• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Editorial 03 May 2018 IMIKINO

Nyuma yo gutera intambwe akava mu ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo akerekeza muri Delko Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa, Joseph Areruya yahize kwigaragaza mu isiganwa rya mbere azayikinira kuva kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018.

Areruya yatangiye kumenyekana mu 2013 azamuwe na Les Amis Sportif, mu 2017 agurwa na Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo ayikoramo byiza birimo kwegukana igihembo cy’umunsi muri Giro Ciclistico d’Italia U23, Tour du Rwanda 2017, La Tropicale Amissa Bongo 2018, Tour de l’Espoir 2018, imidali ibiri muri Shampiyona ya Afurika n’ibindi.

Mu kwezi gushize nibwo Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, Ferwacy, ryemeje ko uyu musore w’imyaka 23 yaguzwe n’ikipe y’ababigize umwuga mu Bufaransa ya Delko Marseille Provence KTM akaba yarayigezemo ku wa Mbere tariki 30 Mata yerekwa bagenzi be anatambagizwa aho ikipe iba.

Nyuma y’imyitozo y’iminsi itatu, uyu mukinnyi uzwi nka ‘Kimasa’ ari kumwe na bagenzi be, agomba kwitabira isiganwa rya mbere kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018 rya Rhône-Alpes Isère Tour rizamara iminsi ine.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko yishimiye bikomeye ikipe nshya yagiyemo, uburyo ibayeho ndetse n’uko yamwakiriye avuga ko intego ze nk’ibisanzwe ashaka gutangira amarushanwa yitwara neza kugira ngo adatenguha abamugiriye icyizere.

Yagize ati «Ni ikipe ubona ko ikomeye, ibayeho neza nk’amakipe akomeye y’ababigize umwuga. Banyakiriye neza nanjye ubu icyo nshaka ni uko ngiye gukora cyane kugira ngo nzitware neza mu isiganwa rya mbere tuzakina kuva kuva Kane. »

Yakomeje agira ati «Ku giti cyanjye nigirira icyizere ariko ntangiye neza n’abayobozi banjye babona ko batanyibeshyeho ndetse na bagenzi banjye bakabona ko hari ibyo dushobora gufatanya kugira ngo duheshe ikipe yacu intsinzi. Ntabwo byoroshye kuko haba hari amakipe akomeye ariko mfite icyizere. »

Ikipe ya Delko Marseille Provence KTM ibarirwa mu rwego rwa UCI Professional Continental Teams rufatwa nk’icyiciro cya kabiri nyuma y’icya mbere cyitwa UCI World Teams kibamo amakipe 18 gusa ya mbere ku Isi hakurikijwe amanota n’ubushobozi bwayo naho Dimension Data for Qhubeka yari asanzwe akinira yo iba mu cyiciro cya gatatu cya Continental Teams.

UCI Professional Continental Teams zikina amarushanwa atandukanye yo ku migabane ‘UCI Continental Circuits’ ari naho zihatanira amanota ya UCI azihesha kurangiza umwaka zihagaze neza ku rwego rw’Isi. Ikipe zo muri iki cyiciro zishobora no gutumirwa zikitabira World Tours [amasiganwa akomeye ku Isi nka Tour de France].

Isiganwa Areruya azaheraho akinira Delko Marseille Provence KTM riri ku rwego rwa 2.2 kimwe na Tour du Rwanda rikazamara iminsi ine.

Imihanda izakoreshwa muri Rhône-Alpes Isère Tour 2018

Tariki 3 Gicurasi 2018 – Etape 1: Charvieu-Chavagneux – Chateauvilain (143,3 km)

Tariki 4 Gicurasi 2018 – Etape 2: Aéroport-Saint-Exupéry – Saint-Bonnet-de-Mure (142,2 km)

Tariki 5 Gicurasi 2018- Etape 3: Vaulx-Milieu – Saint-Maurice-l’Exil (171,4 km)

Tariki 6 Gicurasi 2018- Etape 4: Bourgoin-Jailleu – Charvieu-Chavagneux (171,7 km)

Akanyamuneza kari kose ubwo yambikwaga umwambaro wa Delko Marseille Provence KTM

Areruya Jpseph avuga ko iyi kipe ibayeho neza ndetse yasanze ikomeye cyane

Areruya mu myitozo mbere yo gutangira gusiganwa mu ikipe ye nshya

Areruya Joseph yitwaye neza mu marushanwa atandukanye harimo na Shampiyona ya Afurika aho yegukanye umudali wa zahabu

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Editorial 08 Sep 2018
Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Editorial 06 Mar 2021
Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Editorial 10 Mar 2016
Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Editorial 08 Sep 2018
Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Editorial 06 Mar 2021
Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Editorial 10 Mar 2016
Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Editorial 08 Sep 2018
Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru