• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Mar 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubu bukangurambaga bwiswe ”u Rwanda rwagutwaye iki?”( qu’est-ce que le Rwanda t’a fait?) bwatangijwe na“Programme Multisectoriel de Vulgarisation et de Sensibilisation, PMVS”, Ishyirahamwe Mberabyombi rikora Ubukangurambaga mu Nzego Zinyuranye. PMVS igizwe ahanini n’urubyiruko ruharanira kubaka Kongo ivuguruye, igendera ku miyoborere myiza, kandi ibanye neza n’ibindi bihugu byo mu karere.

Ubwo  mu mpera z’icyumweru gishize intumwa zayo zakirwaga na Ambasaderi w’u Rwanda I Kinshasa, Vincent Karega  Umuyobozi wa PMVS, Ludovic KALENGAYI , yatangaje ko mu gutangiza iyi gahunda yo kubaka ubusabane hagati y’Abanyekongo n’Abanyarwanda,ngo bari bamaze kubona ko intambara zibasiye aka karere k’ibiyaga Bigari, cyane cyane Kongo, zakuruye urwikekwe,maze ubuvandimwe hagati y’abaturanyi burahazaharira. Intego rero ngo ni ukumvisha Abanyekongo ko nta kintu na kimwe bakwiye gupfa n’Abanyarwanda, ko ahubwo basangiye byinshi byabateza imbere.

Ubu hirya no hino mu mijyi minini ya RDC harakorwa ibiganiro, haba mu bitangazamakuru, mu matorero n’amadini no mu nama zihuza abantu benshi, byose bigamije kwerekana icyo abanyekongo bapfana kurusha icyo bapfa, Iki gitekerezo cyanashimwe kandi gishyigikirwa n’ubutegetsi bwa Kongo, busanga hageze ngo  ibyo kurebana ay’ingwe hagati y’Abanyekongo n’Abanyarwanda birangire, bagasabwa kwima amatwi abanyapolitiki babi babateranya.

Kuva Interahamwe zatangira guhungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo muw’1994 na nyuma yaho, ndetse muri icyo gihugu hakagenda harushaho kuba indiri y’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umubaho hagati y’ibi bihugu wabaye mubi cyane, kugeza n’ubwo mu myaka yashize u Rwanda rufata icyemezo cyo kohereza muri Kongo ingabo zo abo bagizi ba nabi, byagaragaraga ko bakingirwa ikibaba na  Perezida Laurent Désiré Kabila, kimwe n’umuhungu we wamusimbuye, Joseph Kabila Kabange.

Ibirego by’ibinyoma byabaye byinshi, bishinja u Rwanda kugirira nabi abaturage ba Kongo. Icyiza ariko ni uko ibyegeranyo byinshi byabaye imfabusa, kuko byagaragaraga ko ari umugambi mubisha wo kwangiza isura y’u Rwanda, bikozwe n’abasanzwe banga u Rwanda n’abayobozi barwo, wagenzura neza ugasanga bafite aho bahuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Guteranya u Rwanda na Kongo kandi  ba rusaruriramunduru babifitemo inyungu, ari nabo bakomeje kwenyegeza urwango hagati y’ibihugu by’abavandimwe. Uko ibihe byagiye bisimburana ariko, ukuri kwagiye kwigaragaza, kugeza aho zihinduriye imirishyo muri Kongo, ubutegetsi bukajya mu biganza by’abafite ubushake bwo kubana neza n’abaturanyi. Kuva  aho Perezida Félix Tshisekedi atsindiye amatora y’ Umukuru w’Igihugu, umubano hagati ya Kongo n’uRwanda ukomeje kuba mwiza, ndetse bitera ishyari rikomeye ba bandi bakunda “byacitse”, inzira banyuramo basahura icyo gihugu gikungahaye ku mutungo kamere. Ubu ibihugu byombi birajya inama uko byahashya burundu FDLR/FOCA, FLN n’indi mitwe y’iterabwoba, kandi imaze gushegeshwa bifatika.

Abasesenguzi barasanga ntako bisa kuba hari gahunda zinyuranye zo kubanisha neza u Rwanda na Kongo, bikarushaho gutanga icyizere kuba abaturage babigiramo uruhare. Uretse PMVS ubu iri mu bukangurambaga bwashimwe na benshi, hari haherutse no kuvuka ishyirahamwe ryitiriwe Perezida w’u Rwanda,Paul Kagame, ”Génération Paul Kagame”, rikaba riharanira gushyira mu bikorwa indangagaciro nzima bigiye kuri Perezida Kagame, zirimo ubworoherane, gukorera mu mucyo, kureba kure no kugira intumbero ifatika. Iyi nayo ni gahunda nzima, yerekeza umubano w’ibihugu byombi ahababaza abanzi!

2021-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!

Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!

Ubwanditsi 30 Oct 2020
Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026

Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 20 Aug 2026
Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Ubwanditsi 25 Feb 2023
Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika
ITOHOZA

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018
APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru