• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Editorial 20 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Guhera tariki ya 21 kugeza kuya 28 Gicurasi 2022, mu Rwanda hateganyijwe irushanwa rigomba guhuza amakipe 8 yitwaye neza ku mugabane wa Afurika mu ijonjora ryabanje mu mukino w’intoki wa Basketball, kuri uuyu munsi amakipe yose yamaze kugera mu rwa Gasabo.

Imikino ya nyuma y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ihuza amakipe yitwaye neza kuri uyu mugabane wa Afurika ku bufatanye na NBA mu rwego rwo kuzamura umukino w’intoki wa Basketball ku bakinnyi bakomoka kuri uyu mugabane.

Iri rushanwa rigiye kuba ku ncuro ya kabiri rikabera ku butaka bw’u Rwanda rirahuza amakipe yabonye itike mu mezi make ashize ubwo hakinwe imikino mu bice bibiri bitandukanye, aha twavuga amakipe yabonye itike anyuze mu cyiswe Nile Conference na Sahara Conference.

Muri buri gice hasohotse amakipe ane ya mbere yari yitwaye, duhereye muri Nile Conference amakipe yabonye itike ni REG BBC (Rwanda), US Monastir (Tunisia), AS Sale (Morocco) na Seydou Legacy Athlétique Club izwi nka SLAC (Guinee Conackry).


Muri Sahara Conference, amakipe yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma ni Zamalek SC (Egypt), Petro de Luanda (Angola), Cape Town Tigers (Afrika y’Epfo) na Forces Armées et Police Basketball izwi nka FAP yo muri Cameroon.

Aya makipe yose uko ari umunani agiye gukina imikino ya 1/4 cy’irangiza muri iri rushanwa rya BAL 2022, iyi mikino yose ikazajya ikinirwa mu nyubako ya Kigali Arena igiye kwakira iyi mikino ku ncuro ya kabiri yikurikiranya kuko iri rushanwa rya BAL riheruka naryo ryabereye mu Rwanda mu mwaka ushize wa 2021.

Uko imikino iteganyijwe uhereye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2022, ikazajya ikinwa guhera ku isaha ya Saa munani n’igice ndetse no ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bitaganyijwe ko mu munsi umwe hazajya hakinwa imikino ibiri.

Umukino wa mbere uzabanziriza indi ni uzahuza ikipe ya AS Salé yo muri Maroc ikazakina na Petro de Luanda yo muri Angola guhera ku isaha ya Saa munani n’igice, uyu uzakurikirwa n’umukino uzahuza ikipe ya FAP yo muri Cameroon na REG BBC yo mu Rwanda.

Indi mikino ya 1/4 izaba ku munsi wo ku cyumweru aho ku isaha ya saa munani n’igice hazakina ikipe ya Cape Town Tigers yo muri Afrika y’Epfo) izahura na US Monastir yo muri Tunisia, ku isaha ya saa kumi n’Ebyiri hazakina S.A.L.A Basketball Club yo muri Guinea na Zamalek yo mu misiri.

Indi mikino ya kimwe cya kabiri yo biteganyijwe ko izakinwa tariki ya 25 Gicurasi, uwo guhatanira umwanya wa gatatu uri ku itariki ya 27 naho umukino wa nyuma uzakinwa ku itariki ya 28 Gicurasi 2022.
Ibyo abantu bamenya kuri iri rushanwa rya BAL 2022 rizama icyumweru kimwe rikinirwa mu nyubako ya Kigali Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 10.

1. Inyubako ya Kigali Arena igiye kongera kwakira abantu mu buryo bwuzuye :

Kuva mu mwaka wa 2020 ubwo isi yose yari yibasiwe n’icyorezo cya Koronavirusi, nyuma yaho ibikorwa bya Siporo byarafunzwe gusa bifunguriwe inyubako ya Kigali Arena ntabwo yemererwaga kwakira abantu mu buryo imyanya yose yateganyijwe yabakira 100%, nyuma yaho igenjeje make kuri unu iyi nyubako izakira abantu bahwanye n’imyanya irimo.

Mu busanzwe inyubako ya Kigali Arena iteganyijwe kwakira abantu 10 000 bicaye neza, aba bakaba bazatangira gukoresha iyi nyubako mu mikino ya Basketball Africa League igomba gutangira kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Gicurasi 2022.

2. Abantu bikingije mu buryo bwuzuye nibo bazitabira imikino ya BAL:

Nk’uko byatangajwe ndetse binagaragara mu nkuru ya The New TImes, ni uko abantu bazitabira imikino itandukanye izabera muri Kigali bagomba kuba barikingije Koronavirusi mu buryo bwuzuye ndetse kandi abantu bagomba kuzaba bambaye neza agapfukamunwa.

3. Abahanzi Nyarwanda nibo bazasusurutsa abazitabira iyi mikino:

Uhereye muri iki cyumweru nibwo hatangajwe abahanzi ndetse n’abandi bazasusurutsa abazitabira ibirori bya BAL, kugeza ubu nkuko byemejwe muri rusange ni uko ari abahanzi nyarwanda gusa bazifashishwa.

Aha twavuga mu bahanzi bazitabira ibi bitaramo harimo Bushali, Mike Kayihura, Ish Kevin, Mashirika ndetse na Ruti Joel.

Mu ba DJ’s batumiwe ndetse bazagaragara bashyushya abantu ni DJ Toxxyc, Makeda Mahadeo ndetse na DJ Marnaud.

4. Abafana bazitabira iyi mikino bateguriwe aho bazidagadurira hanze ya Kigali Arena:

Abategura iri rushanwa rya BAL 2022, batangaje ko hari ahantu hateguriwe abantu bazitabira iyi mikino mu rwego rwo kwishimira iyi mikino ndetse no kwidagadura muri rusange, aha kandi biteganyijwe ko aho abantu bazajya babarizwa ni hanze y’iyi nyubako.

Nkuko bigaragara ni uko aho abazaba bitabiriye iyi mikino bazabasha gukurikirana umuziki mbereho amasaha 3 y’uko umukino utangira ndetse na nyuma y’isaha imwe imikino irangiye abantu bakazabasha gukurikirana abo bahanzi mu buryo bwateguwe.

2022-05-20
Editorial

IZINDI NKURU

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Editorial 22 Apr 2021
Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Editorial 08 Jul 2021
Mbarushimana Abdou yongerewe amasezerano yo gutoza Bugesera FC kugeza mu mwaka wa 2024.

Mbarushimana Abdou yongerewe amasezerano yo gutoza Bugesera FC kugeza mu mwaka wa 2024.

Editorial 03 Jun 2021
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

David Himbara mu mazi abira
ITOHOZA

David Himbara mu mazi abira

Editorial 02 Jun 2016
APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara
Amakuru

APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara

Editorial 23 Jan 2025
’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi
INKURU NYAMUKURU

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Editorial 14 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru