• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016 Mu Mahanga

Hashize igihe, inshuti zacu zidusaba kugaruka tukazisanga, kugira ngo Maroc yongere isubirane umwanya karemano mu nzego za AU. Icyo gihe cyageze.”Aya ni amagambo y’Umwami Mohammed VI yumvikanisha neza ko igihugu cye cyateye intambwe idasubira inyuma mu bijyanye no kugaruka mu Muryango wa AU.

Maroc yivanye mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika ucyitwa OUA mu 1984 nyuma y’uko wari umaze kwakira Repubulika ya Sahara kandi igenzurwa na yo [Maroc].

Leta ya Sahara yashinzwe na Polisario,ishyaka ryaharaniraga ubwigenge bwa Sahara (Saguia el Hamra) na Rio de Oro muri Maroc.

Ijambo ry’Umwami wa Maroc, Mohammed VI yavuze kuri uyu wa 17 Nyakanga 2016 ryahawe umutwe ugira uti ‘igihe kirageze’ rishimangira ubushake bw’igihugu cye ku kugaruka muri uyu muryango nyuma y’imyaka 32.

Umwami Mohammed VI uyobora Maroc yagarutse ku buryo bavuye muri uyu muryango, agaragaza ko igihe kigeze ngo barenge ayo macakubiri , kandi ko babyiyemeje nk’inshingano nshya mu gukora amateka.

Umwami yagize ati “Igihe kirageze ngo twigizeyo ibyo bibazo byose byo kwitandukanya.”

Kugaruka kwa Maroc bizatuma ibihugu binyamuryango biva kuri 54 bigere kuri 55, ni inkuru nziza nk’umwana w’ikirara wemeye kwicisha bugufi agasubira kwa se ngo yongere abarwe mu muryango.

Ku bijyanye n’ivuka rya leta ya Sahara ryatumye Maroc iva muri uwo muryango, Umwami Mohammed VI yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza kuremerwa n’amakosa y’amateka yabayeho.

Kugira ngo Maroc yakirwe muri AU bizemezwa n’amatora y’abagize komisiyo y’uyu muryango.

Maroc ijya kwivana muri AU [OUA y’icyo gihe] ni umwanzuro wafashwe n’Umwami Hassan II, none umuhungu we, Mohammed VI afashe umwanzuro wo gusubizamo igihugu.

Perezida Kagame nk’Umukuru w’Igihugu cyakiriye inama ya AU ibaye ku nshuro ya 27, aherutse kubonana n’umwami wa Maroc, ubwo yasuraga icyo gihugu kuwa 20 na 21 Kamena 2016. Bivugwa ko uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rugamije kumvisha Maroc ko igomba kugaruka muri AU.
Mu myaka yashize, ibihugu bitandukanye bya Afurika byagiye bisaba Maroc kubyiyungaho muri AU, ndetse muri Gicurasi 2015, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Senegal, Mankeur Ndiaya, avuga ko AU itagera ku ntego zayo neza itiyunze na Maroc.

-3323.jpg

Umwami wa Maroc Mohammed VI yavuze ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Nubwo Maroc itari muri AU, isanganywe umwanya wihariye muri uwo muryango nk’igihugu kiri mu bya mbere byashinze uyu muryango, ndetse ikungukira muri gahunda zawo zirimo n’ibikorwa bya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB/BAD).

2016-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani

Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani

Ubwanditsi 16 May 2018
Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016
CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi
POLITIKI

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru