• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»KWAMAMAZA»Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Ubwanditsi 13 May 2017 KWAMAMAZA

Umuririmbyi Mbonyicyambu Eric uzwi nka Israel Mbonyi wakundiwe gukora indirimbo zikungahaye ku butumwa bwo kuramya no guhimbaza Imana yashyize ahagaragara indirimbo ya mbere mu zigize album agiye gusohora.

Izina Israel Mbonyi si rishya mu matwi ya benshi, cyane ko ibihangano bye byamaze gucengera mu buzima bw’Abanyarwanda bakunda ijambo ry’Imana rinyuze mu ndirimbo. Ibi byagaragariye mu gitaramo cya mbere uyu musore yakoze amurika album ye ya mbere, cyabereye muri Serena Hotel i Kigali, mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama 2015, cyitabirwa n’amagana y’abantu bari bamufitiye amatsiko.

Icyo gihe hari bamwe batahanye agahinda ko kutamubona kubera ubwinshi bw’abitabiriye imyanya igashira n’aho guhagarara, ariko ababashije kwinjira batahanye umutima ukeye n’ibyishimo bidasanzwe ku bwo kubyinana n’uyu muvugabutumwa wamamaza imbaraga za Yesu abinyujije mu mudiho uherekejwe n’amagambo yomora ibikomere ku mitima ya benshi.

Israel Mbonyi nyuma y’igihe acecetse yongeye gukora mu nganzo, ashyira ahagaragara indirimbo nshya yise ’Sinzibagirwa’ yakoze agendeye ku buhamya bw’abantu batandukanye. Avuga ko igaruka cyane ku butumwa buri no muri Zaburi 107 guhera ku murongo wa kane akabuhuza n’ubuzima ndetse n’amateka Abanyarwanda banyuzemo.

-6576.jpg
-6575.jpg

Igitaramo cya mbere Mbonyi yakoreye i Kigali cyanyuze benshi


Indirimbo nshya ya Israel Mbonyi yise ’Sinzibagirwa’

Yagize ati “Sinzibagirwa ni indirimbo ikubiyemo ubuhamya bw’abantu benshi batandukanye […] nabijyanishije n’amateka yacu twanyuzemo nk’abanyarwanda n’abandi bose bafite ubuhamya bwo kuvuga. Abantu benshi iyo bageze mu byiza bakunda kwibagirwa ibyo banyuzemo mbere, iyi ni indirimbo ikangura abantu kutibagirwa ibyo Imana yabakoreye n’aho yabakuye.”

Uyu muhanzi yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi ndirimbo ari imwe zigize album amaze igihe ategura abifashijwemo n’umuhanga mu gucuranga witwa Mihigo Bruce ari na we bari bakoranye mu ndirimbo zose zatumye amenyekana. Uyu musore bakoranye asanzwe anacurangira Korali Hoziyana ya ADEPR Nyarugenge.

Mbonyi yagize ati “Album izaba yitwa ’Intashyo’ izaba igizwe n’indirimbo umunani, ndumva muri Nyakanga zose zizaba zaragiye hanze, hanyuma mu mezi ari imbere Imana nimfasha nkazategura n’igitaramo. Igihe nzayimurikira ntabwo ndagitangaza, ndacyabitekerezaho mbitegura neza.”

Yakomeje avuga ko kugeza ubu indirimbo zigize album ’Intashyo’ zarangiye, ’hasigaye nk’imwe cyangwa ebyiri’ bakirimo kunoza neza.

Ati “Ubutumwa buri kuri iyi album ni ubwo gukomeza abakirisitu n’abandi bantu bose cyane cyane Abanyarwanda. Ndababwira gukomera mu bihe byose ducamo, ni nayo mpamvu nayise ’Intashyo’, ni uko irimo amakuru avuga ubutumwa bw’uko ejo ibihe byiza bigiye kuza kandi Imana ishobora kutugirira neza.”

Ubwo aheruka kumurika album ye, CD y’indirimbo z’uyu muhanzi abafana bayiguze amafaranga akabakaba miliyoni ebyiri ndetse benshi mu bamureze kuva agitangira gucuranga bamugabira inka eshatu bashima ubutumwa atanga binyuze mu bihangano bye.

Mbonyi avuga ko mu mishinga afite Imana nimushoboza azakora n’amashusho y’indirimbo ze, gusa agahamya ko icyo yibandaho cyane ari ubutumwa aba yatanze bwumvikana mu majwi kurusha gukora amashusho ngo yamamare.

2017-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 28 Aug 2024
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe
ITOHOZA

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame  mu gihe nyina afungiwe Jenoside
Mu Mahanga

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2016
Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali
Amakuru

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru