Umwaka w’imikino wa 2024-2025 ku ikipe ya Mukura VS yakiriye i Huye ihagaze neza kuko imaze gukura amanota 6 ku makipe ya Rayon Sports na APR FC.
Ibi ikipe ya Mukura Victory Sports yabigezeho kuri iki cyumweru ubwo yakiraga ikipe ya APR FC igatsinda igitego kimwe ku busa.
Ni igitego cyatsinzwe na Destin Malanda ugeruka gusinyira iyi kipe yambara umuhondo n’umukara, uyu akaba yaravuye mu ikipe y’Amagaju zombi zibarirwa mu ntara y’Amajyepfo.
Iki gitego kimwe kikaba aricyo cyahesheje intsinzi Mukura VS bityo umunsi wa 18 urangira iyi kipe iri ku mwanya wa Gatandaru n’amanota 27.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino ku ikipe ya Mukura VS ikomeje gushyiraho agahigo k’uko mu makipe abiri akomeye anahatanira igikombe ntanimwe irayitsindira i Huye.
Ibi bivuze ko kuva uyu mwaka w’imikino watangira ikipe ya Mukura i Huye yahatsindiye na Rayon Sports ibitego 2-1.
Usibye uyu mukino wabereye i Huye, kuwa Gatandatu ikipe y’Amagaju yati yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe.
Indi mikino yari yabaye kuri iki cyumweru, Vision FC yatsinzwe na Bugesera FC 4-0, Etincelles itsinda ikipe ya Rutsiro GFC i
Rayon Sports iracyayoboye urutonde rwa Rwanda Premier League n’amanota 41 ikaba ikurikirwa na APR FC yo ifite amanota 37 mu mikino 18 imaze gukinwa.
Kuri uyu wa mbere nibwo uyu munsi wasojwe aho ikipe ya Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi United ibitego bibiri kuri kimwe.
Uku gutsindwa kwa Kiyovu SC byatumye ishimangira kuguma ku mwanya wa nyuma wa 16 aho kuri ubu ifite amanota 12 gusa.
Naho Gasogi United yo yatsinze yazamutseho imyanya itatu ku rutonde rw’agateganyo rwa Rwanda Premier League.