• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Inama ya “Francophonie” yabereye mu Bufaransa muri izi mpera z’icyumweru, yambitse ubusa Perezida wa Kongo Felix Tshisekedi, kuko yabaye urubuga rwo kwereka isi yose ko ari umwana muri politiki ndetse na dipolomasi muri rusange.

Nyamara byari byatangiye neza, ndetse abitabiriye inama bati “Tshisekedi yakuze mu mutwe”,  dore ko ku munsi wa mbere yahaye umukono Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF), ukomoka mu Rwanda kandi wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda.

Byari bitunguranye, kuko ubundi abategetsi ba Kongo banga urunuka umuntu wese uvuga neza uRwanda. Urugero ni uko Leta ya Kongo yanze gutumira Madamu Mushikiwabo mu mikino ya “ Francophonie” iherutse kubera i Kinshasa, azira gusa ko ari Umunyarwandakazi!

Mbere y’uko inama itangira, Felix Tshisekedi yari yabanje kuganira na Perezida w’Ubufaransa igihe kirenga isaha, Tshisekedi asaba Perezida Macron kwamagana u Rwanda mu nama, ndeste akarufatira ibihano kubera ibirego bye ko u Rwanda rufasha M23. Gusa Tshisekedi yiyibagiza ko Perezida Macron ari mu bazi neza imizi y’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo.

Murabyibuka, ubwo aheruka i Kinshasa, Perezida Macron yabwiye Perezida Tshisekedi, amaso ku maso, ko akwiye kumva ko ubutegetsi bubi muri Kongo aribwo ntandaro y’ibibazo biri mu gihugu cye, aho guhora ashinja abandi. Perezida Macron yagize ati: “Unyihanganire gukoresha amagambo akakaye, ariko igihugu cyanyu nticyabashije gushyiraho inzego za politiki ndetse n’iza gisirikari zihamye. Mugabanye rero gushyira ibibazo byanyu ku bandi”.

Mu ijambo rye afungura inama ya “Francophonie”, Perezida Emmanuel Macron yatunguye Abanyekongo afata indi nzira batari biteze: Kugaruka ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Kongo nk’aho ariyo ngingo nyamukuru y’inama nibyo abakongomani bari biteze, ariko ntibabyumva.
Perezida Macron yagize ati :”Nemera byimazeyo ko Francophonie ari ahantu dushobora gukorera dipolomasi hamwe, itera inkunga ubwigenge n’ubusugire bw’imitwe yose, hose ku isi.” Yahise atangira kuvuga ibibazo bikomeye by’umutekano ku isi nka Ukraine na Gaza, ariko ntiyavugamo Kongo.

Tshisekedi yagize umujinya, yanga kwitabira ibiganiro byo ku munsi wa kabiri w’inama, doreko byabaye yiyicariye  muri ambasade ya Kongo mu Bufaransa.

Félix Tshisekedi ntiyagaragaye no ku ifunguro ryo mu nzu ya Petit Palais ryateguriwe abanyacyubahiro bose bitabiriye inama. Kuwa gatandatu, mu  masaha ya nyuma ya saa sita, yari mu nzira ajya ku kibuga cy’indege, arakariye cyane Perezida Macron.

Nyuma y’uko Tshisekedi yivumbuye, inama yo yarakomeje nk’aho nta cyabaye, maze Perezida Kagame wasabirwaga ibihano na Tshisekedi, yakirwa mu cyubahiro gikomeye i Villers-Cotterêts. Perezida Kagame yahawe umwanya w’icyubahiro mu ifoto rusange, ndetse no ku ifunguro ryatangiwe muri Élysée, tariki ya 4 Ukwakira.

Gutorwa kwa Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu 2019 byakomeje kubababaza cyane abanzi b’uRwanda, ahubwo byongerera imbaraga dipolomasi yarwo.

Mu kiganiro cye na Perezida Emmanuel Macron cyamaze isaha irenga, kigahuza neza no kwivumbura kwa Félix Tshisekedi, Perezida Kagame yagaragaje ko akomeje kwifuza kuganira, hagamijwe gukemura ikibazo cy’amakimbirane muri Kongo, bigashingira ku kuvanaho ipfundo ry’ayo  makimbirane, harimo  umutwe w’iterabwoba wa FDLR usigasirwa n’ubutegetsi bwa Kongo.

Mu binyamakuru bitandukanye, abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, by’umwihariko iy’akarere k’Ibiyaga Bigari, bagaragaje ubuswa bwa Perezida Tshisekedi, banahamya ko iyi myitwarire ye ya cyana nta gisubizo yatanga ku bibazo biri mu gihugu cye no mu karere kose muri rusange.

2024-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016
AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

Ubwanditsi 04 Oct 2024
AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igiswahili kiziye igihe-Malonga
Mu Mahanga

Igiswahili kiziye igihe-Malonga

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe
HIRYA NO HINO

Umuryango wa Ikibagenga wapfiriye muri Amerika watangiye gushakisha ubufasha ngo ashyingurwe

Ubwanditsi 20 Jan 2018
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo
POLITIKI

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru