• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018 IMIKINO

U Rwanda rwamaze kumenyesha Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ko rutiteguye kwakira igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 umwaka utaha kubera ko rusanga igihe gisigaye ari gito ibikorwaremezo bikenewe bitaba bibonetse ku buryo cyagenda neza.

U Rwanda rwari ruhataniye n’ibihugu nka Colombia, Kenya na Singapore kuzakira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 umwaka utaha ariko rwamaze gukuramo kandidatire yarwo nk’uko umwe mu bayobozi muri Minispoc yabitangarije IGIHE dukesha iyi nkuru.

Yagize ati “Ubundi ibyo gusaba kwakira amarushanwa nk’aya binyura muri Ferwafa kuko ariyo ishinzwe umupira w’amaguru noneho ikatugezaho icyifuzo tukarebera hamwe ibikenewe. Ni byo twari twasabye kuzakira igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 ariko Ferwafa yatwandikiye itumenyesha ko bitewe n’igihe gito gisigaye bigoye ko ibikenewe byaba byamaze kuboneka idusaba ko twakuramo kandidatire.”

Twagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Ferwafa, Ruboneza Prosper ku byo bavuga bitaba byabonetse kugira ngo iri rushanwa ribere ku nshuro ya mbere mu Rwanda, ntibyakunda.

Bimwe mu byari byatangajwe ndetse n’intumwa za FIFA zagombaga kuza gusura mu kwezi gushize ariko zikaza gusubika urugendo rwazo, harimo ibibuga byo kwakira imikino n’imyitozo, amahoteli, imihanda n’ibitaro.

U Rwanda rukuyemo ubusabe bwarwo mu gihe biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha tariki 16 Werurwe aribwo akanama ka FIFA gashinzwe gutegura iri rushanwa kazahura kakiga kuri kandidatire ya buri gihugu cyasabye hakemezwa ikigomba kuzaryakira.

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Ubwanditsi 28 Mar 2024
APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Ubwanditsi 03 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe
IMIKINO

Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 
INKURU NYAMUKURU

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Ubwanditsi 04 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru