• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Editorial 27 Mar 2018 IMIKINO

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa Azam Rwanda Premier League, umukino wari witezweho gusobanura niba iyi kipe yambara ubururu n’umweru ari yo isoza imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere cyangwa niba AS Kigali iwugumana.

Ibitego bibiri bya Bimenyimana Bonfils Caleb mu gice cya mbere cy’umukino n’ikindi cyatsinzwe na Usengimana Faustin ubwo Sunrise FC yari imaze kwishyurirwa na Ortomal Alex na Iyabivuze Osee, bihesheje Rayon Sports gusoza imikino ibanza iyoboye shampiyona n’amanota 30.

Ikipe ya Sunrise FC yakiriye Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Werurwe 2018, mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 14 wa ‘Azam Rwanda Premier League’.

Abafana ba Rayon Sports bayiherekeje, bashimangiye badashidikanya gutahana intsinzi, aganira na Bwiza.com, umwe mu bafana yagize ati “uyu mukino ufite ibyo usobanura byinshi kuko Rayon irashaka kurangiza ari iya mbere naho Sunrise irashaka kudatsindirwa iwabo, ikindi ni uko Rayon yakoze ku bafana bayo bibumbiye mu ma Fan Club atandukanye kuko umufana abarwa nk’ umukinnyi wa 12 mu kibuga.

Arakomeza avuga ko n’umwaka ushize Rayon Sports yivanye neza imbere ya Sunrine, ati “muri shampiyona y’umwaka ushize nabwo Rayon yatsinze Sunrise  igitego cya Kwizera Pierrot, ubu nabwo urebye uburyo ikipe yagiye na morali, ibintu bishobora kuza kuba bikaze ku mpande zombie”.

Uko abakinnyi babanje mu kibuga ku mpanze zombi:

Sunrise FC: Habarurema Gahungu (30), Serumogo Ally (2), Niyonshuti Gad (3), Mushimiyimana Regis (26), Niyonshuti Modeste (28), Uwambazimana Leon (20), Iyabivuze Osee (22), Mutabazi Hakim (12), Orotomal Alex (9), Ally Moussa Sova (10) na Niyibizi Vedaste (14).

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (1), Mutsinzi Ange Jimmy (5), Usengimana Faustin (15), Mugabo Gabriel (2), Nyandwi Saddam (16), Rutanga Eric (3), Kwizera Pierrot (23), Mugisha Francois (25), Bimenyimana Bonfils Caleb (7), Mbondi Christ (9) a Ismailla Diarra (20).

Ikipe ya Rayon Sports yari yasuye, yabashije kubona igitego cya mbere ku munota wa 16 kinjijwe na Bimenyimaa Bonfils Caleb, ku munota wa 41 nabwo Caleb yatsinze icya kabiri.Ku munota wa 47 Sunrise Fc yishyuye kimwe gitsinzwe na Orotomal Alex (Rayon Sports 2-1 Sunrise FC).

Ku munota wa 50 Sunrise yatsinze igitego cyayo cya kabiri, amakipe yombi asigara anganya 2-2, ku munota wa 71 nibwo Rayon Sports yabonye icya gatatu gitsinzwe na Usengimana Faustin, umukino urangira ari Rayon Sports 3-2 Sunrise.

Rayon Sports ikaba isoje imikino ibanza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30.

2018-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Editorial 10 May 2018
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Editorial 07 Mar 2016
APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2

APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2

Editorial 21 Feb 2024
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Editorial 01 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon
POLITIKI

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Editorial 14 Feb 2018
Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!
Amakuru

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Editorial 04 Feb 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 10 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru