• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Editorial 15 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe yakwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Kanama uyu mwaka, iyo manda y’imyaka irindwi ishobora kuba ariyo ya nyuma ayoboye u Rwanda nubwo Itegeko Nshinga rizaba riteganya ko ashobora gukomeza kwiyamamaza.

Mu ijambo rye riha Abanyarwanda ikaze mu mwaka mushya wa 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabemereye ko nk’uko babimusabye mu mvugo no mu ngiro ko yazakomeza kubayobora na nyuma ya 2017, ‘ko adashobora kubyanga’.

Icyo gihe yagize ati “Mwansabye kuzakomeza kuyobora igihugu nyuma ya 2017, nkurikije uburemere bwabyo n’imyumvikanire mwabihaye nta kuntu ntabyemera ubwo hasigaye inzira zisanzwe bigomba kunyuramo igihe nikigera.”

Mu kiganiro aheruka kugirana n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Perezida Kagame yabajijwe niba iyi manda y’imyaka irindwi yazaba ari iya nyuma mu gihe yatorwa, asubiza agira ati “Niko mbitekereza, yego. Kandi nshobora kuzabisobanura neza vuba aha, ningera mu gihe cyo kwiyamamaza. Ku ruhande rumwe hari amasezerano nagiranye n’Umuryango FPR n’Abanyarwanda ku rundi ruhande. Bashatse, binyuze muri referendumu yahinduye Itegeko Nshinga mu Ukuboza 2015, ko nkomeza inshingano zanjye, ibintu nabemereye. Ariko igihe kirageze cyo kubabwira ko batekereza uko byamera na nyuma yanjye.”

Ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, nyuma yo kuvugururwa ivuga ko ‘Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka itanu. Ashobora kongera gutorerwa indi manda imwe.”

Riteganya ko Perezida Kagame nk’uwari ku butegetsi mu gihe iri Tegeko Nshinga rivuguruye ritangira gukurikizwa akomeza manda yatorewe.

Rikomeza rigira riti “Hatabangamiwe ibiteganywa mu ngingo ya 101 y’iri Tegeko Nshinga, hitawe ku busabe bw’Abanyarwanda bwabaye mbere y’uko iri Tegeko Nshinga rivuguruye ritangira gukurikizwa, bushingiye ku bibazo byihariye u Rwanda rwasigiwe n’amateka mabi rwanyuzemo n’inzira igihugu cyafashe yo kuyivanamo, ibimaze kugerwaho no kubaka umusingi w’iterambere rirambye; hashyizweho manda imwe y’imyaka irindwi ikurikira isozwa rya manda ivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo.”

Ni ukuvuga ko ibiteganywa mu ngingo ya 101 y’iri Tegeko Nshinga bizatangira gukurikizwa nyuma ya manda y’indi myaka irindwi.

Perezida Kagame yavuze ko atizeza abanyarwanda ibitangaza

Umunyamakuru François Soudan wa Jeune Afrique yabajije Perezida Kagame uko afata kuba amatora yo kuwa 4 Kanama 2017, nta muntu ushidikanya ko ariwe uzongera kwegukana intsinzi, amusubiza ko ko kuri we icyo atari ikintu kibi, kuko igihugu gifite amateka yihariye n’uburyo cyimakaje demokarasi ishingiye ku matora.

Umukuru w’Igihugu yanabajijwe icyo atekereza ku kuba nta bakandida benshi bahari bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu, asubiza ko nta mpungenge biteye.

Ati “Twagize igihe cyo guhangana n’ibibazo bikomeye kurusha iki. Kuki mwifuza ko uguhangana mu matora byatubera ikibazo? Ni cyo kibazo cyoroshye kurusha ibindi.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi kwa munani areba Abanyarwanda ndetse ku ruhande rwe nta kindi azabwira abaturage usibye kubibutsa ko bakwiye gukorera hamwe kugira ngo bagere ku iterambere bifuza. Yashimangiye ko we atari umuntu wizeza abantu ibitazashoboka.


Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abavuga ko bigoye kumusimbura bafite impamvu babivuga, gusa ko nta shingiro ryabyo. Ati “Abavuga ibyo bafite ibindi bashingiraho, ku mpamvu za politiki. Iyo mvugo nta kintu ishingiyeho. »

Perezida Kagame kandi yabajijwe impamvu hari abumva ko ibintu byose mu gihugu ari we byubakiyeho, ndetse abaturage bakavuga ko naba atagihari bizasaba kubaka bundi bushya.

-6582.jpg

Ibyo bigaruka cyane ku mvugo z’abaturage bamwe mbere gato y’uko Inteko Ishinga Amategeko yakira ubusabe bwabo bujyanye no kuvugurura Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida Kagame abe yakwemererwa kuyobora u Rwanda indi manda.

Ati “Ibintu si uko bikorwa. Icy’ingenzi ni uko twubatse uburyo buhamye kandi butazahungabana, Kagame yaba agihari cyangwa se adahari. Ibisekuru bishya by’Abanyarwanda byubatse imitekerereze itandukanye kandi bize n’amasomo menshi. Impungenge zanyu zari kugira ishingiro iyo Abanyarwanda baba ntacyo biyungura, bahora ahantu hamwe.”

Yakomeje agira ati “Ariko ibintu si uko biteye. Urebye nk’ubukungu bwacu, inzego zacu n’ubumenyi dufite, igihugu cyacu gitera imbere kandi mu buryo buzana impinduka. Nubwo Abanyarwanda bifuje ko nakomeza iyo miyoborere mu gihe runaka, izo mpinduka ntabwo zizarangirana n’ukugenda kwanjye. Ibyo ndabihamya.”

Muri iki kiganiro Umukuru w’Igihugu yagiranye na Jeune Afrique kuwa 4 Gicurasi muri Village Urugwiro, yasubije ibibazo by’Umunyamakuru François Soudan ku ngingo zitandukanye zirimo itorwa rya Emmanuel Macron nka Perezida mushya w’u Bufaransa, Politiki ya Donald Trump, amavugururwa ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, umubano w’u Rwanda na Israel ndetse n’u Burundi n’ibindi.

-198.png

Perezida Kagame yaciye amarenga ko yongeye gutorwa ishobora kuba manda ye ya nyuma

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Editorial 18 Jan 2019
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Editorial 18 Jan 2019
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru