• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Editorial 05 Jan 2017 ITOHOZA

Kuwa kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, ku mupaka wa Gatuna mu Karere ka Gicumbi habereye umuhango wo guhererekanya hagati ya Polisi ya Uganda n’iy’u Rwanda umunyarwanda Hategekimana Isaie w’imyaka 42 ukomoka mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi, washakishwaga na Polisi y’u Rwanda akekwaho ubujura yakoreye mu karere ka Rusizi.

Mu muhango wo guhererekanya uyu Hategekimana, Polisi y’u Rwanda yari ihagarariwe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Gicumbi Chief Superintendent of Police (CSP) Dan Ndayambaje, naho iya Uganda ihagarariwe na Assistant Inspector of Police (AIP) Moses Barigye wari uhagarariye ishami rya Polisi mpuzamahanga muri Uganda.

CSP Ndayambaje yavuze ko ku itariki ya 30 Ukwakira 2016, Hategekimana yibye Ayinkamiye Solange w’imyaka 37 wo mu murenge wa Gihundwe akarere ka Rusizi amadolari 4.037 n’amafaranga y’u Rwanda 40.000, iki cyaha agikorera mu karere ka Rusizi, uyu Ayinkamiye akaba yari umucuruzi w’amatungo magufi, Hategekimana akaba yari umukozi we bafatanya muri ubwo bucuruzi.

Yasobanuye uko byagenze avuga ati :”Hategekimana yagiye gusura Ayinkamiye, akaba yari azi ko afite amafaranga kuko bari basanzwe bakorana, nibwo yamuciye mu rihumye yinjira mu cyumba, akuramo ariya mafaranga ahita ahungira muri Uganda. Ayinkamiye yahise ageza ikibazo cye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gihundwe, nayo ibimenyesha ishami rya Polisi mpuzamahanga muri Polisi y’u Rwanda, ryandikira irya Uganda ko hari umuntu wakoreye icyaha mu Rwanda agahungirayo, nabo batangira kumushakisha, nyuma gato arafatwa, ubu akaba agaruwe mu Rwanda.

CSP Ndayambaje yashimye imikoranire myiza iranga Polisi z’ibihugu byombi mu guhanahana amakuru ku byaha ndengamipaka no guhererekanya ababikora. Yavuze ati:”Imikoranire myiza yatumye ibihugu byombi bifatanya mu gukumira no kurwanya ibyaha ndengamipaka no guta muri yombi ababikora. Abantu bakorera ibyaha mu bihugu byo mu karere bagahungira muri kimwe muri byo, bamenye ko imikoranire hagati ya Polisi z’ibi bihugu ihamye, ku buryo bitakorohera uwo ariwe wese kwidegembya muri kimwe nyuma yo gukora ibyaha mu kindi.”

-5257.jpg
Hategekimana akaba agiye koherezwa mu karere ka Rusizi aho yakoreye icyaha, agakorerwa dosiye agashyikirizwa ubutabera.

RNP

2017-01-05
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Editorial 07 Mar 2016
Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Editorial 13 Nov 2018
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : CAF yasinyanye  amasezerano  y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia
IMIKINO

Kigali : CAF yasinyanye amasezerano y’imyaka ine n’ ishyirahamwe ryo muri Asia

Editorial 15 Jan 2016
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho
POLITIKI

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Editorial 27 Feb 2018
Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 25 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru