• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri i Luanda muri Angola aho azakirwa na mugenzi we w’iki gihugu, João Lourenço.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe muri Angola, Perezida Kagame na mugenzi we wa Angola baragirana ibiganiro biza gukurikira umusangiro wo kwakira Perezida w’u Rwanda.

Uru rugendo ruje nk’umwanya w’ibihugu byombi kugira ngo bishimangira umubano by’umwihariko mu ngeri zihuriweho zirimo ibijyanye n’ingendo zo mu kirere, umutekano, ubutabera, imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi, ikoranabuhanga n’imiyoborere.

Ku munsi wa Kabiri w’uruzinduko rwe muri Angola, abakuru b’ibihugu byombi bazagirana ikiganiro n’abanyamakuru.

Uru ruzinduko ruje nyuma y’aho muri Gashyantare uyu mwaka , ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu gucunga umutekano no gukumira ibyaha bibangamira ituze ry’abaturage babyo.

Ni mu gihe kandi muri Kamena umwaka ushize Angola yatangaje ko bitewe n’umubano w’indashyikirwa ifitanye n’u Rwanda kandi yifuza guteza imbere, abaturage barwo batazongera gusabwa viza y’umukerarugendo kugira ngo binjire ku butaka bwayo.

Ibihugu byombi kandi byashyize umukono ku masezerano aha uburenganzira Ikompanyi y’Indege y’u Rwanda (RwandAir) kuba yakoresha ibibuga by’indege byose byo muri Angola n’Ikompanyi y’Indege yo muri Angola (TAAG Angola Airlines) igashobora gutangira gukorera imirimo yayo mu Rwanda.

Angola ni igihugu kiri muri Afurika yo hagati gikoresha Ikinya-Portugal nk’ururimi. Ifite ubuso bungana na km2 1,246,700 aho ituwe n’abaturage barenga miliyoni 25.

Ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika bikize ku mabuye y’agaciro nka Diamant, Zahabu, Umuringa ndetse gicukurwamo Peteroli nyinshi.

Ifaranga rimwe ryo muri Angola [Kwanza] rivunjwa 2.86 by’amanyarwanda.

Src :IGIHE

2019-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Editorial 15 Mar 2017
Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura

Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura

Editorial 31 Jul 2018
RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Editorial 14 Dec 2018
Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Editorial 06 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Editorial 04 Feb 2016
Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Editorial 17 Mar 2020
Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018
ITOHOZA

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Editorial 01 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru