• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018 POLITIKI

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, ari nawe uyoboye itsinda ry’itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza umukandida Emmanuel Shadary, kuri uyu wa gatanu, itariki 14 Ukuboza mu kiganiro n’itangazamakuru yagarutse ku mvururu zavutse mu kwiyamamaza I kalemie, Lubumbashi ndetse n’I Kinshasa kuwa Kane, aho ububiko bwa Komisiyo y’igihugu y’amatora bwafashwe n’inkongi y’umuriro. Nubwo atashinjije umukandida w’ihuriro Lamuka uruhare muri ibi, yamushinjije gushaka guhungabanya inzira y’amatora.

Kuri Lambert Mende, ngo imbogamizi umukandida Martin Fayulu adasiba kuvuga kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira bigatuma n’itsinda rye ritanga ikirego kuri uyu wa Gatanu, byose ngo ni ibihimbano. Minisitiri Mende ashinja umukandida Fayulu kuba ashaka kuzatuma amatora ataba ndetse adashaka kuzayatsinda. Yavuze ko Fayulu atiyamamaza ahubwo ategura uko azanga kwemera ibizava mu matora.

Ku kijyanye n’inkongi y’umuriro iherutse kwibasira kuri uyu wa Kane ushize ububiko bwa komisiyo y’igihugu y’amatora I Kinshasa, Lambert Mende yasabye ko hategerezwa ibizava mu iperereza mbere yo gufata umwanzuro, yibutsa ko kuri uru rwego igipolisi kibishinzwe kiri gukurikirana ababa baragize uruhare muri iki gikorwa.

Ibyo Mende yatangaje ariko nk’uko iyi nkuru ya RFI ivuga, ngo byatumye benshi basubiza amaso inyuma bibuka ibyigeze gutangazwa muri Nzeri kuri twitter na Olivier Kamitatu, ushinzwe itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza Martin Fayulu, aho yanditse ko niba perezida wa komisiyo y’amatora (CENI) yariyemeje kuzifashisha mudasobwa 100,000 mu kwiba amajwi, agomba no gushyira umupolisi kuri buri mudasobwa kugirango zitazashya.

Ibyo minisitiri Lambert Mende yatangaje kandi byaje bikurikira itangazo ry’ihuriro ry’abashigikiye ubutegetsi (Front Commun) bashinjije umukandida Martin Fayulu kuba inyuma y’iyi nkongi y’umuriro yangije imashini zisaga 7,000.

Ibi biravugwa mu gihe biteganyijwe ko amatora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azaba kuwa 23 Ukuboza 2018, nyuma y’aho yabanje kujya yimurwa guhera mu 2016 manda ya perezida Kabila yarangira, ariko ubutegetsi bukaba bwaragiye butanga impamvu zituma ayo matora atarabaye kuva icyo gihe zirimo iz’ubushobozi n’umutekano.

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

RDC: Umukandida-Perezida ushyigikiwe Kabila ari mu mazi abira

Ubwanditsi 02 Nov 2018
Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Burundi: Hemejwe ko Umujyi wa Gitega ugiye kuba umurwa mukuru wa politiki

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

RUSHYASHYA 11 May 2026
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta y’Amerika  yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza
POLITIKI

Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 01 Feb 2019
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?
UBUKUNGU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru