• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Ubwanditsi 04 Feb 2017 ITOHOZA

Philippe Mpayimana ni umwe mubanyarwanda bamaze kwemeza ko bashaka kuziyamamariza kuyobora u Rwanda hashize iminsi mike ageze mu Rwanda gutangira gahunda zo kwiyandikisha kugira ngo aziyamamarize kuyobora igihugu.

Kuza kwiyamamaza ubwabyo si ikibazo ndetse si n’ igitangaza kuko ni uburenganzira bwe busesuye igihe cyose yujuje ibisabwa n’itegekonshinga ,Philippe Mpayimana, ubusanzwe avuga ko aba mu Bufaransa, akagenda kenshi mugihugu cy’u Rwanda.

Kuri ubu Mpayimana amaze gutangaza ko na we aziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Kanama 2017.

Mpayimana ni muntu ki ?

Philippe Mpayimana w’imyaka 46 y’amavuko, avuga ko yubatse akaba afite umugore n’abana bane. Yize amashuri yisumbuye i Save, yiga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Mpayimana yabaye muri Congo 1996-97,akaba yarakoreye Radio Agatashya ya koreraga i Bukavu no mu nkampi z’ impunzi z’Abahutu bari bahungiye muri Congo. Aho yavuye ajya muri Camerouni mu Bufaransa no mu Bubiligi.

Mpayimana yanditse Igitabo k’ubuyobozi bushya bw’u Rwanda

-5590.jpg

Aha Mpayimana yanditse iki gitabo ari mu Bufaransa yerekana ukuntu ngo hari abanyarwanda bahunga ngo baticwa n’ubutegetsi bwa gisilikare buyobowe na APR.

Ikindi avuga muri icyo gitabo ngo ” Abahutu bakomeje guhigwa mu gihugu cya congo kandi abenshi muribo hashize imyaka 2, habaye jenoside 1994, yakozwe n’ubutegetsi bwa habyarimana ati : Abahutu bakomeza kwicwa baba abakoze jenoside n’abatayikoze, abapfa bose harimo abakuze, abana n’abantu bakuze cyane.kandi abo bose bicwa na Paul Kagame yahoze ari visi perezida ubu akaba ariwe perezida “. Ushishoje neza izi nyandiko za Mpayimana usanga zipfobya zikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aho ashinja umukuru w’igihugu n’ ingabo zayihagaritse kwica abanyarwanda muri Congo no mu Rwanda.

Mpayimana afite Kampani mu Rwanda yitwa “Ishya ni ihirwe “ltd,yakunze kubona amasoko mu Rwanda mu buryo budasobanutse , muri iyi Kampani ye akoresha abantu batazwi kandi bakorana na bamwe mu bayobozi bari mu Rwanda.

-5591.jpg

Mpayimana Phillippe

Mpayimana abeshya ko aba mu Bufaransa nyamara akunze kuza mu Rwanda gupiganirwa amasoko ya Leta, kuko no mukwezi kwa 12/2016 yari mu Rwanda aho yarimo gushaka abanyamakuru ngo amurike icyo gitabo ke akaba afite bamwe mu banyamakuru yifashisha mu gukwiza bene ibi bihuha.

-5592.jpg

Mpayimana n’umuryango we

Cyiza Davidson

2017-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Ubwanditsi 20 Aug 2018
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.
Mu Rwanda

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Twagiramungu afite ihungabana [trauma]
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Rubavu: ADEPR yiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha
Amakuru

Rubavu: ADEPR yiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 15 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru