• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018 IMIKINO

U Rwanda rwamaze kumenyesha Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA ko rutiteguye kwakira igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 umwaka utaha kubera ko rusanga igihe gisigaye ari gito ibikorwaremezo bikenewe bitaba bibonetse ku buryo cyagenda neza.

U Rwanda rwari ruhataniye n’ibihugu nka Colombia, Kenya na Singapore kuzakira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 umwaka utaha ariko rwamaze gukuramo kandidatire yarwo nk’uko umwe mu bayobozi muri Minispoc yabitangarije IGIHE dukesha iyi nkuru.

Yagize ati “Ubundi ibyo gusaba kwakira amarushanwa nk’aya binyura muri Ferwafa kuko ariyo ishinzwe umupira w’amaguru noneho ikatugezaho icyifuzo tukarebera hamwe ibikenewe. Ni byo twari twasabye kuzakira igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 ariko Ferwafa yatwandikiye itumenyesha ko bitewe n’igihe gito gisigaye bigoye ko ibikenewe byaba byamaze kuboneka idusaba ko twakuramo kandidatire.”

Twagerageje kuvugisha Umuvugizi wa Ferwafa, Ruboneza Prosper ku byo bavuga bitaba byabonetse kugira ngo iri rushanwa ribere ku nshuro ya mbere mu Rwanda, ntibyakunda.

Bimwe mu byari byatangajwe ndetse n’intumwa za FIFA zagombaga kuza gusura mu kwezi gushize ariko zikaza gusubika urugendo rwazo, harimo ibibuga byo kwakira imikino n’imyitozo, amahoteli, imihanda n’ibitaro.

U Rwanda rukuyemo ubusabe bwarwo mu gihe biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha tariki 16 Werurwe aribwo akanama ka FIFA gashinzwe gutegura iri rushanwa kazahura kakiga kuri kandidatire ya buri gihugu cyasabye hakemezwa ikigomba kuzaryakira.

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero

Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Jul 2023
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 05 May 2023
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Ubwanditsi 21 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida

Ubwanditsi 21 Sep 2018
CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa
IMIKINO

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa
IMIKINO

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru