• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2017 Mu Mahanga

David Himbara yumvikanye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika asebya ubutegetsi bw’u Rwanda, yibasira abagore bari mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bakomeje gushimwa na benshi ku Isi kubera umusanzu wabo.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Himbara na Robert Higiro bahuye n’agashami ka Amerika ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, nyuma y’umugambi bacuriwe n’ikigo Podesta Group gikorera i Washington, D.C bakacyishyura $440 000 angana na miliyoni 372 Frw.

Himbara nk’umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yari kumwe na Robert Higiro wirukanwe muri RDF mu myaka ishize kubera imyitwarire mibi ariko aza guhunga igihugu mbere y’uko ibibazo bye bibyutswa, ageze hanze yiyambika isura y’umunyapolitiki wahunze, atangira gusebya leta y’u Rwanda.

Byari ibiganiro bifite intego yo guharabika isura y’u Rwanda, ukurikije uko abari batumiwe babazwaga ibibazo cyangwa urebeye ku kuba abahunze igihugu bafatwa nk’abagiye gutanga ubuhamya ku miyoborere yacyo.

Mu gutangira, Karen Bass umwe mu bagize iyi komisiyo yavuze ko hari byinshi u Rwanda rwakoze mu myaka 23 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, ubukungu n’icyizere cy’ubuzima birazamuka, impfu z’abana ziraganuka ndetse ishoramari ririyongera.

Ngo byajyanye n’uruhare rw’umugore ku buryo u Rwanda “ruza imbere ku Isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko, bangana na 64%, ugereranyije na 18% bari mu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Christopher Smith wari uyoboye ibiganiro we yabanje kuvuga ibyo u Rwanda rushimwa, ariko ngo hari byinshi runengwa birimo kutihanganira abatavuga rumwe n’ubutegetsi, atanga urugero kuri Diane Rwigara uheruka gutabwa muri yombi.

Himbara yahawe umwanya avuga ko yifuza kuvuga ku bintu bitatu, birimo ibyabanjirije amatora ya perezida aheruka, uko yagenze n’ibyayakurikiye.

Yavuze ko ayo matora afite inkomoko ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga mu 2015 ryongereye Perezida Kagame manda. Yahise abihuza n’uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda igizwe n’abagore benshi, ati “Ni gute ibyo wabisobanura, ariko nanone navuga ko aya mavugurura mu Itegeko Nshinga ari gukorwa n’Inteko Ishinga Amategeko yiganjemo abagore! Umubare w’abagore ni munini, ariko ireme ry’akazi bakora, ni ba Rukurikirizindi’.”

-8162.jpg
Ifoto ya Perezida Kagame n’abategarugori bagize Inteko Nshinga Mategeko y’u Rwanda

Yakomeje avuga ko impamvu Diane Rwigara yafunzwe ari uko ari we wenyine wazamuye ibibazo bya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda. Ibi abivuze mu gihe hashize iminsi mike hatangiye kujya hanze ibimenyetso byumvikanisha umugambi we wo guhungabanya umudendezo w’igihugu.

Yongeyeho ati “Abavuga ibintu byiza, abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, erega abo bagore nta n’umwe utorwa, ni urutonde rushyirwa hamwe n’ishyaka riri ku butegetsi. Abasenateri nabo kimwe cya kabiri bashyirwaho. Ntimugereranye abasenateri bo mu Rwanda n’abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Depite Bass yagarutse ku magambo ya Himbara avuga ko akurikije ibyo yaganiriye b’abadepite b’Abanyarwandakazi bahuye, bidakwiriye ko bafatwa nk’abadashobora kugira impinduka bakora igihe hari ibidatunganye.

-8163.jpg
Karen Bass umudepite mu Nteko Nshinga mategeko y’America

Yakomeje agira ati “Kandi ntekereza ko abagore ku Isi yose iyo bareba iriya mibare babona ko ari ikintu gishimishije.”

Muri ako ga komite kabajije Himbara na Robert, ubusanzwe kagizwe n’abadepite 9 b’America hari harimo babiri (2) gusa aribo Chris Smith na Karen Bass nawe waje kugenda ibiganiro bitarangiye.

Bose ntibabonaga ibintu kimwe

Mike Jobbins ukurikirana Afurika mu muryango Search for Common Ground uteza imbere gukemura amakimbirane no kubaka amahoro, yavuze ko bakoranye n’u Rwanda kuva mu 2006 kandi babonye impinduka zitabarika.

Byose ngo byashobotse hejuru y’ingorane igihugu gihura nazo zirimo kuba kidakora ku nyanja no kuba abagituye biyongera cyane kandi bakesha imibereho ishingiye ku buhinzi butari ubwa kijyambere.

Yagize ati “U Rwanda rwazamuye ubukungu mu buryo butangaje. Mu myaka 15 ishize bwikubye inshuro zirenga enye, buva kuri miliyari 1.3 bugera kuri miliyari 8.3 z’amadolari ku mwaka. Internet imaze gusakara kuri 250% kuva mu 2010…”

Mu mwanzuro we yisabiye ko “Inteko ya Amerika ikwiye kwita cyane ku gukorana na guverinoma y’u Rwanda mu gufasha Abanyarwanda kwiyubakira ahazaza heza no kugera ku ntego zabo.”

Ubwanditsi

2017-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Editorial 31 Oct 2019
Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Editorial 18 Jan 2016
Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Editorial 20 Jul 2018
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Editorial 22 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?
Amakuru

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Editorial 08 Jan 2021
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora
IKORANABUHANGA

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Editorial 24 Jun 2019
Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga
Mu Rwanda

Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga

Editorial 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru