• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Editorial 02 Jan 2018 SHOWBIZ

Iki gitaramo gitegurwa buri gihe mu ntangiriro z’umwaka, kuri iyi nshuro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 1/1/2018 cyitabirwa n’abahanzi benshi batandukanye ku buryo abacyitabiriye babashije kuvanayo ibyishimo bibinjiza neza mu mwaka mushya wa 2018.

East African Party yinjije benshi muri 2018 mu muziki w’abahanzi benshi batandukanye-AMAFOTO

 Dore Bimwe Mubyagaragaye muriki Gitaramo “

Icyaje kugaragara muriki gitaramo nuko abantu benshi bashimye umuziki w’ umuhanzi Alikiba aho bamwe bemeje ko Arusha Diamond kuririmba gusa Diamond akaba amurusha ibijyanye no kumenyekanisha umuziki we ndetse no kwifotoza

ikindi cyaje kugaragra cyane nuko umuraperi P Fla yaje gususurutsa imbaga nyarwanda ubwo yazaga kwifatanya n’ abanyarwanda bose bari baje kwihera ijisho

Umuhanzikazi Sheebah karungi nawe yabatijwe akazina ka Jennifer Lopez kubera imbyino ze zidasanzwe .

Ni igitaramo cyabereye muri parikingi ya sitade amahoro i Remera ndetse cyari cyitabiriwe n’abantu benshi bamwe bihereza icyo kunywa ari nako babyina. Ku rubyiniro babimburiwe na P Fla wari ukumbuwe na bennshi mu bakunzi ba Hip Hop ndetse ku rubyiniro yari afatanyije n’umuraperikazi Candy Moon. Iki gitaramo cyari gihuriwemo n’abashyushyarugamba benshi, dore ko harimo MC Tino, MC Kate Gustave, MC Ange Umulisa ndetse na Tidjara Kabendera, aba bose bagiye basimburanwa mu bihe bitandukanye.

P Fla

P Fla na Candy Moon nibo babanje ku rubyiniro

Iki gitaramo kandi cyarimo Sebeya Band yafashije abahanzi bo mu Rwanda baririmbye muri iki gitaramo ari nako basusurutsa abakitabiriye mu gihe babaga bategereje abahanzi. Nyuma ya P Fla haje Yvan Buravan wishimiwe cyane n’abiganjemo igitsina gore, yinjiriye mu ndirimbo ye This Is Love, akurikizaho Heaven on Earth ndetse yari afite ababyinnyi bari kumufasha muri izi ndirimbo. Yageze hagati abyinana n’ababyinnyi be bishimisha benshi. Buravan kandi yaririmbye indirimbo ye itarasohoka ivanzemo igiswahili n’icyongereza yiganjemo mu nyikirizo ngo ‘I live, I love, I feel the love with you’.

East African Party

Buravan ku rubyiniro

Nyuma yaririmbye na ‘Malaika’ ikunzwe n’abatari bacye hanyuma akurikirwa na Riderman winjiranye ku rubyiniro na Siti True Karigombe ukunze kumufasha ku rubyiniro muri iyi minsi. Riderman yinjiriye mu ndirimbo ye Kadage, akurikizaho Horo ndetse bigeze hagati aririmba indirimbo ya Raggae. Yasoje mu ndirimbo ‘Abanyabirori’ yahagurukije benshi bagatangira gukata umuziki, hahita hakurikiraho Bruce Melody wari wishimiwe cyane ukurikije uburyo abantu bavugije induru babwiwe ko ari we muhanzi ukurikiyeho.

East African Party

Riderman muri East African Party

Bruce Melody yamaze umwanya utari muto ku rubyiniro, aririmba nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe, yahereye kuri ‘Uzandabure’ akurikizaho Complete Me, Ntundize, Ndakwanga, Ndumiwe, Ikinya n’izindi. Ikindi ni uko yaririmbanye na Jay C indirimbo bahuriyemo bise ‘I Am Back’.

East African Party

Bruce Melody ni umwe mu bari bihagazeho mu kugira abafana benshi no kwishimirwa

Nyuma hakurikiyeho Tuff Gangs, bose uko ari 4 bishimiwe kongera kugaragara ku rubyiniro bariyunze, dore ko bari baratandukanye buri wese yaraciye ukwe. Bahise baririmba ‘Amaganya’, indirimbo n’ubundi bari bahuriyeho, bakurikizaho Mpe Enkoni ya Bull Dogg, Zunguza ya Green P, Akanyarirajisho ya Jay Polly, Urwicyekwe, Nk’Umusaza, Kwicuma n’izindi. Bull Dogg yavuze ko Imana nibishaka bazakomeza kugumana bakajya bataramira abanyarwanda bari barabakunze nka Tuff Gangs.

East African Party

Tuff Gangs bongeye gutaramira abanyarwanda nyuma y’igihe barashwanye

Nyuma ya Tuff Gangs hakurikiyeho umugandekazi Sheebah Karungi, uyu agitunguka ku rubyiniro benshi bahagurutse ndetse buri wese yashakaga kwihera ijisho uburyo uyu mukobwa amenyereweho kugorora umubiri abyina mu buryo bwose bushoboka, ibintu bitamenyerewe cyane. Sheebah kandi ni we muhanzi wenyine muri iki gitaramo utaririmbye mu buryo bw’umwimerere. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe ndetse zinabyinitse, harimo na Binkolera afatanyije na The Ben.

East African Party

Sheebah atangira abyina agasoza abyina

Ali Kiba, umwe mu bari bategerejwe cyane asa nk’aho ari we wasoje iki gitaramo, yinjiriye mu ndirimbo ye Cinderella, ndetse yari yitwaje band ye ku buryo ari yo yamucurangiye. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zagiye zikundwa mu bihe bitandukanye, aza gusangwa ku rubyiniro na Ommy Dimpoz wamenyekanye cyane mu ndirimbo Kigoma ahuriyemo n’abandi bahanzi batandukanye. Ali Kiba yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda ‘Mu gihugu cy’abantu beza, na perezida mwiza’. Ubwo aba bahanzi bari ku rubyiniro, abantu bari bishimye ariko bamwe batangiye kunanirwa dore ko amasaha yari akuze saa saba z’ijoro zegereje.

East African Party

Ali Kiba ku rubyiniro

 

 

2018-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Anita Pendo  arahakana  ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Anita Pendo arahakana ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Editorial 27 Apr 2017
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Editorial 04 Dec 2017
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Editorial 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi
ITOHOZA

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Editorial 05 Sep 2017
Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari
IKORANABUHANGA

Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Editorial 16 Jul 2019
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru