• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Editorial 25 Sep 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Afurika n’Isi bikeneye guhuza imbaraga mu mikoranire igamije kongera imbaraga mu kubaka amahoro no kuyabungabunga birambye.

Ni ubutumwa yatangiye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa 24 Nzeri 2019, mu ijambo yagejeje ku bakuru b’ibihugu na za guverinoma bitabiriye inama ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye.

Inteko Rusange ya Loni ni inama ngari iganirirwamo ibibazo byugarije Isi. Muri uyu mwaka yahawe insanganyamatsiko yubakiye ku “Guhuza imbaraga mu kurandura ubukene, guharanira ireme ry’uburezi no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.’’

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yifitemo ibisubizo by’ibibazo biyugarije birimo ibyo kugeza serivisi z’ubuvuzi kuri bose, iby’abimukira n’ibindi.

Yagaragaje ko imyaka ya 2020 izibukwa mu mateka nk’igihe gukorera hamwe kw’ibihugu kwabanje kwirengagizwa.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe urugendo ruratanga icyizere. Ntibyigeze bibaho ko tugira ibikorwa binoze kandi bihuriweho biganisha ku iterambere, imihindagurikire y’ibihe n’ubuvuzi rusange ku Isi.’’

Umukuru w’Igihugu yanakomoje ku myiteguro y’u Rwanda yo kwakira impunzi z’Abanyafurika zizavanwa muri Libya.

Amasezerano areba impunzi z’Abanyafurika zaheze muri Libya zishaka kwerekeza i Burayi, yashyizweho umukono ku wa 10 Nzeri hagati y’u Rwanda, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’Ishami rya Loni ryita ku Mpunzi, UNHCR.

Perezida Kagame yagize ati “Mu byumweru biri imbere, u Rwanda ruritegura kwakira no gufata neza impunzi n’abimukira bari mu nkambi muri Libya. Inkunga ya UNHCR na AU yabaye ingenzi cyane.’’

“Turasaba buri munyamuryango wa Loni gukomeza kubahiriza ibyo asabwa muri ubwo bufatanye. Iyi mikoranire ni ikimenyetso simusiga ko twakorana mu guhangana n’ibibazo by’ingutu.’’

Perezida Kagame kandi yashimye intambwe iterwa mu kwimakaza ihame ry’ubuvuzi kuri bose. Yibukije ko ari inshingano za Afurika zo kunoza imikorere igamije kwimakaza intego z’iterambere rirambye (SDGs) mu 2030.

Yagaragaje ko impinduka zose zikenewe mu guteza imbere Afurika zatangiye gukorwa zirimo ko muri Nyakanga 2020, umugabane uzatangira Isoko rusange rya Afurika (AfCTA). Isoko rusange rya Afurika ritaganyijwe guhuriza hamwe abaturage bagera kuri miliyari 1.2 batuye Afurika, n’ibihugu 55 bifite umusaruro mbumbe tiliyari 2.5 z’amadolari ya Amerika.

Biteganyijwe ko ku wa Kane aribwo icyiciro cya mbere cy’impunzi 500 u Rwanda rwemeye kwakira ku ikubitiro, zikazacumbikirwa by’agateganyo mu Nkambi ya Gashora mu Karere ka Bugesera.

Iyi nkambi isanzweho kuko yifashishijwe mu kwakira ibihumbi by’impunzi z’Abarundi mu 2015. Irimo ibyangombwa nk’ibibuga by’imikino, aho kurara n’ibindi nkenerwa, ubu irimo kongererwa ubushobozi kugira ngo izakire izo mpunzi. Nyuma yo kongererwa ubushobozi ntabwo izaba ikiri inkambi inyurwamo by’igihe gito, izaharirwa izi mpunzi mu buryo bw’igihe kirekire.

Mu cyumweru gishize byatangajwe ko u Rwanda rwamaze kwakira urutonde rw’impunzi 75 zitegereje kugezwa mu gihugu ku nshuro ya mbere.

Ibikubiye mu masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na AU ndetse na UNHCR, ni uko leta y’u Rwanda igomba gutanga uburinzi kuri izi mpunzi, UNHCR ikagira uruhare mu kuzibeshaho.

Umwanzuro wo kuvana izi mpunzi muri Libya wafashwe nyuma y’uko aho ziri hari hatangiye kuraswa, ikibazo cyatijwe umurindi n’uko Libya yugarijwe n’umutekano muke nyuma y’ihirikwa rya Muammar Gaddafi, ku buryo igihugu kidafite ubutegetsi buhamye ngo buzirengere.

Perezida Kagame atanga ikiganiro mu Nteko Rusange ya Loni iteraniye i New York muri Amerika

 

Inteko Rusange ya 74 y’Umuryango w’Abibumbye iteraniye mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

 

Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika wifitemo ibisubizo by’ibibazo biwugarije

 

2019-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Editorial 29 Aug 2016
Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Editorial 30 Oct 2017
Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Editorial 11 May 2018
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Editorial 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe
INKURU NYAMUKURU

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Editorial 01 Dec 2019
Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe
INKURU NYAMUKURU

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Editorial 31 Jul 2018
Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Editorial 28 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru