• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inama ya “Francophonie” yabereye mu Bufaransa muri izi mpera z’icyumweru, yambitse ubusa Perezida wa Kongo Felix Tshisekedi, kuko yabaye urubuga rwo kwereka isi yose ko ari umwana muri politiki ndetse na dipolomasi muri rusange.

Nyamara byari byatangiye neza, ndetse abitabiriye inama bati “Tshisekedi yakuze mu mutwe”,  dore ko ku munsi wa mbere yahaye umukono Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF), ukomoka mu Rwanda kandi wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

Byari bitunguranye, kuko ubundi abategetsi ba Kongo banga urunuka umuntu wese uvuga neza uRwanda. Urugero ni uko Leta ya Kongo yanze gutumira Madamu Mushikiwabo mu mikino ya “ Francophonie” iherutse kubera i Kinshasa, azira gusa ko ari Umunyarwandakazi!

Mbere y’uko inama itangira, Felix Tshisekedi yari yabanje kuganira na Perezida w’Ubufaransa igihe kirenga isaha, Tshisekedi asaba Perezida Macron kwamagana u Rwanda mu nama, ndeste akarufatira ibihano kubera ibirego bye ko u Rwanda rufasha M23. Gusa Tshisekedi yiyibagiza ko Perezida Macron ari mu bazi neza imizi y’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo.

Murabyibuka, ubwo aheruka i Kinshasa, Perezida Macron yabwiye Perezida Tshisekedi, amaso ku maso, ko akwiye kumva ko ubutegetsi bubi muri Kongo aribwo ntandaro y’ibibazo biri mu gihugu cye, aho guhora ashinja abandi. Perezida Macron yagize ati: “Unyihanganire gukoresha amagambo akakaye, ariko igihugu cyanyu nticyabashije gushyiraho inzego za politiki ndetse n’iza gisirikari zihamye. Mugabanye rero gushyira ibibazo byanyu ku bandi”.

Mu ijambo rye afungura inama ya “Francophonie”, Perezida Emmanuel Macron yatunguye Abanyekongo afata indi nzira batari biteze: Kugaruka ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Kongo nk’aho ariyo ngingo nyamukuru y’inama nibyo abakongomani bari biteze, ariko ntibabyumva.
Perezida Macron yagize ati :”Nemera byimazeyo ko Francophonie ari ahantu dushobora gukorera dipolomasi hamwe, itera inkunga ubwigenge n’ubusugire bw’imitwe yose, hose ku isi.” Yahise atangira kuvuga ibibazo bikomeye by’umutekano ku isi nka Ukraine na Gaza, ariko ntiyavugamo Kongo.

Tshisekedi yagize umujinya, yanga kwitabira ibiganiro byo ku munsi wa kabiri w’inama, doreko byabaye yiyicariye  muri ambasade ya Kongo mu Bufaransa.

Félix Tshisekedi ntiyagaragaye no ku ifunguro ryo mu nzu ya Petit Palais ryateguriwe abanyacyubahiro bose bitabiriye inama. Kuwa gatandatu, mu  masaha ya nyuma ya saa sita, yari mu nzira ajya ku kibuga cy’indege, arakariye cyane Perezida Macron.

Nyuma y’uko Tshisekedi yivumbuye, inama yo yarakomeje nk’aho nta cyabaye, maze Perezida Kagame wasabirwaga ibihano na Tshisekedi, yakirwa mu cyubahiro gikomeye i Villers-Cotterêts. Perezida Kagame yahawe umwanya w’icyubahiro mu ifoto rusange, ndetse no ku ifunguro ryatangiwe muri Élysée, tariki ya 4 Ukwakira.

Gutorwa kwa Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu 2019 byakomeje kubababaza cyane abanzi b’uRwanda, ahubwo byongerera imbaraga dipolomasi yarwo.

Mu kiganiro cye na Perezida Emmanuel Macron cyamaze isaha irenga, kigahuza neza no kwivumbura kwa Félix Tshisekedi, Perezida Kagame yagaragaje ko akomeje kwifuza kuganira, hagamijwe gukemura ikibazo cy’amakimbirane muri Kongo, bigashingira ku kuvanaho ipfundo ry’ayo  makimbirane, harimo  umutwe w’iterabwoba wa FDLR usigasirwa n’ubutegetsi bwa Kongo.

Mu binyamakuru bitandukanye, abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, by’umwihariko iy’akarere k’Ibiyaga Bigari, bagaragaje ubuswa bwa Perezida Tshisekedi, banahamya ko iyi myitwarire ye ya cyana nta gisubizo yatanga ku bibazo biri mu gihugu cye no mu karere kose muri rusange.

2024-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick

Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick

Ubwanditsi 04 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
UBUKUNGU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu
ITOHOZA

RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu

Ubwanditsi 28 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru