• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Editorial 04 Aug 2016 IMIKINO

Kwizera Olivier wahoze ari umunyezamu mu ikipe ya APR FC yamaze gusezererwa ku mugaragaro nyuma yaho hari hamaze iminsi uyu mukinnyi yarangiwe gukora imyitozo ubwo yari amaze kubura ibyangombwa bimujyana muri Afurika y’Epfo.

Kwizera wari usigaje amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe ya gisirikare, yahawe ibaruwa imusezerera muri APR FC hatitawe ku kuba yari agifitemo amasezerano nk’uko Kazungu Claver uvugira iyi kipe yabitangarije Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru.

“Nta kindi kuko yamaze guhabwa uburenganzira bwo kujya mu ikipe ashaka mu gihe cy’umwaka umwe.Yari asigaje umwaka umwe muri APR. APR rero kuko yashatse umuzamu Mvuyekure Emery kuko bari bazi ko azajya(Kwizera) muri Afurika y’Epfo, ubwo rero yamuhaye uburenganzira, yajya muri Afurika y’Epfo, yajya mu ikipe iyo ariyo yose yindi ni uburenganzira bwe.

urenze umwe bigendanye n’amasezerano APR FC ifitanye na Vision FC kuko nioiyo yamutije muri APR FC.

-3495.jpg

Kwizera Olivier usanzwe ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi

-3496.jpg

Yabisonuye agira ati”Nuko yari asigaje umwaka umwe muri APR kubera ko umukinyi w’umutizanyo (Umukinnyi APR FC yatijwe na Vision FC), buri uko yongereye amasezerano rero APR FC igomba kuvugana na Vision , ntabwo rero yamurekura mu gihe yajya mu ikipe yindi gusinyamo imyaka myinshi kandi Vision ariyo imufiteho uburenganzira.Ni ukuvuga ngo igihe APR yari imufite umwaka umwe, ikipe ajyamo arayisinyamo umwaka umwe, nyuma y’umwaka umwe bazasubiremo amasezerano na Vision cyangwa bikorwe ibizi(Vision)”.

Kazungu Claver akomeza avuga ko ikipe yose yagura Kwizera Olivier nta kintu APR FC yasaba kuko icyo bashaka nuko atasinya umwaka umwe mu yindi kipe naho ubundi ngo ajye mu ikipe ashaka, imuhembe umushahara ashaka.

Kwizera Olivier we avuga ko agifite ikizere cyo kwerecyeza muri Afurika y’Epfo mu kwezi kwa Mutarama 2017 ubwo ABSA Premier League shampiyona y’iki gihugu izaba yemerera amakipe kongera kugura abakinnyi kuko kugeza magingo aya isoko rirafunze.

Gusa amakipe yo mu Rwanda arimo Kiyovu Sport na Police FC akomeje kwifuza uyu musore nubwo amakipe yombi nta nimwe irerura ngo itangaze aya makuru.

2016-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Editorial 10 Oct 2021
FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

Editorial 11 Jan 2022
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022
Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Mugisha Gilbert wa APR FC yanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere muri Stade Amahoro ivuguruye

Editorial 02 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger
IMIKINO

CHAN 2016: Nigeria yanyagiye Niger

Editorial 19 Jan 2016
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13
Amakuru

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Editorial 03 Mar 2023
Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari
Amakuru

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Editorial 09 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru