• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Editorial 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana bavuga ko batunguwe n’urwenya rwa Barafinda Fred wagereranyije inkweto ze n’imodoka zihenze, ubwo yabaganaga mu mpera z’icyumweru gishize abasaba kumusinyira ngo abashe kuzuza ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

Barafinda ageze mu baturage bamwe babanje gushidikanya kuko benshi bari bamuzi mu mafoto n’amashusho, ku mbuga nkoranyambaga,… Bamwe bamufata nk’ukoresha iturufu yo gusetsa abaturage kugirango bamusinyire ariko abandi bakabimushimira.

Abatuye mu murenge wa Muhazi bavuga ko uyu Barafinda yahageze ku cyumweru tariki 25 Kamena, maze atangira gusetsa abaturage ngo baryoherwe n’urwenya bamusinyire.

Umwe muri bo aganira n’itangazamakuru, avuga ko yatunguwe n’urwenya rwa Barafinda yifashishaga ashaka abamusinyira.

Agira ati “Ku cyumweru yaje hano ku Agasoko ka Kabare atangira kudusetsa cyane, yakoresheje amagambo asekeje cyane nkaho yavuze ngo ‘njyewe abantu bazi ko nta modoka ngira ariko ndayigira, nubona RITCO, ujye uvuga uti Barafinda imodoka ye irahise, niyo yambaniye nkubu nishyuye 1000 gusa nza hano meze nk’uwicaye mu ndege’, yaranatubwiye ngo inkweto ze n’imodoka, ‘izi nkweto mubona imwe ni Hummer indi ni V8, no mu manegeka ndahagenda n’izi modoka zanjye’ akatwereka inkweto ze”.

Bamwe mu baturage basanga Barafinda umwuga wo gusetsa nawo wa mutunga naho ibyo kuba perezida kuri we byaba ari nk’inzozi.

Ati “Uriya mugabo afite impano yo gusetsa cyane ariko we wenda ntiyari abizi, buriya abigize umwuga nibyo byamufasha kurushaho kuko kuba perezida bisaba kuba ufite abayoboke benshi, niba we bimusaba gusetsa abantu kugirango babashe kumusinyira njye ntabwo namuca intege.

Rwose urwenya rwe twumvise, niba ashaka kumenyekana narwo rwatuma amenyekana ndetse n’amafaranga akayabona kuko twaramubajije ngo ‘ese uzabona ubushobozi bwo kwiyamamaza’ aratubwira ngo ubanza Leta ariyo izatuzana ubwo nibikora nzaza.

Bigaragara ko no kwiyamamaza kwe nabyo ari urwenya, nta mikoro afite yo kwiyamamaza mu gihe umukandida bizwi ko yirwariza mu kwiyamamaza”.

Aganira n’itangazamakuru, Segikuba Fred ahamya ko inkweto ye ari imodoka yo mu bwoko bwa hummer indi ikaba V8, akavuga ko yabitangarije abaturage muri Rwamagana bari bamushagaye ndetse banamwishimiye.

-7140.jpg

Barafinda Sekikubo Fred umunyapolitiki ufite impamvu200

Agira ati “Bakimenya ko mpasesekaye [Rwamagana], baraje baranshimira ni nabwo bambazaba iby’uko ntagira imodoka,… urukweto rwanjye rw’ibumoso ni Hummer yanjye, naho urw’iburyo ni V8 yanjye”.

Arakomeza, ati “urukweto rwanjye ni made in Rwanda rugera aho nshaka hose no mu manega ndahagera nibyo, naho imodoka ya made in Japan aho inkweto yanjye igera ntabwo yahagera”.

Mu gihe byavugwaga ko Barafinda yafashwe na Polisi mu mujyi wa Kigali, ku wa 28 Kamena, nyuma ikaza kumurekura, aya makuru arayanyomoza avuga ko rwose polisi y’igihugu irengena ahubwo ko ayishimira kugira amakenga meza.

Ati “Abantu bari benshi bafite impapuro barimo kunsinyira [mu gace kazwi nka Quartier Matheus no muri gare yo mu Mujyi ], baranshungereye cyane noneho polisi igira amakenga ko baba barimo kunkorera urugomo, rwose polisi ntabwo yigeze ibangamira Segikuba Fred, umukandida wigenga”.

Komisiyo y’igihugu itangaza ko kugeza magingo aya abakandida bemewe by’agateganyo baziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ari babiri.
Segikuba utari muri abo 2, avuga ko yizeye adashidikanya ko ibisabwa abura itariki yatanzwe azaba yabyujuje, akabona uburenganzira bwo kwiyamamaza kandi akegukana intsinzi, ati “Nzatungura Abanyarwanda nsinde amatora mbe perezida w’u Rwanda.

Barafinda Sekikubo Fred ni umugabo w’imyaka 47 y’amavuko, atuye mu Mujyi wa Kigali i Kanombe, ku wa 12 Kamena 2017, nibwo yamenyekanye ubwo yaganiraga n’ibitangazamakuru bitandukanye byamusanze kuri komisiyo y’amatora (NEC), ajyanyeyo kandidatire ye nk’ushaka kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Barafinda aravuga uko yahamagawe na Papa Francis, uko yashimuswe

[ VIDEO 2 ]


2017-06-29
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Editorial 14 Nov 2017
Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Editorial 10 Apr 2020
Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike
Amakuru

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Editorial 09 Aug 2021
Uganda : Imvururu  zishingiye  gushyiraho  Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles  Mumbere atabwa muri yombi
ITOHOZA

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Editorial 28 Nov 2016
Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana
INKURU NYAMUKURU

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Editorial 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru