• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Ubwanditsi 07 Mar 2018 SHOWBIZ

Umuraperi Padiri Uwimana Jean Francois arateganya kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri uyu mwaka wa 2018 muri gahunda zirimo n’izijyanye n’umuziki we aho avuga ko nibimukundira agahura na Lil Wayne bazahita bakorana indirimbo.
Uwimana Jean Francois ni umupadiri muri Kiliziya Gatorika muri Diyoseze ya Nyundo akaba afatanya izi nshingano no kuririmbira Imana mu njyana ya Hiphop n’izindi zikunzwe cyane n’urubyiruko. Padiri Uwimana azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo: Gusenga, Uhoraho, Twigendere, Mwami ubasumba, Imana yanjye, Araturinda aherutse gushyira hanze n’izindi.

Mu kwezi kwa Gicurasi muri 2016 Padiri Uwimana Jean Francois yatangarije Inyarwanda.com ko afite umushinga wo gukorana indirimbo n’abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo: Knowless Butera, Riderman, Jay Polly, Israel Mbonyi na Aline Gahongayire. Icyo gihe yanadutangarije ko umuhanzi ukomeye ku isi akunda cyane ndetse ashaka ko nawe bakorana indirimbo ari umunyamerika Lil Wayne.

Image result for Umuhanzi Lil Wayne

Lil Wayne ni umwe mu bayoboye isi mu muziki

Nyuma y’imyaka ibiri atangaje iby’uyu mushinga we, Inyarwanda.com  dukesha iyi nkuru  yabajije Padiri Uwimana aho ageze umushinga we wo gukorana indirimbo n’abahanzi b’ibyamamare, adutangariza ko yagiye abura umwanya wo guhura no kuganira n’abahanzi ashaka gukorana nabo indirimbo. Padiri Uwimana yabihamije avuga ko nawe amaze igihe yarabuze umwanya wo kwita cyane ku muziki we bitewe n’inshingano afite muri Kiliziya Gatorika dore ko ari umupadiri muri Disozeye ya Nyundo.

Ku bijyanye no gukorana indirimbo na Lil Wayne umwe mu bahanzi bakomeye ku isi, Padiri Uwimana yavuze ko muri uyu mwaka wa 2018 ateganya kujya muri Amerika bityo ngo nagerayo azashaka uko yabona Lil Wayne, baganire ku bijyanye no kuba bakorana indirimbo. N’ubwo ari ibintu bitorshye guhura n’abahanzi bakomeye ku isi cyane cyane abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Padiri Uwimana avuga ko azagerageza gushakisha uko yahura n’abaraperi bo muri Amerika cyane cyane Lil Wayne. Yagize ati:

Ehhhh Collabo ntabwo byari byanjyamo cyane kuko nanjye ubwanjye sindi kubona umwanya wa njyenyine urumva rero Collabo bisaba kuba muri hamwe. Nta mwanya ndi kubona, ninywubona nabyo nzabyigaho,..ntabwo mbiteganya vuba cyane. Lil Wayne,..abaraperi bo hanze ntibyoroshye kubabona, gusa ninjya muri Amerika, nkababona nzabavugisha, nteganya kujya muri Amerika nko mu kwa 7 (2018).

Image result for Padiri Uwimana i burayi amakuru inyarwanda

Padiri Uwimana ubwo yari avuye i Burayi mu muhuro w’urubyiruko na Papa Francis I

Padiri Uwimana avuga ko ahuye na Lil Wayne ikintu cya mbere yamusaba ari  uko bakorana indirimbo

Padiri Uwimana ubwo yari abajijwe na Inyarwanda.com abahanzi bo hanze y’u Rwanda akunda cyane , mu bo yavuze ko akunda cyane hari umuraperi Lil Wayne, Chris Brown n’itsinda P-Square n’abandi. Gusa mu bo yifuza gukorana nabo indirimbo ku isonga haza umuraperi Lil Wayne. Yagize ati; Lil Wayne, duhuye tukaganira namusaba ko dukorana indirimbo kuko alubumu ya 3 ntekereza gukoramo za collabo nyinshi.

Padiri Uwimana avuga ko nahura na Lil Wayne azahita amusaba ko bakorana indirimbo

Mu bahanzi nyarwanda Padiri Uwimana ateganya gukorana nabo indirimbo, mu basanzwe bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, harimo Aline Gahongayire na Israel Mbonyi. Abajijwe impamvu atavuze Theo Bosebabireba kandi ariwe wamenyekanye cyane mu Rwanda kurusha abo bose yadutangarije,Padiri Uwimana yavuze ko Bosebabireba aririmba nka Ama G The Black kandi akaba adakunda injyana yabo, bityo akaba atamuhitamo.

Nindangiza alubumu ya 2 ndimo gukora,iya 3 numva hajyamo izindi ndirimbo zirimo abandi bantu. Abo tuzayikorana nahera kubo mu Rwanda kuko ndi mu Rwanda. Mu bo nzi, twazakorana harimo Aline Gahongayire kuko iryo zina ndarizi abandi ntabwo mbazi keretse uriya numvise vuba witwa Israel Mbonyi,numvise abantu bose baririmba indirimbo ze, nawe twazakorana. Bosebabireba wapi (ntabwo namuhitamo) kuko aririmba nka Ama G kandi sinkunda stlye aririmbamo.

Padiri Uwimana ngo ntashobora gukorana indirimbo na Ama G kimwe na Theo Bosebabireba

Padiri Uwimana arateganya kujya muri Amerika aho yifuza guhura na Lil Wayne

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ubwanditsi 16 May 2019
Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Ubwanditsi 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%
UBUKUNGU

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza
Amakuru

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru