• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani

Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani

Ubwanditsi 25 Oct 2018 ITOHOZA

Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Jamal Khashoggi wishwe n’isura ye ikangizwa, byaba byabonetse mu busitani bw’urugo rw’uhagarariye Arabie Saoudite muri Turikiya, muri metero 500 uvuye ku nyubako akoreramo.

Sky News yatangaje ko yabonye amakuru ko uyu mugabo w’imyaka 59 amaze kwicwa, yakaswemo ibice ndetse n’isura ye ikangizwa bikomeye.

Ibi biravuguruza ibyari byatangajwe n’abayobozi muri Arabie Saoudite bari bavuze ko umubiri wa Khashoggi wazingiwe muri tapis, ugahabwa umuntu ngo awujyane ahandi, hagamijwe kuyobya ibimenyetso.

Khashoggi yaherukaga kugaragara mu ruhame ubwo yinjiraga muri Consulat ya Arabie Saoudite ku wa 2 Ukwakira. Bivugwa ko yaguye mu mirwano yabereyemo imbere.

Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Theresa May, yatangaje ko amakuru y’uko hari ibice by’umubiri wa Khashoggi byabonetse ateye inkeke.

Ati “Ahantu umubiri wa Khashoggi washyizwe ni ikibazo gikeneye igisubizo kandi dutegereje kumva ikizava mu iperereza ryimbitse rya Turikiya.”

Ibi byatangajwe nyuma y’ifoto igaragaza umwana wa Khashoggi witwa Salah Khashoggi, ari kumwe n’Umwami Salman wa Arabie Saoudite n’umuhungu we Mohamed bin Salman, ibwami muri Riyadh kuri uyu wa Kabiri.

Umuvandiwe wa Khashoggi witwa Sahel nawe yari ahari, bazaniwe ubutumwa bubihanganisha kubera urupfu rw’uwari umunyamakuru wa Washington Post.

Umwe mu nshuti z’umuryango yabwiye AP ko Salah yari yarabujijwe kuva mu gihugu kubera Se wanengaga ubutegetsi.

Kuri uyu wa Kabiri Perezida Recep Tayyip Erdoğan wa Turikiya yatangaje ko ubu bwicanyi bwapanzwe igihe kinini, anasaba ko abakekwaho kubugiramo uruhare baburanishirizwa muri Turikiya.

Abantu 18 bamaze gutabwa muri yombi barimo batatu bo muri Consulat na 15 bivugwa ko bageze Istanbul muri Turikiya batumwe kwica Khashoggi.

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023
Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira
Mu Rwanda

Abaminisitiri batarahiye n’umuvunyi bamaze kurahira

Ubwanditsi 11 Sep 2017
Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Ubwanditsi 04 Feb 2020
EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze
Mu Rwanda

EAC ntijenjekere u Burundi nk’uko AU yabikoze

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru