• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Ubwanditsi 07 Mar 2018 SHOWBIZ

Umuraperi Padiri Uwimana Jean Francois arateganya kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri uyu mwaka wa 2018 muri gahunda zirimo n’izijyanye n’umuziki we aho avuga ko nibimukundira agahura na Lil Wayne bazahita bakorana indirimbo.
Uwimana Jean Francois ni umupadiri muri Kiliziya Gatorika muri Diyoseze ya Nyundo akaba afatanya izi nshingano no kuririmbira Imana mu njyana ya Hiphop n’izindi zikunzwe cyane n’urubyiruko. Padiri Uwimana azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo: Gusenga, Uhoraho, Twigendere, Mwami ubasumba, Imana yanjye, Araturinda aherutse gushyira hanze n’izindi.

Mu kwezi kwa Gicurasi muri 2016 Padiri Uwimana Jean Francois yatangarije Inyarwanda.com ko afite umushinga wo gukorana indirimbo n’abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo: Knowless Butera, Riderman, Jay Polly, Israel Mbonyi na Aline Gahongayire. Icyo gihe yanadutangarije ko umuhanzi ukomeye ku isi akunda cyane ndetse ashaka ko nawe bakorana indirimbo ari umunyamerika Lil Wayne.

Image result for Umuhanzi Lil Wayne

Lil Wayne ni umwe mu bayoboye isi mu muziki

Nyuma y’imyaka ibiri atangaje iby’uyu mushinga we, Inyarwanda.com  dukesha iyi nkuru  yabajije Padiri Uwimana aho ageze umushinga we wo gukorana indirimbo n’abahanzi b’ibyamamare, adutangariza ko yagiye abura umwanya wo guhura no kuganira n’abahanzi ashaka gukorana nabo indirimbo. Padiri Uwimana yabihamije avuga ko nawe amaze igihe yarabuze umwanya wo kwita cyane ku muziki we bitewe n’inshingano afite muri Kiliziya Gatorika dore ko ari umupadiri muri Disozeye ya Nyundo.

Ku bijyanye no gukorana indirimbo na Lil Wayne umwe mu bahanzi bakomeye ku isi, Padiri Uwimana yavuze ko muri uyu mwaka wa 2018 ateganya kujya muri Amerika bityo ngo nagerayo azashaka uko yabona Lil Wayne, baganire ku bijyanye no kuba bakorana indirimbo. N’ubwo ari ibintu bitorshye guhura n’abahanzi bakomeye ku isi cyane cyane abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Padiri Uwimana avuga ko azagerageza gushakisha uko yahura n’abaraperi bo muri Amerika cyane cyane Lil Wayne. Yagize ati:

Ehhhh Collabo ntabwo byari byanjyamo cyane kuko nanjye ubwanjye sindi kubona umwanya wa njyenyine urumva rero Collabo bisaba kuba muri hamwe. Nta mwanya ndi kubona, ninywubona nabyo nzabyigaho,..ntabwo mbiteganya vuba cyane. Lil Wayne,..abaraperi bo hanze ntibyoroshye kubabona, gusa ninjya muri Amerika, nkababona nzabavugisha, nteganya kujya muri Amerika nko mu kwa 7 (2018).

Image result for Padiri Uwimana i burayi amakuru inyarwanda

Padiri Uwimana ubwo yari avuye i Burayi mu muhuro w’urubyiruko na Papa Francis I

Padiri Uwimana avuga ko ahuye na Lil Wayne ikintu cya mbere yamusaba ari  uko bakorana indirimbo

Padiri Uwimana ubwo yari abajijwe na Inyarwanda.com abahanzi bo hanze y’u Rwanda akunda cyane , mu bo yavuze ko akunda cyane hari umuraperi Lil Wayne, Chris Brown n’itsinda P-Square n’abandi. Gusa mu bo yifuza gukorana nabo indirimbo ku isonga haza umuraperi Lil Wayne. Yagize ati; Lil Wayne, duhuye tukaganira namusaba ko dukorana indirimbo kuko alubumu ya 3 ntekereza gukoramo za collabo nyinshi.

Padiri Uwimana avuga ko nahura na Lil Wayne azahita amusaba ko bakorana indirimbo

Mu bahanzi nyarwanda Padiri Uwimana ateganya gukorana nabo indirimbo, mu basanzwe bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, harimo Aline Gahongayire na Israel Mbonyi. Abajijwe impamvu atavuze Theo Bosebabireba kandi ariwe wamenyekanye cyane mu Rwanda kurusha abo bose yadutangarije,Padiri Uwimana yavuze ko Bosebabireba aririmba nka Ama G The Black kandi akaba adakunda injyana yabo, bityo akaba atamuhitamo.

Nindangiza alubumu ya 2 ndimo gukora,iya 3 numva hajyamo izindi ndirimbo zirimo abandi bantu. Abo tuzayikorana nahera kubo mu Rwanda kuko ndi mu Rwanda. Mu bo nzi, twazakorana harimo Aline Gahongayire kuko iryo zina ndarizi abandi ntabwo mbazi keretse uriya numvise vuba witwa Israel Mbonyi,numvise abantu bose baririmba indirimbo ze, nawe twazakorana. Bosebabireba wapi (ntabwo namuhitamo) kuko aririmba nka Ama G kandi sinkunda stlye aririmbamo.

Padiri Uwimana ngo ntashobora gukorana indirimbo na Ama G kimwe na Theo Bosebabireba

Padiri Uwimana arateganya kujya muri Amerika aho yifuza guhura na Lil Wayne

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina

Muyoboke Alex araca amarenga yo kuba yabonye undi muhanzi agiye kubera umujyanama nyuma yo kwirukanwa na Charly na Nina

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa

Stromae yagiriwe icyizere cyo kwerekana Film mu Bufaransa

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Ubwanditsi 20 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi
Amakuru

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda
ITOHOZA

Tumenye Bamwe Mu Barwanya Leta Y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru