• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Editorial 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe muri aka karere hakomeje kuvugwa ubushotoranyi  bukorerwa u Rwanda, kugeza n’aho abakekwa kuba FDLR, bamaze iminsi bagaba ibitero mu Rwanda bakica abaturage. Mu gihugu  cy’abaturanyi cya Uganda ntihahwema kuvugwa abanyarwanda  bashimutwa bakajya gukorerwa iyica rubozo, mu gihe baba bagiye muri iki gihugu mu mirimo yabo isanzwe.

Mu minsi ishize  Urukiko rw’ibanze  rwa Mbarara  ruherutse gukatira abanyarwanda bagera k’ umunani  igihano cyo gufungwa  bashinjwa ibyaha byo kuba muri Uganda no gukora ubucuruzi binyuranyije n’amategeko.

Ibi umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame, yabikomojeho mu nama y’umushyikirano  aho yavuze ko nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza n’ imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange. Ariko hakaba hakiri bimwe muri ibyo cyane by’ibituranyi bitarworohereza. Yagize ati “Mu mibanire n’ibindi bihugu u Rwanda rwagize uruhare mu bikorwa byinshi uyu mwaka ku bw’inyungu z’Abanyarwanda.  Nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza, imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange.” yemeza ko hari uruhare rukomeye u Rwanda rwagize mu kubaka imibanire yarwo n’ibindi bihugu .

Ibi umukuru w’igihugu abivuze mu gihe hari abanyarwanda  bafunzwe  muri Uganda, nyuma y’aho inzego z’iperereza za Uganda CMI zibashinja kuba intasi.

Bivugwa ko iyi migambi yose icurirwa muri Uganda bigizwemo uruhare n’inzego z’iperereza zayo zikoreshwa  n’abahoze mu gisirikare cy’u Rwanda bahunze igihugu kubera ibyaha  bitandukanye bakoreye mu Rwanda kuri ubu  bari muri RNC n’abandi bahunze  ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Uganda kandi yabaye indiri y’urujya n’uruza rw’abarwanya Leta y’u Rwanda barimo  FDLR,Rusesabagina na Nsabimana Calixte alias Sankara aho bahurira n’intumwa zabo zirimo niza Leta y’u Burundi mu biganiro bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Amakuru  yatanzwe n’umuturage uri i Rutshuru ni uko Bazeye yafatiwe ku mupaka wa Bunagana avuye i Kampala afatwa ari kumwe na Lieutenant Colonel Abega. Uyu Lt Col Theophile uzwi nka Abega akuriye ishami rishinzwe iperereza muri FDLR-FOCA. Ngiyo imigambi mibi ikomeje gucurirwa muri Uganda.

Abakurikiranira hafi Politiki yo mu Karere n’imibanire y’ibihugu bagaragaza ko Uganda n’u Burundi, aribyo nyirabayazana w’umutekano muke uvugwa muri kano karere nk’uko bigaragarira mu mabarowa ibi bihugu bimaze iminsi byandikirana, agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ibi bibazo bimaze igihe kitari gito, ariko u Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kubikemura bukoranye n’inzego z’ubuyobozi za Uganda, nk’aho Perezida Kagame yahuriye na Mugenzi we wa Uganda, Antebbe bakaganira kuri iki kibazo, ariko ntihagire igikorwa ngo iri hohoterwa rikorerwa abanyarwanda muri Uganda rihagarare.

Ibi bibazo bigira ingaruka z’ubukungu hagati y’abaturage babyo kuko  muri  Kanama 2016 Leta y’u Burundi yategetse ko nta bicuruzwa bigomba kongera kuva i Burundi bikinjira mu Rwanda.

Nyamara u Burundi bwoherezaga mu Rwanda 5,6% y’ibicuruzwa byose bwohereza mu mahanga. Inzego zibishinzwe zahise zitangira no gukumira ku mipaka yose umurundi wejeje n’inyanya ashaka kuzambutsa ku isoko ryo mu Rwanda.

U Rwanda nta bwirizwa rwashyizeho ribuza kohereza ibintu ku isoko ry’u Burundi, ariko birumvikana ko nta kaze byari buhabwe, n’ubwo ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byose ibyajyaga i Burundi byari 2,9%.

Izi ngaruka ziba mbi ku Burundi kurusha ku Rwanda aho ziba nto cyane.

Izi mpungenge ku bijyanye n’umutekano mu karere,  zigaragaza ko  mu gihe ntagihindutse  k’umubano hagati y’u Rwanda, Uganda n’u Burundi,  ibintu bishobora kuba byagira ingaruka zikomeye z’ubukene ku baturage bibi bihugu kandi  umutekano muke uva mu Burundi na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ukaba  wakongeza akarere kose cyane ko hari imitwe myinshi yitwara gisilikare ikorera muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo muri Kivu y’amajyepfo , irimo na RNC ya Kayumba Nyamwasa, mu Burundi naho hakaba havugwa, Imbonerakure, FDLR na FLN ya Sankara.

Mukiganiro Perezida kagame yagiranye n’abanyamakuru   mu cyumweru gishize nyuma y’inama nkuru y’umushyikirano yavuze ko kugeza magingo aya mu mateka y’u  Rwanda ubushotoranyi ntagihe butabayeho , ariko ko u Rwanda, ikiruraje inshinga ari uguteza imbere igihugu n’abanyarwanda.

2018-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Editorial 24 Jul 2020
Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Editorial 09 Nov 2017
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024

2 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    December 17, 20183:56 pm -

    Birababaje kwibukako kuva aho U Rwanda rutereye Zaire yahindutse Kongo nibwo abaturanyi binjiye mu bibazo bikabije. Isi yose ikwiye gutabara. Naho ibya Uganda tubirekere benebwyo yuko ari twe abanyarwanda tubirukira. Nonese Kabarebe ntabyita guhunahuna! Abanyarwanda bahatirwa gutaha kandi Leta yacu ikabishyiramo ingufu.

    Subiza
    • Sunday
      December 17, 20188:36 pm -

      Cangwa niwe ufite ubwoba ngo bazamufata?

      Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu
Amakuru

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Editorial 03 Jul 2023
Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite
Mu Rwanda

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Editorial 17 Aug 2017
Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda
POLITIKI

Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda

Editorial 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru