• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Editorial 06 Mar 2018 ITOHOZA

Amakuru aturuka Uganda aravuga ko Itsinda riyobowe na Rugema Kayumba, mu bikorwa byo gushakira RNC abarwanyi, Rugema afatanyamo  n’undi witwa Sande Charles bahimba Mugisha Robert na Maj. (rtd) Habib Mudathir.

Abo bakaba bamaze  gushinga inkambi y’imyitozo y’uwo mutwe mu gace ka West Nile hafi ya Sudani y’Epfo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uretse aho hanavugwa indi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo ahitwa Minembwe yo ihabwa ibiryo, imiti, imbunda n’amafaranga na Leta y’u Burundi bikurikiranwa n’Umugaba Mukuru w’ingabo z’icyo gihugu.

Abarwanya u Rwanda bari mu Minembwe barimo Kanyemera Claude, Ruhinda Bosco, Karemera Alex n’uwitwa Butare.

Ngabo abagize itsinda  rya RNC bajyanye Gen Kale Kayihura mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC)  kubera umujinya ko kubuyobozi bwa Kale Kayihura batabashije kugera kumugambi wabo wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, uyu wacurirwaga Kampala ukaba umaze kuburizwamo.

Ese Kale Kayihura ashinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu bivugwa ko yakoranye n’abo yayoboraga bagasubiza mu Rwanda abanyabyaha nikosa , ko igi polisi cy’u Rwanda na Uganda bafitanye amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha, cyangwa niwamugani ngo [iguye ntayitayigera ihembe ].

Igitangaje ariko ni uko uyu Rugema Kayumba asanzwe ari impunzi mu gihugu cya Norvege, akaba amaze iminsi Kampala mubikorwa byo gushimuta abanyarwanda  na CMI bikorwa mu buryo bunyuranije n’amategeko cyane ko abo ashimuta yita intasi z’u Rwanda ari abantu bikorera utwabo I Kampala, bakajya gukorerwa iyica Rubozo. Ahubwo Rugema niwe wakagombye gushyikirizwa ICC.

Kuri ubu Rugema Kayumba arahigwa bukware muri Norvege igihugu cyamuhaye ubuhungiro , akagitoroka akaba ari mubikorwa bya Politiki no kurema umutwe w’iterabwoba.

Ni nyuma yaho ku wa 11 Ukuboza 2017, Igipolisi cya  Uganda na Tanzania, batangiriye ndetse bata muri yombi itsinda ry’ urubyiruko rw’ impunzi z’abanyarwanda zari zerekeje mu myitozo y’umutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, RNC, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,ababyeyi  babo kuri ubu bakaba bari gutabaza.

Uru urubyiruko  rugera kuri 45 rwatawe muri yombi  rwabaga mu nkambi y’ impunzi ya Nyakivale  rwigishijwe amatwara ya RNC  rujyanywa kwitoza gisirikare mu misozi miremirere ya Minembwe mu gace Itombwe  mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, bamwe baza gufatwa.

Rugema na RNC bizezaga ababyeyi ko abana bagiye koherezwa muri Irak

N’ ubwo Rugema Kayumba yizezaga ababyeyi ko abana babo bagiye kubona amahirwe yo kujya gukorera amafaranga menshi muri Irak si uko byagenze kuko benshi muri bo baje gutabwa muri yombi na polisi ya Uganda ku mupaka wa Uganda na Tanzania mu gace ka  Kikagati. Ari nawo mujinya bafitiye Kale Kayihura.

Ni muri uru rwego ababyeyi bafite abana bajyanywe muri RNC  bagafatwa n’ inzego z’ umutekano bandikiye ibaruwa ifunguye Ambasade ya Norvege muri Uganda bayisaba ko abana babo baherutse gufatwa  barekurwa.

Ababyeyi bafite abana bafashwe bajyanywe mu myitozo y’ igisirikare cya RNC barasaba ko Rugema Kayumba yagezwa imbere y’ ubugenzacyaha akabazwa aho yajyanaga abana babo bityo bakarekurwa.

Kuri ubu Rugema Kayumba ari mugihugu cy’Ububiligi aho yagiye gukusanya inkunga yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda mu mpunzi z’abanyarwanda bahunze ibyaha bitandukanye birimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.

2018-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 17 Mar 2021
Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Editorial 15 Mar 2020
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Editorial 22 Nov 2017
Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Editorial 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika
IMIKINO

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018
TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri
IMIKINO

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Editorial 24 Jan 2017
Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika
ITOHOZA

Papa Francis yakuriye inzira ku murima abashakaga ko abagore baba abapadiri muri Kiliziya gatolika

Editorial 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru