• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Editorial 23 Jan 2017 Mu Rwanda

Komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia gufata imyanzuro ku inozwa ry’akazi k’ubunyamabanga bwayo bufite icyicaro muri iki gihugu.

Kuva taliki ya 15 kugeza 18 Mutarama 2017, Inama nyobozi ya komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika (Committee of Intelligence and Security Services of Africa/CISSA) yahuriye Addis Ababa mu nama yo gufata ingamba ku buryo bwo kunganira komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AUC) mu gufata imyanzuro iboneye kandi ishingiye ku gusangira amakuru yapererejwe ku mbogamizi umugabane wa Afurika ugenda uhura nazo.

Nkuko itangazo ku banyamakuru rya CISSA ribivuga, taliki ya 17 Mutarama 2017, CISSA ubu iyobowe na Brig Gen Nzabamwita Joseph, Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe iperereza n’umutekano (NISS) ari kumwe n’abagize inama nyobozi (Troika) baturuka muri Equatorial Guinea (uwo yasimbuye), Nigeria (uzamusimbura), umunyamabanga nshingwabikorwa wa CISSA; 13 bagize inama nyobozi aho buri gice (region) cya Afurika gihagarariwe na babiri bamenyesheje akanama k’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (African union Peace and Security Council/AUPSC) ku ngingo ivuga: “ ibyagezweho vuba mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba n’ingaruka zaryo muri Afurika”

-5436.jpg

Abagize Inama Nyobozi ya Komite y’inzego z’iperereza n’umutekano muri Afurika

Akanama ka CISSA kandi kamenyesheje AUPSC ibyo mu gihe kizaza CISSA izatanga mu kurwanya imbogamizi z’umutekano n’amakimbirane birangwa ku mugabane. Ikiganiro cyabaye icyambere cyitabiriwe n’abayobozi bose bagize akanama nyobozi ka CISSA. AUPSC yasabye ko CISSA yajya ibamenyesha amakuru yari akubiye mu kiganiro nkicyatanzwe byibura inshuro ebyiri ku mwaka.

CISSA ntabwo yagiye igira inama gusa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika ku bibazo by’umutekano n’amakimbirane arangwa ku mugabane w’Afurika ahubwo yanabaye ku isonga mu kurwanya ba gashakabuhake n’ibihano bifatirwa leta zo muri Afurika bifashwe n’ibihugu by’iburayi n’Amerika.

Ku isonga hagaragajwe ikibazo cy’ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake wahoze ayobora NISS aho komisiyo y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika yagaragaje kutabyemera cyane arinabyo byaje kotsa igitutu leta y’ubwongereza ikamurekura. Ingamba za CISSA zo kudahwema kurwanya ibihano k’icuruzwa n’ubukungu bwa Zimbabwe na Sudan nabyo byatumye leta zunze ubumwe bw’Amerika bakuraho bimwe mu bihano byari byarafatiwe igihugu cya Zimbabwe.

-5435.jpg

Brig Gen Nzabamwita Joseph, Umunyamabanga Mukuru wa NISS

Abakuru b’ibihugu mu muryango w’ubumwe bwa Afurika bagize igitekerezo cyo gushyiraho CISSA bakomeje gushyigikira no gukomeza uru rwego. Nyuma yaho leta ya Ethiopia itangiye inkunga y’ikibanza kizubakwamo inyubako ya CISSA hafi yiy’umuryango w’ubumwe bw’Afurika, leta ya Equatorial Guinea nayo yatanze inkunga yo kubaka icyo cyicaro gikuru cya CISSA. Ibirori byo byo gushyira ibuye fatizo aho izubakwa iteganijwe taliki ya 31 Mutarama 2017 ubwo inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bwa Afurika izaba iteraniye muri Ethiopia.

Abayobozi benshi muri Afurika bategerejwe muri iyo nama, muribo harimo ba Perezida b’ibihugu nk’u Rwanda, Equatorial Guinea na Ministiri w’intebe wa Ethiopia bitezwe kuzitabira icyo gikorwa.

Muri Kanama 2016, U Rwanda rwakiriye inama ya 13 yahuje abayobozi ba Komite y’’Inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika, CISSA, biga ku “guhangana n’ubwiyongere bw’ikoreshwa nabi ry’ubucamanza mpuzamahanga bigirirwa Afurika.”

CISSA ifunguye ku bihugu byose bigize AU, ariko ubu igizwe n’Inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu zo mu bihugu 51, Ubunyamabanga Bukuru bwayo bugakorera Addis Ababa, Ethiopia.

Cyiza D.

2017-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Editorial 04 Apr 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Editorial 18 Jan 2016
Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Editorial 15 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Editorial 20 Aug 2017
Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Editorial 04 Apr 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Editorial 18 Jan 2016
Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Editorial 15 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Editorial 20 Aug 2017
Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Editorial 04 Apr 2017
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Editorial 18 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru