• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Editorial 03 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Kanyankore Alex wahoze ayobora Banki y’Igihugu Itsura Amajyambere, akurikiranyweho ibyaha birimo itonesha.

Mu butumwa RIB yashyize ku rukuta rwayo rwa Twitter, bugira buti “ Uwahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambere (BRD) Kanyankore Alex yatawe muri yombi kubera ibyaha akekwaho by’itonesha no kwakira impano kugira ngo atange serivisi mu gihe yari umuyobozi wa BRD.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, Mbabazi Modeste, yabwiye itangazamakuru  ko Kanyankole yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Ukwakira.

Yanemeje kandi ko uyu mugabo kuva yava ku buyobozi bwa BRD yitabaga ubugenzacyaha mu iperereza kuri ibi byaha akekwaho.

Kanyankole yavuye ku buyobozi bwa BRD mu Ukuboza 2017 nyuma y’imyaka ine ari umuyobozi.

Muri icyo gihe ni nabwo yaje kugabanywamo kabiri, igice cyayo cy’ubucuruzi (BRD Commercial Bank) kikagurwa na Atlas Mara, gihuzwa na Banki y’Abaturage y’u Rwanda.

Ku buyobozi bwe Kanyankole kandi iyi banki yubatse gahunda y’ibikorwa ya 2016-2020, ari nabwo guverinoma yayeguriye inshingano zo gutanga no gukurikirana inguzanyo ihabwa abanyeshuri biga muri kaminuza za leta, iyo bamwe bazi nka buruse.

Mbere yo kujya muri BRD, Kanyankole yabanje kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, NAEB (2011- 2013), mbere akaba yarayoboraga ikigo gishinzwe Kawa, OCIR-CAFE (2008 -2011) mu gihe mbere yaho yayoboye OCIR-THE (2005-2008).

BRD ni banki ya leta yashinzwe muri Kanama 1967 nubwo yahawe ibyangombwa bitangwa na Banki Nkuru y’u Rwanda muri Kanama 2009. Ifite imari shingiro igera kuri miliyari 7.8Frw.

BRD ifitwemo imigabane n’inzego zitandukanye zirimo Guverinoma y’u Rwanda, Ibigo bya leta (Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize, RSSB na NAEB), inzego zigenga n’abantu ku giti cyabo. Harimo kandi n’inzego z’abanyamahanga barimo na Guverinoma y’u Bubiligi.

2018-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Editorial 10 Apr 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Editorial 05 May 2020
Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Editorial 22 Jul 2018
Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Editorial 26 Dec 2017

Igitekerezo kimwe

  1. humura
    October 4, 20187:04 am -

    nakurikiranwe nahamwa nibyaha akekwaho abihanirwe kuko kugirango igihugu cyacu kigume gutera imbere ntagutoneshwa kugomba kugaragara mukazi ndetse nomumitangire ya sirevice

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Editorial 16 Dec 2019
Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza
Amakuru

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Editorial 16 Feb 2022
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994
ITOHOZA

Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Editorial 27 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru