• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Ubwanditsi 31 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo yavuze ko atemeranya na Komisiyo y’Amatora iherutse gutangaza ko ishobora kuzafunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora ya Perezida wa Rapubulika.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ubusanzwe yubaha iyi komisiyo ariko atemeranya n’icyo cyemezo iherutse gutangaza.

-6730.jpg

Yagize ati “Nubaha cyane Komisiyo y’Amatora ariko sinemeranya na yo ko Abanyarwanda mu matora bagomba ikibari cy’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga!!!”

-6733.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Mushikiwabo yavuze ko yumva kimwe na NEC ku bijyanye m’amacakubiri cyangwa ibindi bibi byakorerwa ku mbuga nkoranyambaga ariko batumva kimwe uburyo byarwanywa.

Kuri we gukumira ibyaha bishobora gukorerwa ku mbuga nkoranyambaga inzira nziza si ukuzifunga kuko hari inzira z’amategeko zakoreshwa aho kubuza abantu gukoresha izo mbuga.

Mu kiganiro NEC iherutse guha abanyamakuru, Prof Kalisa Mbanda, umuyobozi wayo yavuze ko mu kwiyamamaza hari imbuga zemewe zizakoreshwa ariko uzazikoresha mu gihe kwiyamamaza byarangiye azabihanirwa.

Uyu muyobozi yavuze ko ku munsi ibikorwa byo kwiyamamaza bizarangira, ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu gushaka amajwi rizahagarara.

Yagize ati “Uzakoresha imbuga nkoranyambaga ku munsi ubanziriza amatora azaba yishe amategeko n’amabwiriza ayagenga, ashobora kubihanirwa. Dufite ubushobozi bwo kubona abasakaza ubwo butumwa. Muzi ko hari n’ibihugu mujya mubona bafunga imbuga mu gihe babona abantu bakabya, birashoboka no mu Rwanda bashobora gufunga iyo nzira yakoresheje kugira ngo atongera kandi tugakurikirana uwamutumye.”

Yunzemo ati “Ufite telefoni ye akaba yahamagara cyangwa akandikira ubutumwa umuturanyi we amwibutsa kuzamutora, ibyo ntawabimenya, nta n’uwabibuza. Icyo tuvuga ni ku butumwa buganisha ku mbaga y’Abanyarwanda benshi, ibyo ngibyo dufite uburyo bwo kubikurikira. Tuzitabaza n’inzego zishinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga mu gihugu kugira ngo badufashe kubikurikirana.”

NEC yavuze ko izafatanya n’izindi nzego zishinzwe iby’ikoranabuhanga kugira ngo hakumirwe icyaha icyo ari cyo cyose cyakorwa kiganisha ku matora.

Gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora si ikintu gishya ku isi kuko bikunze kugaragara mu bihugu bitandukanye aho hari n’aho bakuraho interineti muri rusange, ariko bikunze guteza impaka zitandukanye, aho besnhi bagaragaza ko ari uburyo bwo kubuza abantu ubwisanzure bwabo mu gutanga ibitekerezo.

-6731.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo

2017-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Ubwanditsi 06 Aug 2022
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane
Mu Mahanga

Uko umukungugu mu muhanda wa Ndera uteye ubwoba cyane

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.
Mu Mahanga

Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”
Amakuru

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru