• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018 POLITIKI

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, ari nawe uyoboye itsinda ry’itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza umukandida Emmanuel Shadary, kuri uyu wa gatanu, itariki 14 Ukuboza mu kiganiro n’itangazamakuru yagarutse ku mvururu zavutse mu kwiyamamaza I kalemie, Lubumbashi ndetse n’I Kinshasa kuwa Kane, aho ububiko bwa Komisiyo y’igihugu y’amatora bwafashwe n’inkongi y’umuriro. Nubwo atashinjije umukandida w’ihuriro Lamuka uruhare muri ibi, yamushinjije gushaka guhungabanya inzira y’amatora.

Kuri Lambert Mende, ngo imbogamizi umukandida Martin Fayulu adasiba kuvuga kuva ibikorwa byo kwiyamamaza byatangira bigatuma n’itsinda rye ritanga ikirego kuri uyu wa Gatanu, byose ngo ni ibihimbano. Minisitiri Mende ashinja umukandida Fayulu kuba ashaka kuzatuma amatora ataba ndetse adashaka kuzayatsinda. Yavuze ko Fayulu atiyamamaza ahubwo ategura uko azanga kwemera ibizava mu matora.

Ku kijyanye n’inkongi y’umuriro iherutse kwibasira kuri uyu wa Kane ushize ububiko bwa komisiyo y’igihugu y’amatora I Kinshasa, Lambert Mende yasabye ko hategerezwa ibizava mu iperereza mbere yo gufata umwanzuro, yibutsa ko kuri uru rwego igipolisi kibishinzwe kiri gukurikirana ababa baragize uruhare muri iki gikorwa.

Ibyo Mende yatangaje ariko nk’uko iyi nkuru ya RFI ivuga, ngo byatumye benshi basubiza amaso inyuma bibuka ibyigeze gutangazwa muri Nzeri kuri twitter na Olivier Kamitatu, ushinzwe itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza Martin Fayulu, aho yanditse ko niba perezida wa komisiyo y’amatora (CENI) yariyemeje kuzifashisha mudasobwa 100,000 mu kwiba amajwi, agomba no gushyira umupolisi kuri buri mudasobwa kugirango zitazashya.

Ibyo minisitiri Lambert Mende yatangaje kandi byaje bikurikira itangazo ry’ihuriro ry’abashigikiye ubutegetsi (Front Commun) bashinjije umukandida Martin Fayulu kuba inyuma y’iyi nkongi y’umuriro yangije imashini zisaga 7,000.

Ibi biravugwa mu gihe biteganyijwe ko amatora y’umukuru w’igihugu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azaba kuwa 23 Ukuboza 2018, nyuma y’aho yabanje kujya yimurwa guhera mu 2016 manda ya perezida Kabila yarangira, ariko ubutegetsi bukaba bwaragiye butanga impamvu zituma ayo matora atarabaye kuva icyo gihe zirimo iz’ubushobozi n’umutekano.

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Haravugwa Coup d’etat muri Cameroon

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko
Mu Rwanda

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana
Mu Rwanda

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru