wavunitse ku wa 34 agasimburwa na Niklas Süle, igice cya kabiri gitangiye umutoza Zinedine Zidane yakoze impinduka za mbere akuramo Isco yinjiza Marco Asensio.

Byahise bimuha umusaruro kuko Real Madrid yatangiye gusatira cyane ndetse ku munota wa 57 Asensio atsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Lucas Vazquez. Bayern Munich yakomeje kugerageza uburyo butandukanye ishaka igitego cyo kwishyura biranga umukino urangira ari ibitego bibiri kuri kimwe.

Gutsinda uyu mukino byatumye Real Madrid iba ikipe ya mbere mu mateka ibashije gutsinda imikino 150 muri rusange muri Champions League, Cristiano Ronaldo aba umukinnyi wa mbere ubashije gutsinda imikino 96 atambutse kuri Iker Casillas watsinze 95 bakaba bakurikiwe na Xaxi wahoze akinira FC Barcelona watsinze 91.

Real Madrid yaniyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma kuko umukino wo kwishyura izawukinira mu rugo imbere y’abafana bayo, nisezerera Bayern Munich ikaba ishobora kuzahura na Liverpool nayo yandagaje AS Roma mu mukino wa ½ iyitsinda ibitego 5-2 mu mukino ubanza.

Marcelo niwe wishyuye igitego mbere y’uko igice cya mbere kirangira

Marco Asensio winjiye mu kibuga asimbuye Isco, niwe wahesheje intsinzi Real Madrid

Marcelo na Sergio Ramas bishimira intsinzi y’ikipe yabo mu Budage

Bayern Munich niyo yafunguye amazamu hakiri kare mu gice cya mbere

Joshua Kimmich wambaye nimero 32 niwe wafunguye amazamu ku ishoti rikomeye yateye maze umuzamu Keylor Navas akayoberwa aho umupira unyuze

Mats Hummels na Joshua Kimmich bishimira igitego cya mbere cy’ikipe yabo

Marcelo yateye ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina ari naryo ryabyaye igitego cya mbere

Arjen Robben yitabwaho n’abaganga mbere yo gusimburwa

Jérôme Boateng nawe yasohotse mu kibuga hakiri kare kubera imvune

Cristiano Ronaldo ntiyahiriwe n’uyu mugoroba

2018-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018
APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020
APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump
Mu Rwanda

FBI yasatse urugo rwa Manafort wayoboye ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021
POLITIKI

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru