• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Editorial 16 Sep 2016 Mu Mahanga

U Rwanda rurahamagarira amahanga kuzemeza ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal ku bintu byangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba. Iri vugurura rikazaba intambwe ifatika mu kugabanya imihindagurikire y’ibihe kuva aho Amasezerano y’i Paris yemerejwe.

Ibi u Rwanda rubitangaje mu gihe rwifatanya n’ amahanga kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurengera akayunguruzo k’imirasire y’izuba uba buri mwaka ku wa 16 Nzeri.

Abarenga 1000 barimo abayobozi ku rwego mpuzamahanga n’impuguke mu bijyanye no kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’iziba n’iterambere ridahumanya ikirere bategerejwe mu Rwanda mu nama ya 28 ihuza ibihugu byashyize umukono ku masezerano ya Montreal izwi ku izina rya MOP28.

Abazayitabira bazaganira ku ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal, yazemezwa akazatuma hihutishwa guhagarika ikoreshwa ry’imyuka yangiza ikirere izwi nka “hydrofluorocarbons” (HFCs) ikoreshwa mubyuma bikonjesha. Iyi nama izaba guhera ku wa 6 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2016, ibere muri “Kigali Convention Centre”.

Kwemeza iri vugururwa ry’Amasezerano ya Montreal bishobora kuzagabanya dogere 0.5 kw’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi kugeza mu mpera z’iki kinyejana, kubera guhagarika ikoreshwa ry’imyuka yangiza ikirere izwi nka “hydrofluorocarbons” (HFCs).

Iri vugurura ry’amasezerano rigenze neza ryaba ari ikimenyetso cy’uko umuryango mpuzamahanga wiyemeje ku buryo bugaragara kuzagera ku ntego z’Amasezerano y’i Paris – ajyanye no gukora ku buryo igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’isi kitarenga dogere 2 kandi umuhigo ukaba ko icyo gipimo cyagera kuri dogere 1.5.

Minisitiri w’Umutunngo Kamere, Vincent Biruta yagize ati “Dutegereje kandi twishimiye kwakira mu Rwanda abahagarariye ibihugu byashyize umukono ku Masezerano ya Montreal bose, mu rwego rw’ubufatanye mpuzamahanga. Twishimiye kuzabona ibihugu byinshi bishyigikira Ivugururwa ry’aya masezeranokandi twizeye ko rizemezwa niduhurira I Kigali mu Ukwakira. U Rwanda rwiteguye guhuriza hamwe ibihugu byose byashyize umukono ku Masezerano ya Montreal gushakira hamwe uko iri vugurura ryaba impamo.”

U Rwanda ruzwiho kuba urwa mbere mu gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Montreal, rukarenza intego kandi rukubahiriza igihe ntarengwa giteganywa n’aya masezerano. Mu byo u Rwanda rwakoze harimo kuba rwarahagaritse ikoreshwa ry’imyuka ya “chlorofluorocarbon” (CFCs) yangiza akayunguruzo k’imirasire y’izuba mu mwaka wa 2010, umwaka umwe mbere y’igihe ntarengwa cyari cyagenwe n’aya masezerano.

Ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rwagezeho mu kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba byaruhesheje igihembo mu mwaka wa 2012.Iki gihembo u Rwanda rukaba rwaragihawe n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Amasezerano ya Montreal, buherereye mu Kigo cy’Umuryango w’Abibumbye Gishinzwe Guteza imbere Ibungabungwa ry’Ibidukikije (UNEP).

-4069.jpg

Minisitiri w’Umutunngo Kamere, Vincent Biruta

Rwanda Environment & Natural Resources Sector Communications Team

2016-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Editorial 23 Oct 2021
Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Editorial 26 Oct 2021
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Editorial 07 Mar 2016
Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Editorial 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye
Amakuru

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Editorial 26 Sep 2017
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside
ITOHOZA

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Editorial 17 Sep 2018
Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame
INKURU NYAMUKURU

Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Editorial 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru