• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19
Perezida Museveni n'Umukuru w'Inteko ishinga amategeko Kadaga

Intambara y’amagambo hagati ya Museveni na Kadaga bapfa amafaranga y’umurengera yiswe ko ari ayo kurwanya COVID19

Editorial 01 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya Virus ya Corona izwi nka COVID19, aho ibikorwa bitandukanye by’ubukungu byahagaze kurugero rwa 100% mu bihugu bimwe na bimwe, hamwe abaturage bagiye bagatungwa na Leta, abayobozi bakitanga mu bushobozi bwabo; ariko ntabwo ariko bimeze mu gihugu cya Uganda kuko wari umwanya w’inzego zitandukanye  uhereye ku Inteko Ishinga Amategeko iyobowe na Rebecca Kadaga wo kwigizwaho umutungo aho yemeje ko buri mu Depite muri Uganda ahabwa miliyoni 20 z’amashilingi naho ingano rusange yiyo ngengo y’imari ikaba miliyari zisaga 300.

Ibintu byaje gusakuza ubwo byagaragaye ko hari amafaranga menshi asaguka nyuma yo gukuba miliyoni 20 n’umubare w’abagize Inteko ishinga Amategeko ariko ntagaragazwe aho yagiye, akaba agera kuri miliyari 6 z’amashiringi. Nyuma yuko amafaranga agereye kuri kompti z’abadepite Perezida Museveni yavuzeko ayo mafaranga yohererezwa mu turere abo badepite bakomokamo ariko Umukuru w’Inteko ishinga amategeko Rebecca Kadaga nawe ararahira avugako ayo mafaranga atazahabwa uturere ahubwo abadepite be bazayakoresha. Yagize ati “kuki mureba amafaranga yahawe Inteko ishinga Amategeko gusa kandi namwe mwese mwarihaye amafaranga yo kurwanya COVID19? Ibi rwose ni ibikorwa bigamije kurwanya ndetse nokubangamira  ubutegetsi nshingamategeko ubusanzwe bwigenga”

Ibintu byaje gusubira urudubi ubwo Perezida Museveni yakoresheje umudepite witwa Gerald Karuhanga uhagarariye Akarere ka Ntungamo wasabye inteko (Petition) ko amafaranga bahawe bayasubiza; ibyo byatumye Perezida w’Urukiko rw’ikirenga Michael Elubu  abona nuko asaba Inteko kumva ubusabe bagasubiza amafaranga.

Kadaga ariko nawe ntiyacecetse yibukije abayobozi muri Uganda guha amahoro Inteko ishinga Amategeko abibutsa ko ibigo bitandukanye byagiye bifata amafaranga kandi bidafite umubare munini w’abayagenewe nk’Inteko ishinga Amategeko. Yagize ati “Ibiro bya Minisitiri w’intebe byahawe miliyari 59, Minisitiri w’ubuzima ihabwa miliyari 94, Minisiteri y’itumanaho ihabwa miliyari 6, buri karere gahabwa miliyari 169……..yashoje agira ati “nta kigo cya Leta na kimwe kitahawe Ingengo y’Imari, kuki mureba Inteko Ishinga Amategeko gusa kandi aritwe twatowe n’abaturage gusa?”

Kadaga yabaye nkukomoza ku kibazo cy’amatora ko NRM ishaka kwigwizaho imitungo bityo ikagaragaza ko ariyo iri gufasha gusa abaturage, mu gihe abagize Inteko ishinga Amategeko banakomoka mu mashyaka menshi atandukanye batemerewe kwegera abo bayobora muri ibi bibazo. Abashatse gufasha kubushake abo bahagarariye bagiye bafatwa bagafungwa bashinjwe kudakurikiza amategeko agenga COVID19 harimo no kuba bashinjwa kuyikwirakwiza.

Ikigaragara nkuko Speaker Kadaga abivuga, ikibazo ni ugushaka abo bazagerekaho ibi bibazo byabaye agahomamunwa byo kwigwizaho imitungo ya Leta byakozwe na NRM ishyaka rya Museveni bitwaje icyorezo cya COVID19.

2020-05-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Editorial 03 Mar 2025
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Feb 2021
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Editorial 12 Aug 2019
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Editorial 31 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 
Amakuru

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Editorial 23 Sep 2022
Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Editorial 07 Feb 2020
Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR
INKURU NYAMUKURU

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Editorial 24 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru