• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Editorial 26 May 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame na Museveni wa Uganda bahuriye mu muhango wo kurahira kwa perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye.

Mu mafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga,hagaragaye imwe perezida Kagame yicaranye na Museveni wa Uganda bari kuganira nyuma y’aho umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo agatotsi bitewe n’uko Museveni ashinjwa gufasha bamwe mu bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mu mpera z’umwaka ushize,abanyarwanda babaga muri Uganda bakorewe iyicarubozo,bamwe bafungirwa muri gereza zitazwi,abandi bangizwa n’abashinzwe umutekano ba Uganda,ibintu byababaje u Rwanda cyane,bitera umwuka mubi ndetse n’abanyarwanda bagirwa inama yo kudasubira muri Uganda.

Uganda yashinje u Rwanda ko rwafunze umupaka wa Gatuna bigatuma abashoramari bayo bahomba gusa Leta y’ u Rwanda yasobanuye ko uwo mupaka utafunzwe ahubwo ari imirimo yo kuwagura yatumye amakamyo yawifashishaga ahindurirwa icyerekezo.

Nyuma y’ibyo byose aba bakuru b’ibihugu bahuriye muri Afurika y’Epfo uyu munsi taliki ya 25 Gicurasi 2019,mu irahira rya perezida Cyril Ramaphosa,bicara ku ntebe zegeranye byatumye benshi bemeza ko wenda bashobora kugirana ibiganiro byatuma umubano w’ibihugu byombi wongera kuba mwiza.

Umuhango w’irahira rya Perezida Cyril Ramaphosa wabereye muri stade yitwa Loftus Versfeld mu mujyi wa Pretoria, witabirwa n’ abantu ibihumbi 32 barimo abakuru b’ ibihugu 40.

Umunyamabanga wa Museveni,Lindah Nabusayi yashyize iyi foto ku mbuga ze arangije yandikaho ati “Reka amahoro aganze”.

Biravugwa ko uku kwicara kw’aba bakuru b’ibihugu bombi byateguwe na Leta ya Pretoria mu buryo bwo kugira ngo baganire.








2019-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Editorial 25 Dec 2017
Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Editorial 14 Feb 2020
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Editorial 19 Mar 2016
Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Editorial 25 Dec 2017
Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Editorial 14 Feb 2020
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Editorial 19 Mar 2016
Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Editorial 25 Dec 2017
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 26, 20196:40 pm -

    Hahahaha, ukuntu Rushyashya ihora ituka M7 noneho yemeye ko ari umuvandimwe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu
POLITIKI

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu

Editorial 13 Jan 2019
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu
HIRYA NO HINO

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Editorial 15 Jul 2019
Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru