• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko ikigo cy’ubucuruzi cyitwa ‘World Ventures’ kiri gukorera mu Rwanda ubucuruzi mu buryo butemewe n’amategeko. Iki kigo bivugwa ko ari icy’Umucuruzi Dennis Karera nyiri Kigali Heights.

Mu itangazo Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yasoye ku wa 11 Nzeri 2018, yaburiye abaturage ko kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Yagize ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

Akamanzi yavuze ko ubucuruzi kiri gukora butemewe mu gihugu.

Yagize ati “Tumaze kugenzura ubwoko bw’ubucuruzi bw’icyo kigo, twasanze gifite ubucuruzi bw’uruhererekane rw’abantu benshi bagenda bagabana inyungu (pyramid scheme). Turifuza kumenyesha abaturage ko ubu bucuruzi butemewe mu Rwanda.”

Ubwo bucuruzi buzwi nka ’Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyiri kigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, kikamwizeza ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo nawe yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Uretse iki kigo, itangazo rya RDB riravuga ko hari abahagarariye ibigo bagenda bavuga ko bahawe ibyemezo byo gukora na RDB cyangwa izindi nzego za leta, bayobya rubanda.

Mu bihe bishize, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yasobanuye ko ubucuruzi bwa Pyramid bugira ingaruka mbi ku baturage no ku gihugu kuko utanze amafaranga nta cyizere aba afite cyo kuyasubizwa.

Nta servisi cyangwa ingurane ahabwa, nta kontaro asinya igaragaza uburenganzira n’inshingano afite.

Uretse kuba umuturage arangarira muri ibyo bikorwa ntiyizigamire cyangwa ngo ashore umutungo we mu bikorwa bimuteza imbere, imikoresherereze y’amafaranga yakirwa n’icyo kigo cy’ubucuruzi ntigaragara.

2018-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Pasiteri wateraga ikirenge mu cya” Yesu ” byarangiye yitabye Imana.

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Ubwanditsi 22 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi
ITOHOZA

Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda
Amakuru

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru