• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Editorial 21 Jun 2017 ITOHOZA

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi Karuranga Emmanuel yemeje ko Udahemuka Aimable wari Meya wa Kamonyi yamaze kubashyikiriza ibaruwa y’ubwegure bwe asobanura ko nubundi bendaga kumweguza kubera imyitwarire ye idahwitse mu kazi no hanze y’akazi.

Kuri uyu wa 20 Kamena nibwo amakuru yasakaye avuga ko Udahemuka Aimable wari Meya w’akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye ariko Udahemuka we ntiyahise yemera ko ayo makuru ari impamo.

Perezida wa Njyanama Karuranga Emmanuel yemeje ko Njyanama yamaze kwakira ibaruwa y’ubwegure bwa Udahemuka avuga ko nubundi yabikoze nyuma yo kubona ko Njyanama yari iri hafi kumweguza kuko ngo atajyaga ashyira mu bikorwa ibyemezo bya Njyanama kandi akanarangwa n’imyitwarire idakwiye umuyobozi.

Karuranga Emmanuel aaganira na RBA yagize ati: “Ni byo yeguye, yanditse asaba kwegura ariko byatewe nuko n’ubundiyari azi yuko twendaga kumukuraho kubera impamvu zitandukanye, iya mbere ni uko yari amaze inshuro ebyiri ataboneka mu nama njyanama ariko akaba atashyiraga mu bikorwa ibyemezo bya njyanama.”

Karuranga yakomeje agira ati: “Ibyo rero byiyongeraga no kumyitwarire itari myiza yari amaze kugaragaza hano hanze, ubwo rero kuko yari abizi ko ibyongibyo bihari yanditse yegura.”

Perezida wa Njyanama avuga ko Udahemuka yagiye kenshi agirwa inama n’abo bakorana ariko akanga kuzikurikiza ndetse akanga no kwitabira inama njyanama inshuro nyinshi.

Ati: “Inshuro nyinshi abayobozi batandukanye uretse na njye baraganiriye kandi banamugiriye inama cyane cyane kuri ibyo bijyanye n’imyitwarire.”

-7025.jpg

Udahemuka Aimable

Perezida wa Njyanama yavuze ko Njyanama iziga ku bwegure bwa Udahemuka ikabufataho umwanzuro hanyuma mu gihe hataraboneka undi Meya wa Kamonyi, Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu ni we uzaba akora imirimo Meya yakoraga.

2017-06-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Editorial 04 May 2024
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Apr 2019
Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Editorial 06 May 2019
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera
Mu Rwanda

2020 ntizarenga u Rwanda rutarubaka ahabera imurikagurisha mpuzamahanga-Robert Bapfakurera

Editorial 23 Feb 2018
Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Editorial 17 Mar 2018
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru