• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero [ AMAFOTO ]

Abayobozi bakuru berekeje i Gabiro mu mwiherero [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 24 Feb 2017 Mu Mahanga

Abayobozi bakuru mu buyobozi bw’igihugu kuri uyu wa 24 Gashyantare 2017, berekeje mu Kigo cya Gisirikari cya Gabiro aha ahagiye kubera “Umwiherero” .

Umwiherero ngarukamwaka w’abayobozi bakuru b’igihugu uba witezweho byinshi mu kuvugutira umuti bimwe mu bibazo bikomeye biri mu gihugu, n’indi myanzuro ituma iterambere rikomeza kwihuta.

Ni kunshuro ya 14, uyu mwiherero uzatangira kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Gashyantare 2017 uzageza kuwa 1 Werurwe 2017.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika,Tugireyezu Venantia, mu kiganiro na RBA, dukesha iyi nkuru yagaragaje ko uyu mwiherero uzamara iminsi itanu hafi icyumweru, indi yajyaga imara nk’iminsi itatu, uteguye ku buryo bwihariye.

Yagize ati “Ubundi imyiherero isanzwe yari isanzwe itegurwa ku biganiro runaka, hakabaho ibiganiro noneho bigakurwamo imyanzuro. Ubu uko uteguyebirihariye, … uteguye mu matsinda, itsinda ry’ubukungu, itsinda rirebana n’imibereho y’abaturage n’itsinda rirebana n’imiyoborere, ubutabera ndetse n’uburenganzira bwa muntu muri ibyo byiciro, ku buryo ibiganiro bizatangwa muri ayo matsinda, za Minisiteri zigize ayo matsinda, buri Minisiteri ku giti cyayo igatanga ikiganiro cyayo, ibyo yagezeho n’ibyo itashoboye kugeraho ukurikije gahunda y’imyaka irindwi ya Guverinoma, ukurikije icyerecyezo 2020, ukurikije gahunda y’imbaturabukungu.”

Yakomeje avuga ko izo Minisiteri zizanagaragaza imbogambizi zatumye hari ibitagerwaho n’ibikwiye gukorwa mu gukomeza kwihutisha iterambere.

Mu ntangiriro za Gashyantare 2017, Minisitiri ushinzwe imirimo y’inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, yabwiye itangazamakuru ko muri uyu mwiherero wa 14 hazigirwamo ku gutanga serivisi mu baturage hagendewe kuri raporo zitandukanye zirimo iz’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, gahunda zo gukura Abanyarwanda mu bukene nka VUP, Girinka n’ibindi no gusuzuma imikorere mibi yabayemo.

Ikindi yagaragaje kizigirwamo ni gahunda y’ubuhinzi hafatwa ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hafatwe n’ingamba zo kwihaza mu biribwa, imiturire ihendutse ku Banyarwanda no kwagura imijyi cyane cyane iya kabiri kuri Kigali.

Biteganyijwe ko abayobozi bazanaganira ku bucuruzi n’inganda, hitabwa ku kongera ishoramari, ibikorerwa mu gihugu.

Avuga ku myanzuro y’umwiherero wa 13 w’abayobozi bakuru b’igihugu wabaye kuwa 12 ukageza kuwa 14 Werurwe 2016, Minisitiri Mugabo yavuze ko mu ntangiriro z’uku kwezi yari imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 75%, ariko yateganyaga ko uyu mwiherero ugiye kuba gishobora kuzaba kigeze kuri 95%.

Nyuma yo kugezwaho uko imyanzuro 16 yafatiwe mu Mwiherero wa 12 w’Abayobozi yashyizwe mu bikorwa no kwemeza ko hashyirwaho ingamba zo kurangiza gushyira mu bikorwa imyanzuro itararangiye, abari mu Mwiherero wa 13 w’Abayobozi bagejejweho ibiganiro bikurikira:

a) Ingamba mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Icyerekezo 2020, Gahunda ya 2 y’Imbaturabukungu, na Gahunda ya Guverinoma y’Imyaka 7 (Improving delivery towards the achievement of Vision 2020 targets, EDPRS 2 and the 7YGP).

b) Guha agaciro no kurushaho gukoresha ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda: Revamping the Manufacturing Sector).

c) Kubahiriza uburenganzira bw’umwana no guteza imbere imibereho myiza ye (The Rwandan Child: Guaranteering Rights and Promoting Social Welfare).

d) Imyifatire ikwiye kuranga abayobozi n’uko babazwa ibyo bashinzwe (Public Accountability and Ethics).

Nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe imyanzuro ikurikira:

1. Gukaza ingamba zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ifatirwa mu Mwiherero w’Abayobozi, Inama y’Igihugu y’Umushyikirano no mu zindi nama nkuru zifatirwamo ibyemezo kugira ngo imyanzuro yose iba yafashwe ijye ishyirwa mu bikorwa neza kandi ku gihe.

2. Gushyira imbaraga mu kugaruza umutungo wa Leta wanyerejwe no kurwanya ruswa iyo ariyo yose, kandi mu byiciro byose.

3. Kunoza uburyo bwo kwegeranya ibimenyetso ku cyaha cya ruswa n’ibindi byaha, kandi igihe cyose habonetse amakuru ajyanye na ruswa, inzego zibishinzwe zikihutira gufata ibyemezo bikwiye byo mu rwego rw’akazi no kubikurikirana mu nkiko, kandi abatanga amakuru bakarushaho kurengerwa no kubishishikarizwa.

4. Kugabanya ku buryo bugaragara ingendo z’akazi zikorerwa mu bihugu byo hanze hagasigara izifitiye akamaro Igihugu, kandi aho bishoboka hakajya hakoreshwa gusa abahagarariye u Rwanda mu mahanga.

5. Kwihutisha ibikorwa bigenda gahoro byo mu Cyerekezo 2020, Gahunda y’Imbaturabukungu ya kabiri (EDPRS2) na Gahunda ya Guverinoma y’Imyaka 7 (7YGP), kugira ngo byubahirize ingengabihe yagenwe kandi birusheho gutanga umusaruro.

6. Kunoza itangwa rya servisi zihabwa abaturage mu nzego zose za Leta n’iz’abikorera hifashishijwe ikoranabuhanga (online services) nka Rwanda online, kandi abaturage bakarushaho gusobanurirwa uko rikoreshwa.

7. Kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zifasha abahinzi n’aborozi kubonera ifumbire n’imbuto ku gihe hanashyirwa imbaraga mu gushyiraho gahunda zo gutuburira imbuto z’indobanure no gukorera ifumbire mu Gihugu, no kubunganira mu buryo buhoraho mu gucunga amazi n’ibikoresho byo kuhira mu byanya byatunganyijwe (big irrigation schemes) kugira ngo hongerwe umusaruro ku buryo bugaragara.

8. Gushyira mu bikorwa ku buryo buhamye amasezerano hagati y’abahinzi-borozi n’abanyenganda agamije kongera umusaruro no kuwugemurira inganda kugira ngo zongere ubushobozi bwazo (operation capacity).

9. Guhindura imyumvire (mindset) y’Abanyarwanda kugira ngo turusheho gukunda no gukoresha ibikorerwa mu Rwanda no gushyiraho uburyo bwo gukurikirana uko bishyirwa mu bikorwa.

10. Guteza imbere ku buryo bwihariye inganda zongerera agaciro ibiboneka mu Rwanda: ibiti, amata, impu, amabuye n’inganda zikora imyenda n’inkweto.

11. Gutangiza gahunda yo korohereza Abanyarwanda kuzigama no kwiteganyiriza mu buryo burambye (long term saving scheme) no kongera ubushobozi bwa BRD kugira ngo irusheho gushyigikira inganda

12. Gukaza umurego mu gushyira mu bikorwa ingamba zo kubungabunga uburenganzira bw’abana n’izo guca ikibazo cy’imirire mibi yabo, gukumira impamvu zituma abana bajya mu mihanda cyangwa bata amashuri, no guca burundu icuruzwa ry’abantu.

13. Gukurikirana abantu bose barebera bakanahishira abahohotera abana, cyane cyane abayobozi, no guhana ababyeyi batita ku bana babo.

14. Kwihutisha iyubakwa rya Laboratwari y’Igihugu ipima ibya DNA n’ibindi bifitanye isano nayo (Rwanda Forensic Laboratory) kugira ngo itangire gukora.

-5905.jpg

-5904.jpg

-5874.jpg

-5876.jpg

-5875.jpg

-5877.jpg

-5878.jpg

-5880.jpg

-5881.jpg

-5882.jpg

-5883.jpg

-5884.jpg

-5885.jpg

-5886.jpg

-5887.jpg

-5903.jpg

2017-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze
Amakuru

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021
Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017
SHOWBIZ

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru