• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be   |   16 Feb 2026

  • Abarokotse ibitero by’Interahamwe Muhayimana uri kuburanira i Paris batanze ubuhamya   |   16 Feb 2026

  • Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo   |   16 Feb 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi

Joe Blackmore wa Israel Premier Tech yegukanye Tour du Rwanda 2024, Manizabayo Eric aba Umunyarwanda wasoje hafi

Editorial 25 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Gashyantare, ni bwo hakinwe Agace ka Munani ari ko ka nyuma k’irushanwa ry’uyu mwaka, katangirijwe kuri Kigali Convention Centre na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa.

Ni isiganwa ryatangiye abakinnyi bacungana, ariko by’umwihariko Ikipe ya Israel Premier-Tech irimo Joe Blackmore wari wambaye umwenda w’umuhondo igenzura ko bataza kuyitakaza ndetse byasabye ko kabuhariwe Chris Froome yiyoborera igikundi mu gice kinini cyaryo.

Ni isiganwa ryakorewe mu mujyi wa Kigali aho abakinnyi bakoresheje inzira ikurikira:

Bahereye KCC – Gishushu – Nyarutarama – Mu Kabuga – Utexrwa – TV1 – Umuhanda wa Golf – Minagri – Kigali Heights aha bakaba bahakoze incuro ebyiri bahita bakomereza mu bindi bice.

Bamaze gusoza izo ncuro bongeye guhera KCC – Kimicanga – Sopetrad – Peage – City Roundabout – Yamaha – Nyabugogo – Giticyinyoni – Norvège – Mt Kigali – Kigali Pelé Stadium- Nyakabanda – Kwa Mutwe – Onatracom – Gitega – 1930 – CHIC – City Roundabout- Peage – Sopetrad – Medihill – Kimihurura Umuhanda w’amabuye – IFAK – Ku Kabindi basoreza kuri KCC.

Ku ntera ingana na 73,3 Km yakozwe n’abakinnyi 68 bibwo Umwongereza Joe Blackmore ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech yegukanye aka gace ndetse ahita anatwara Tour du Rwanda abaye uwambere ku rutonde rusange.

Ku rutonde rusange, Joe Blackmore yegukanye Tour du Rwanda 2024 akoresheje amasaha 17, iminota 18 n’amasegonda 46, arusha amasegonda 41Ilkhan Dostiyev wa Astana n’amasegonda 43 Jhonatan Restrepo wa Polti-Kometa mu gihe William Junior Lecerf wa Soudal Quick Step Devo Team yasoje arushwa umunota n’amasegonda 25.

Umunyarwanda wasoreje hafi ni Manizabayo Eric (Rwanda) wa 15, arushwa iminota itanu n’amasegonda 13, Masengesho aba uwa 18 naho Mugisha Moise aba uwa 20.

Kuri urwo rutonde kandi yakurikiwe na Ilkhan Dostiyev wa Astana Kazakhstan Devo Team na Jhonatan Restrepo Valencia wa Polti-Kometa.

Muri rusange iri siganwa rya Tour du Rwanda 2024, Ikipe nziza yahembwe na Inyange Industries ni Eritrea.

Umukinnyi muto mwiza wahembwe na Prime Insurance ni Aklilu Arefayne wa Eritrea.

Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers ni Vinzent Dorn ukinira Bike Aid.

Umunyarwanda mwiza wahembwe na Forzza ni Manizabayo Eric wa Team Rwanda.

Umukinnyi wahize abandi mu kuzamuka wahembwe na FERWACY ni Pierre Latour wa TotalEnergies.

Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express niMunyaneza Didier wa Team Rwanda.

Umunyafurika muto mwiza wahembwe na MTN: Aklilu Arefayne w’ikipe y’igihugu ya Eritrea.

Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir ni Yemane Dawit wa Bike Aid.

Umunyarwanda muto mwiza wahembwe na Ingufu Gin Ltd ni Masengesho Vainqueur wa Team Rwanda.

Umukinnyi wahize abandi muri Sprint wahembwe na SP ni Nsengiyumva Shemu wa May Stars.

Umukinnyi wegukanye Agace ka Munani wahembwe na Amstel ni Joe Blackmore wa Israel Premier Tech.

2024-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Editorial 01 Nov 2017
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Editorial 08 Aug 2021
Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Editorial 30 Sep 2021
Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Editorial 31 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Editorial 01 Feb 2022
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Editorial 13 Sep 2021
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano
Amakuru

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Editorial 20 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru