• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu

Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu

Ubwanditsi 19 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu kubera amakosa akomeye bakoze mu kazi.

Kuri uyu wa Kane nibwo hasohotse iteka rya Minisitiri ryirukana Ayinkamiye Febronie, Mutesa Epimaque, Nyirimbibi Juvénal, Mutunzi Alexis, Sebahire Roger David na Muhire Michel ku murimo w’abahesha b’inkiko.

Ntihasobanuwe amakosa akomeye bakoze ariko nka Nyirimbibi Juvénal yatawe muri yombi mu kwezi gushize akekwaho ubwambuzi bushukana.

Bivuze ko abahesha b’inkiko birukanywe nta handi bashobora guhabwa umurimo ujyanye n’urwego rw’ubutabera mu Rwanda.

Ingingo ya 46 y’ itegeko N° 12/2013 ryo ku wa 22/03/2013 rigenga umurimo w’Abahesha b’Inkiko mu Rwanda rivuga ko impamvu zituma umuhesha w’inkiko w’umwuga ahagarikwa cyangwa yirukanwa burundu harimo guteza cyamunara mu buryo bunyuranyije n’amategeko ibyo yafatiriye; kwaka cyangwa kurya ruswa; kurigisa ibyo yafatiriye cyangwa icyatanzweho ubwishyu.

Ashobora kwirukanwa kandi kubera ko yakatiwe burundu igihano cy’igifungo kingana cyangwa kirengeje amezi atandatu, amakosa akomeye yakora mu mwuga bitewe n’imyitwarire mibi; gukoresha uburiganya kugira ngo agirwe umuhesha w’inkiko w’umwuga no kurangwa n’ivangura mu mirimo ye.

Muri Gicurasi uyu mwaka ubwo Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yahuraga n’abahesha b’inkiko b’umwuga, yavuze ko abagikoresha nabi inshingano zabo byanze bikunze bizabagiraho ingaruka.

Yagize ati “Hari abakoresha nabi inshingano zabo iyo barimo gushyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko, bake cyane mukiri muri iyo ngeso irabasiga i Mageragere […] Bake cyane bigize inzuki bazahura n’umuriro.’’

Busingye yakomeje avuga ko abo bitwara nabi banduza isura y’umwuga wabo.

Yagize ati “Umuhesha w’inkiko umwe wakoze akazi nabi, wagashyizemo ingeso mbi, warengereye amategeko, wakoze ikintu kidusaba kwisobanura, yanduza isura yanyu mwese uko muri aha […] Uzabeshyerwa yakoze igikorwa cye akurikije amategeko ndamubwira ko inzego zose zizamushyigikira.’’

Mu Rwanda hari Abahesha b’Inkiko b’umwuga basaga 400; abatari ab’umwuga ni 2627 barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Uturere 30, Ab’Imirenge 416, Ab’Utugari 2147 na batatu bo muri Minisiteri y’Ubutabera, umwe wo ku Rwego rw’Umuvunyi ndetse n’abo muri MAJ 30.

2018-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Ubwanditsi 29 Mar 2020
RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3

RDC: Abarwanyi 3 ba FDLR bafatiwe mu mirwano yabahuje na FARDC habohozwa n’imbohe 3

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]

Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump
POLITIKI

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Ubwanditsi 31 Aug 2016
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Ubwanditsi 02 May 2018
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be
Amakuru

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru