• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Editorial 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’ukuko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda ku majwi 98.79% ku
itariki ya 4 Kanama, 2017 , Abayobozi batandukanye ba Afrika ndetse n’Uburayi batangaje ko ariwe muyobozi nyakuri ubereye Afrika.

Ikinyamakuru ‘Mondafrique’ giherutse gutangaza ko uretse ubufaransa busanzwe butakigira Ambassade I Kigali abandi bayobozi bishimiye intsinzi ya Paul Kagame ndetse banamushimira imiyoborere myiza agaragariza Abanyarwanda.

Bamwe muri abo bayobozi bashimye imiyoborere myiza ya Paul Kagame, umugabo w’Imyaka 59, ni uwahoze ari Ambassaderi w’Ububiligi Bwana Arnould Pauwels washimye intinzi ya Paul Kagame Ati” Paul Kagame ni umugabo wavanye igihugu kure kandi arimo kukijyana kure mu miyoborere n’iterambere, ni umugabo uha uburenganzira n’ubwisanzure abaturage kandi ushyira imbere ihame rya demukarasi n’ubwisanzure bw’Itangazamakuru, niwe muyobozi wa nyawe ubereye kuyobora Afrika”

Afrika mu biganza by’Abanyafrika

Paul Kagame wagaragaje ko Afrika igomba kuba mu biganza by’abanyafrika « l’Afrique aux Africains » mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama , 2018 azaba ayoboye akanama k’umuryango wa Afrika yunze ubumwe kazasuzuma stati y’uwo muryango aho biteganjijwe ko igomba guhinduka akazaba afatanyije n’itsinda ry’inararibonye rizaba rigizwe na Perezida wa Tchadi Moussa Faki, akaba na Perezida wa komisiyo ya Afrika yunze Ubumwe.

Iki kinyamakuru kigira kiti “Ubwo yarahiriraga kongera kuyobora u Rwanda tariki ya 18 Kanama uyu mwaka kuri Stade Amahoro , uyu muhango wari witabiriwe n’abakuru b’ibihugu 19 n;Abanyarwanda hafi ibihumbi 30.000 bari bitabiriye uyu muhango mu rwego rwo gushyigikira uyu mugabo ugiye kongera kuyobora u Rwanda ku nshuro ya gatatu nyuma y’itorwa ryo guhindura Itegeko nshinga rya Repubulika y’U Rwanda.

Uyu mugabo Paul Kagame kandi niwe wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu kuva mu 1990 kugera mu 1994 ubwo hakorwaga Genocide yakorewe abatutsi ikozwe na Goverinoma yari iyoboye igihugu muri icyo gihe.

Bamwe mu ba Perezida b’Ibihugu bari bitabiriye uwo muhango I Kigali barimo Perezida wa Sudani Omar-el-Bechir, wari utemerewe kuba yakandagiza ikirenge hanze y’igihugu kubera ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga, Perezida wa Uganda Yoweli Museveni, Umwami wa Maroc nawe yari ahagarariwe muri ibi birori, Perezida Alpha Condé, Macky Sall, Idriss Deby Itno, Sassou-Nguesso, Omar Guelleh, Mohamoudou Issouffou, Ali Bongo Ondimba, Faure Gnassingbé ndetse na Faustin-Archange Touadera, aba bagabo bose bakaba baravuze ko ubuyobozi bwa Paul Kagame buganisha ku Iterambere ryihuse bigaragaza ubunararibonye afite mu miyoborere.

Aba bagabo kandi bakomeje bavuga imiyoborere y’uyu mugabo ndetse n’amateka ye bitajya bishimisha igihugu cy’ubufaransa, byakagombye kubera isomo Perezida Emmanuel Macron kugira ngo arebe uko yagarura umubano mu bya dipolomasi hagati y’ubufaransa n’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ndetse na Afrika yo hagati muri rusange”.

-7729.jpg

Perezida Kagame asinya indahiro ye

2017-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Editorial 23 Aug 2017
Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Editorial 15 Dec 2017
Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Editorial 09 Jul 2021
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Editorial 02 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Editorial 16 Dec 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 24 Apr 2023
Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon
IMIKINO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Editorial 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru