• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Ubucuti hagati ya USA na Israel bumaze igihe kirekire. Hari abavuga ko bugamije gukomeza gukumira ko Palestine yaba igihugu kigenga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Editorial 30 Oct 2017 Mu Mahanga

Uru rukuta rwubatswe hafi ya West Bank aho Israel yigaruriye ihambuye Palestine. Umunyabugeni wo muri Australia witwa Lushsux niwe wahawe ikiraka cyo gushushanyaho Trump na Netanyahu basomana.

Lushsux yabwiye Reuters ko igishushanyo cye kigamije kwereka amahanga ko ubucuti bwa USA na Palestine bugamije gukomeza gukumira ko Palestine yabona ubwigenge kandi ko Israel ititeguye kurekura imfungwa zo muri Palestina ifungiye hafi y’urwo rukuta.

Urukuta rwo muri West Bank rugamije gukumira abarwanyi ba Hamas baturuka muri Palestine bajya bagaba ibitero muri Israel.

Umunyabugeni Lushsux yagize ati : “Nshushanya ibi sinarina naniwe kwandika ko Palestine ikeneye ubwigenge ! Nashushanyije bariya bayobozi bombi basomana kugira ngo uzabibona azibaze icyo urukundo rw’ibihgu byombi rugamije ku mibereho y’Abanyapalestine.”

Uyu munyabugeni kandi avuga ko igishushanyo cye kerekana mu buryo buziguye ko na Trump umugambi we wo kubaka urukuta rugabanya US na Mexique ugikomeje.

Mu mbwirwaruhame Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamin Netanyahu yagejeje ku Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu byumweru bishize yashimye ubufatanye bugaragazwa na Washington mu gushyigikira ibikorwa bya Tel Aviv byo kubaka imidugudu ahatandukanye mu butaka bwahoze ari ubwo Palestine.

Muri iki gihe ubutegetsi bwa Tel Aviv bubanye neza n’ubwa Washington kurusha uko byari bimeze igihe Barack Obama yayoboraga.

Icyo gihe Israel yashinjaga USA kuyigambanira binyuze mu masezerano yasinyanye na Iran agamije kuyisaba guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi nayo igakurirwaho ibihano by’ubukungu.

Ubutegetsi bwa Obama bwavugaga ko ariya masezerano ariyo ashyize mu gaciro kandi anyuze impande zombi ariko Tel Aviv yo ikemeza ko ahubwo azabera Tehran uburyo bwiza bwo kubona amafaranga menshi yo gukoresha mu gukora intwaro za kirimbuzi no gutera inkunga umutwe wa Hezbollah.

2017-10-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Editorial 26 Sep 2025
Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Editorial 29 Mar 2021
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

Editorial 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Editorial 16 Feb 2018
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe
Mu Mahanga

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Editorial 01 Nov 2016
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu
Mu Rwanda

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Editorial 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru