• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Kuwa kane tariki ya 25 Gicurasi, icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda byakomereje hirya no hino mu turere. Mu karere ka Kamonyi Polisi yahaye amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba abaturage batuye mu cyaro.

Iki gikorwa kikaba cyarabereye mu murenge wa Nyarubaka, akagari ka Kambyeyi, umudugudu wa Nyagihamba.

Imiryango 120 ndetse n’ikigo nderabuzima cya Nyagihamba bahawe ayo mashanyarazi.

Ni umuhango wayobowe na Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Madame Nyirasafari Esperance ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K Gasana.

Mu ijambo yagejeje ku baturage bari bateraniye aho, Minisitiri Nyirasafari yasabye abahawe amashanyarazi by’umwihariko, n’abaturage bose muri rusange, kubungabunga no kurinda ibikorwa bahawe na Polisi y’u Rwanda .

Yavuze ati:”Amashanyarazi mwahawe muzayabungabunge kandi azabageze ku iterambere risumbye iryo mwari mufite, kandi buri wese yihatire kugira isuku haba ku mubiri, ku myambaro n’aho atuye.”

Yakanguriye abari aho gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana aho yavuze ati:”Umwana n’umunyarwanda uwo ariwe wese akwiye kubaho mu mahoro kandi agatera imbere, arindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose. Iyo umwana yarezwe neza akarindwa ihohoterwa yigirira akamaro kandi akakagirira n’igihugu.”

Yakomeje asaba ababyeyi kurangwa n’isuku, birinda amakimbirane kuko mu muryango ariho umwana avana uburere.”

Minisitiri Nyirasafari yaboneyeho umwanya wo gushimira ababyeyi bo mu kagari ka Nyabitare bashyizeho irerero, aho ababyeyi bajya ibihe byo gusigarana abana b’incuke, bakabaha uburere igihe abandi baba bagiye kwiga, anasaba ko n’utundi tugari twabafatiraho urugero, kandi abizeza ko Minisiteri abereye umuyobozi izabafasha muri iki gikorwa.

Yasoje asaba ababyeyi guhora bazirikana guharanira icyateza imbere abanyarwanda bagahera ku bana barushaho kubaha uburere bwiza.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana yabwiye abaturage ko Polisi y’u Rwanda ibashakaho ubucuti n’ubufatanye burambye kugira ngo u Rwanda rukomeze rutere imbere.

Aha yavuze ati:”Mu myaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe umutekano usesuye twagezeho tuwukesha gukorana neza n’abaturage. Iyi mikoranire rero ni nayo ituma dufatanyije na Minisiteri y’ibikorwa remezo tubihawemo umurongo na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika turimo gutanga umuriro ku baturage babaga mw’icuraburindi batuye mu bice by’icyaro.”

-6666.jpg

IGP Emmanuel K Gasana

Yakomeje abasaba gukomeza gufatanya na Polisi yabo, bakumira ibyaha bitaraba, kugirango barusheho gutera imbere.

Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyagihamba cyahawe umuriro na Polisi y’u Rwanda, Uwizeyemariya Marie Therese, yashimye Polisi y’u Rwanda yabakuye mu icuraburindi aho yavuze ati:”Polisi y’u Rwanda ni iyo gushimwa rwose, ababyeyi bajyaga baza kubyarira hano twamurikishaga itoroshi cyangwa itara ry’ikirahure, ariko ubu tugiye kujya duha serivisi nziza abatugana kuko twabonye urumuri ruhagije.

Mu karere ka Ngororero mu murenge wa Sovu, akagari ka Musenyi , umudugudu wa Rubindi; naho hakomereje ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda. Polisi y’u Rwanda yahaye ingo 117 amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba. Minisitiri w’Umutungo kamere Dr Vincent Biruta, wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje ku baturage birimo ayo mashanyarazi. Minisitiri Biruta yakomeje asaba abayahawe kuyabungabunga neza no kuyabyaza umusaruro. Byumwihariko, Minisitiri w’umutungo kamere yasabye abaturage b’akarere ka Ngororero kurengera ibidukikije bakirinda gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko nk’uko hari aho bikunze kugaragara muri aka karere. Yashimiye ubufatanye busanzwe buri hagati ya Minisiteri y’umutungo kamere na Polisi y’u Rwanda mu kurengera ibidukikije, aho yayishimiye kuba yarashyizeho ishami rishinzwe kurengera ibidukikije.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, we yavuze ko ibi bikorwa byose Polisi y’u Rwanda ikorera abaturage bituruka ku bufatanye n’imikoranire myiza, ariko ahanini mu gukumira no kurwanya ibyaha. Yasabye abaturage b’akarere ka Ngororero gukomeza ubufatanye mu gukumira ibyaha bitandukanye nk’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kurwanya ubujura, ruswa, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi ndetse abizeza ko ubukangurambaga mu kurwanya ibi byaha buzakomeza no muri iyi minsi y’ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda hirya no hino.

Mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Masaka mu kagari ka Rusheshe mu mudugudu wa Cyeru naho Polisi y’u Rwanda yahaye ingo 84 amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba. Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yayi Busabizwa Parfait akaba ari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere. Mu ijambo rye, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera iki gikorwa cyiza cyo guha amashanyarazi abaturage. Yakomeje avuga ko by’umwihariko ayo mashanyarazi azafasha abaturage mu bikorwa by’isuku nk’uko Umujyi wa Kigali wabigize intego.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, yashimiye akagari ka Rusheshe kuba kadakunze kugaragaramo ibyaha byinshi. Yakomeje avuga ko ibikorwa nk’ibi biba biri muri gahunda zo gukomeza ubufatanye n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha. Yasoje asaba abaturage gukomeza imibanire myiza bagafatanya n’inzego z’umutekano kuwubumbatira cyane cyane batanga amakuru ku gihe y’icyashobora kuwuhungabanya kugira ngo habeho gukumira.

Source : RNP

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Editorial 01 Jul 2017
Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Editorial 24 Jun 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Kinshasa : Perezida Kabila yagize  Samy Badibanga  Minisitiri w’Intebe

Kinshasa : Perezida Kabila yagize Samy Badibanga Minisitiri w’Intebe

Editorial 18 Nov 2016
Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Editorial 01 Jul 2017
Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Editorial 24 Jun 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Kinshasa : Perezida Kabila yagize  Samy Badibanga  Minisitiri w’Intebe

Kinshasa : Perezida Kabila yagize Samy Badibanga Minisitiri w’Intebe

Editorial 18 Nov 2016
Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Editorial 01 Jul 2017
Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Editorial 24 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru