• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Editorial 03 May 2018 IMIKINO

Nyuma yo gutera intambwe akava mu ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo akerekeza muri Delko Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa, Joseph Areruya yahize kwigaragaza mu isiganwa rya mbere azayikinira kuva kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018.

Areruya yatangiye kumenyekana mu 2013 azamuwe na Les Amis Sportif, mu 2017 agurwa na Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo ayikoramo byiza birimo kwegukana igihembo cy’umunsi muri Giro Ciclistico d’Italia U23, Tour du Rwanda 2017, La Tropicale Amissa Bongo 2018, Tour de l’Espoir 2018, imidali ibiri muri Shampiyona ya Afurika n’ibindi.

Mu kwezi gushize nibwo Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, Ferwacy, ryemeje ko uyu musore w’imyaka 23 yaguzwe n’ikipe y’ababigize umwuga mu Bufaransa ya Delko Marseille Provence KTM akaba yarayigezemo ku wa Mbere tariki 30 Mata yerekwa bagenzi be anatambagizwa aho ikipe iba.

Nyuma y’imyitozo y’iminsi itatu, uyu mukinnyi uzwi nka ‘Kimasa’ ari kumwe na bagenzi be, agomba kwitabira isiganwa rya mbere kuri uyu wa Kane tariki 3 Gicurasi 2018 rya Rhône-Alpes Isère Tour rizamara iminsi ine.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko yishimiye bikomeye ikipe nshya yagiyemo, uburyo ibayeho ndetse n’uko yamwakiriye avuga ko intego ze nk’ibisanzwe ashaka gutangira amarushanwa yitwara neza kugira ngo adatenguha abamugiriye icyizere.

Yagize ati «Ni ikipe ubona ko ikomeye, ibayeho neza nk’amakipe akomeye y’ababigize umwuga. Banyakiriye neza nanjye ubu icyo nshaka ni uko ngiye gukora cyane kugira ngo nzitware neza mu isiganwa rya mbere tuzakina kuva kuva Kane. »

Yakomeje agira ati «Ku giti cyanjye nigirira icyizere ariko ntangiye neza n’abayobozi banjye babona ko batanyibeshyeho ndetse na bagenzi banjye bakabona ko hari ibyo dushobora gufatanya kugira ngo duheshe ikipe yacu intsinzi. Ntabwo byoroshye kuko haba hari amakipe akomeye ariko mfite icyizere. »

Ikipe ya Delko Marseille Provence KTM ibarirwa mu rwego rwa UCI Professional Continental Teams rufatwa nk’icyiciro cya kabiri nyuma y’icya mbere cyitwa UCI World Teams kibamo amakipe 18 gusa ya mbere ku Isi hakurikijwe amanota n’ubushobozi bwayo naho Dimension Data for Qhubeka yari asanzwe akinira yo iba mu cyiciro cya gatatu cya Continental Teams.

UCI Professional Continental Teams zikina amarushanwa atandukanye yo ku migabane ‘UCI Continental Circuits’ ari naho zihatanira amanota ya UCI azihesha kurangiza umwaka zihagaze neza ku rwego rw’Isi. Ikipe zo muri iki cyiciro zishobora no gutumirwa zikitabira World Tours [amasiganwa akomeye ku Isi nka Tour de France].

Isiganwa Areruya azaheraho akinira Delko Marseille Provence KTM riri ku rwego rwa 2.2 kimwe na Tour du Rwanda rikazamara iminsi ine.

Imihanda izakoreshwa muri Rhône-Alpes Isère Tour 2018

Tariki 3 Gicurasi 2018 – Etape 1: Charvieu-Chavagneux – Chateauvilain (143,3 km)

Tariki 4 Gicurasi 2018 – Etape 2: Aéroport-Saint-Exupéry – Saint-Bonnet-de-Mure (142,2 km)

Tariki 5 Gicurasi 2018- Etape 3: Vaulx-Milieu – Saint-Maurice-l’Exil (171,4 km)

Tariki 6 Gicurasi 2018- Etape 4: Bourgoin-Jailleu – Charvieu-Chavagneux (171,7 km)

Akanyamuneza kari kose ubwo yambikwaga umwambaro wa Delko Marseille Provence KTM

Areruya Jpseph avuga ko iyi kipe ibayeho neza ndetse yasanze ikomeye cyane

Areruya mu myitozo mbere yo gutangira gusiganwa mu ikipe ye nshya

Areruya Joseph yitwaye neza mu marushanwa atandukanye harimo na Shampiyona ya Afurika aho yegukanye umudali wa zahabu

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Editorial 28 Feb 2023
Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Champions League: Real Madrid yakubise akanyafu PSG, Ronaldo ashyiraho uduhigo

Editorial 15 Feb 2018
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 03 Sep 2021
Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Editorial 10 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje
Mu Rwanda

Rayon Sports yerekanye umutoza mushya utandukanye n’uwo yari yatangaje

Editorial 19 Jun 2018
Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.
Amakuru

Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Editorial 23 May 2021
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame
POLITIKI

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Editorial 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru