• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Editorial 28 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Gashyantare 2022, nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Etoile de l’Est yatangaje ko yamaze gutandukana n’uwari umutoza wayo wungirije, ni nyuma yahi iyi kipe yatsinzwe na Etincelles FC ibitego bitatu ku busa mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona.

Ibyo gutandukana n’umutoza wungirije kuri Etoile de l’Est byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe babinyujije ku rubuga rwabo rwa Twitter, aha bagize bati”Turamenyesha abakunzi n’abanyamuryango ba Etoile de l’Est ko twatandukanye n’uwari umutoza wacu wungirije witwa Banamwana Camarade Issa nyuma yo gusesa amasezerano kubwumvikane.”

Iyi kipe isanzwe ibarizwa mu karere ka Ngoma ko mu ntara y’i Burasizuba bijeje abakunzi bayo ko harimo gushakishwa icyatuma iyi kipe iri ku mwanya wa 14 n’amanota 17 yazakomeza kwitwara neza ikabona umusaruro mwiza.

Bati “Ubuyobozi bwa Etoile de l’Est burizeza abakunzi b’ikipe ko burimo gushaka icyatuma ikipe itsinda cyose, ntarirarenga tuzagera ku ntego zacu twiyemeje uyu mwaka. Turashimira abakomeje kuba hafi y’ikipe Kandi turabizeza kugumisha ikipe mu kiciro cya mbere”.

Umutoza Banamwana Camarade asezerewe nyuma y’uko yari yafashije iyi kipe kuyizamura mu kiciro cya mbere ndetse akabasha no kuyitoza mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda, mu mikino 15 y’igice kibanza akaba yarayifashije kugira amanota 16.

Uyu mutoza yageze muri iyi kipe tariki ya 24 Kanama 2021 , icyo gihe akaba yari yasabwe kuzamura iyi Kipe ibarizwa mu Ntara y’Iburasirazuba, mu Karere ka Ngoma.

Etoile de l’Est isheshe aya masezerano n’umutoza wungirije ariko ikipe ikaba igomba gukomezanya n’umutoza mukuru wayo Addy Bukaraba wayigezemo tariki ya 14 Gashyantare 2022.

Kugeza ubu nyuma y’iminsi 19 ya shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa Etoile de l’Eest ifite amanota 17, muri iyo mikino ya shampiyona iyi kipe yakinnye yatsinze imikino 4 inganya 5 itsindwa 10.

2022-02-28
Editorial

IZINDI NKURU

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Editorial 05 Apr 2018
Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Editorial 25 Apr 2016
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Editorial 13 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Editorial 08 Dec 2017
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 02 Feb 2018
Abarundi basaga 100 babaga mu Rwanda binyuranyije n’amategeko basubijwe iwabo
HIRYA NO HINO

Abarundi basaga 100 babaga mu Rwanda binyuranyije n’amategeko basubijwe iwabo

Editorial 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru